Byari agahebuzo i Ngoma! Senderi na Tuyisenge basusurukije ibihumbi by’abantu mu gitaramo cy’ubuhanzi bwubaka Igihugu - AMAFOTO

Imyidagaduro - 26/07/2025 12:37 PM
Share:

Umwanditsi:

Byari agahebuzo i Ngoma! Senderi na Tuyisenge basusurukije ibihumbi by’abantu mu gitaramo cy’ubuhanzi bwubaka Igihugu - AMAFOTO

Kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Nyakanga 2025 wabaye umunsi w’amateka i Sake mu Karere ka Ngoma, habereye igitaramo cy’amateka cyahuriyemo n’abahanzi babiri bakomeye mu muziki wuzuye indangagaciro nyarwanda, Senderi Hit na Tuyisenge Intore.

Ni igitaramo cyari cyateguwe mu rwego rwo kwizihiza imyaka 20 Senderi Hit amaze akora umuziki wibanda ku nsanganyamatsiko z’uburere mboneragihugu, umuco, ubwitange n’iterambere rirambye.

Abaturage baturutse imihanda yose baje kwifatanya na Senderi, basusuruka ku ndirimbo ze zakunzwe nka “Ibidakwiriye nzabivuga,” “Iyo Twicaranye,” “Tuzarinda Igihugu,” “Twambariye gutsinda”, “Kagame ntacyo twamuburanye” n’izindi zifite ubutumwa bukangurira urubyiruko gukunda igihugu, kurwanya ibiyobyabwenge no kwigira.

Mu myaka 20 ishize, Senderi Hit azwiho kuba umwe mu bahanzi batacogoye mu gutanga ubutumwa bwubaka igihugu binyuze mu bihangano bye.

Mu ndirimbo ze, akunze kugaruka ku nsanganyamatsiko zirimo: Kurwanya ibiyobyabwenge, Gukunda igihugu n’umuco nyarwanda, Kongera icyizere mu rubyiruko, Kwibohora no kwigira  no gushyigikira gahunda za Leta n’iterambere ry’abaturage.

Mu bihe bitandukanye, indirimbo ze zagiye zifashishwa mu bukangurambaga bwa Leta, binatuma aba umwe mu bahanzi bakunzwe mu bikorwa bya gahunda y’igihugu n’ibirori by’iminsi mikuru y’Igihugu.

Senderi yashimiye byimazeyo inzego zitandukanye zatumye iki gitaramo kiba impamo. Ati: “Ndashimira cyane ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma, Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, MINALOC, ndetse n’inzego z’umutekano zirimo RDF, Polisi y’u Rwanda, RIB na DASSO ku buryo banshyigikiye kuva ku myiteguro kugeza dusoje.”

Yashimiye kandi abanyamakuru batandukanye bakomeje kumuba hafi mu rugendo rw’ibitaramo byo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki.

Mu kurushaho gutuma iki gitaramo kiba icy’amateka, Senderi Hit yifatanyije na Tuyisenge Intore, umuhanzi umaze imyaka irenga 30 aririmba indirimbo zubakiye ku muco, ku mateka n’uburere bw’abanyarwanda.

Yatangiye igitaramo asusurutsa imbaga mu mudiho gakondo, anashimira Senderi ku ruhare akomeje kugira mu kubaka igihugu binyuze mu bihangano.

Iki ni kimwe mu bikurikiye ibitaramo Senderi ari gukorera mu turere dutandukanye mu rwego rwo kwishimira imyaka 20 y’ubuhanzi bwe. Kuri Ubu arateganya gukomereza mu Ntara y’Amajyepfo no mu Majyaruguru, ndetse kuri uyu wa Gatandatu arataramira mu Karere ka Musanze.

Urugendo rwa Senderi Hit rugaragaza neza ko umuziki utari uwo gususurutsa gusa, ahubwo ushobora gukoreshwa nk’urubuga rwo gutoza, gukangurira no kubaka umuryango nyarwanda. Indirimbo ze zarushijeho guhesha agaciro igitekerezo cy’uko umuhanzi ashobora kuba umufatanyabikorwa ukomeye mu iterambere ry’igihugu.

 

Iri joro ry’i Sake rizibukwa nk’iryahurije hamwe abaturage, ubuhanzi n’icyerekezo gishingiye ku ndangagaciro nyarwanda.


Senderi y’abarenga ibihumbi 8 baje kumva ubutumwa bw’imyaka 20 mu muziki w’Uburezi Mboneragihugu


Umuhango w’ibyishimo, umurishyo w’ubutumwa! Senderi Hit yanditse amateka i Sake 

Urukundo rw’abaturage n’umuziki uhamya indangagaciro! Senderi mu gitaramo cy’icyitegererezo i Ngoma 

Amaso yose kuri Senderi, indirimbo zose z’amateka… ijoro ridateze kwibagirana mu mitima y’abitabiriye

 

Senderi Hit ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere ka Ngoma, Niyongira Nathalie

 

 Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bwifatanyije n’abaturage mu gushyigikira umuziki w’ubutumwa n’umuco

Imbaraga z’umuziki ziruta inzugi z’inama! I Sake, abaturage barenze ibihumbi umunani bahuriye ku murongo umwe: Ubutumwa bwa Senderi

KANDA HANO UREBE INDIRIMBIO ZINYURANYE Z'UMUHANZI SENDERI HIT


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...