Byansabye imyaka 15 mbitegura – Umuraperi Thomson yavuze ahavuye gutanga kandidatire ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu - VIDEO

Imyidagaduro - 11/09/2025 12:31 PM
Share:

Umwanditsi:

Byansabye imyaka 15 mbitegura – Umuraperi Thomson yavuze ahavuye gutanga kandidatire ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu - VIDEO

Umuraperi Habimana Thomson yatangaje ko gutanga kandidatire ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu atari ibintu yahubukiye, ahubwo byamusabye imyaka 15 yitegura. Avuga ko mu rugendo rwo gushaka imikono yasabwaga yifashishije umumotari wamufashije kugera ku bantu yashakaga ko bamusinyira.

Uyu mugabo usanzwe ari umurezi mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (TVET), mu kwezi kwa Nyakanga 2024 yaratunguranye atanga kandidatire ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu. Ariko ntiyemerewe gukomeza kuko hari ibyo atari yujuje.

Kuba yari asanzwe azwi nk’umuhanzi wubatse izina mu njyana ya Hip Hop, byatumye agarukwaho cyane mu itangazamakuru. Yari aherutse no gukora ibitaramo byo kumenyekanisha indirimbo ziri kuri album ye.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Thomson yavuze ko tariki ya 29 Kamena 2024 izahora mu ntekerezo ze, kuko ari bwo yatanze kandidatire ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, nubwo atakomeje mu kindi cyiciro kubera kutuzuza ibisabwa byose.

Ati: “Tariki 29 Kamena 2025 naciye impaka. Nagiye kudepoza (gutanga kandidatire) nsaba akazi muri Leta mu biro biruta ibindi mu gihugu. Ntabwo wajya kwitegura urugendo rwo gutanga kandidatire ngo ubivange n’ibindi. Nari ngomba kwita ku burezi, kuri TVET, ariko intego nyayo yari iriya ofisi (Office) iruta izindi.”

Thomson yavuze ko intego ye nyamukuru yari iyo kugeza ku rwego rwo gutanga kandidatire, kabone nubwo atakomeje. Ati “Ntabwo nagize inzozi zo kuzaba Perezida w’igihugu, ahubwo nagize inzozi zo kuzatanga kandidatire ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, nujuje ibisabwa.”

Yongeyeho ko imyaka 15 yamufashije mu kwitwararika, kubaka ubushuti n’abantu yatekerezaga ko bazamufasha, no kwiyibutsa buri gihe ko inzozi ze ari ugutanga kandidatire.

Mu gushaka imikono 600 yasabwaga, Thomson yifashishije umumotari wamuherekeje mu bice bitandukanye by’igihugu. Yagize ati: “Ndashimira umumotari twakoranye urugendo rwo gushaka abansinyira. Ubu inshuti nyinshi mfite ni abamotari.”

Yavuze ko mu rugendo rwe nta cyigeze kimuca intege, uretse abantu babiri bari bamufasha bitabye Imana mbere y’uko ajya kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.


Thomson yatangaje ko gutanga kandidatire ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu atari ibintu yahubukiye, ahubwo byamusabye imyaka 15 yitegura


Thomson yavuze ko intego ye nyamukuru yari ugutanga kandidatire, kabone nubwo atakomeje mu kindi cyiciro 


Thomson yashimangiye ko urugendo rwo gushaka imikono rwamufashije kubaka ubushuti n’abantu batandukanye yatekerezaga ko bazamufasha

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA THOMSON

KANDA HANO ZIMWE MU NDIRIMBO Z'UMURAPERI THOMSON YASOHOYE MU BIHE BITANDUKANYE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...