Byankoze ku mutima! Patient Bizimana yishimiye umunyamerika Kimber waririmbye Ikinyarwanda mu ndirimbo bakoranye -VIDEO

Imyidagaduro - 24/04/2026 7:08 AM
Share:

Umwanditsi:

Byankoze ku mutima! Patient Bizimana yishimiye umunyamerika Kimber waririmbye Ikinyarwanda mu ndirimbo bakoranye -VIDEO

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana, yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “Ndi Hano”, yakoranye n’umunyamerika Kimber Terry, ibintu byashimishije abakunzi b’umuziki wa Gospel by’umwihariko.

Iyi ndirimbo ifite iminota 4 n’amasegonda 37’, igaragaramo Kimber Terry aririmba mu rurimi rw’Ikinyarwanda, ibintu bidasanzwe ku muhanzi uturuka hanze y’u Rwanda. Patient Bizimana yavuze ko iki gikorwa cyamukoze ku mutima, kuko ari ikimenyetso cy’uko ubutumwa bwiza burenga imbibi z’indimi n’ibihugu.

Yabwiye InyaRwanda ati: “Byaranejeje cyane kubona Kimber yemera kuririmba mu Kinyarwanda. Si ibintu bisanzwe, bisaba umutima n’ubushake bwo kumva no kubaha ururimi rw’abandi. Byanyeretse ko ubutumwa turi gutanga bugera kure, kandi bugakoraho imitima y’abantu batandukanye.”

Yakomeje avuga ko gukorana na Kimber Terry byari urugendo rwihariye, rwuzuyemo kwigira hamwe no gusangira ubunararibonye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Ati: “Iyo ubona umuntu utavuga ururimi rwawe arushyiramo imbaraga akaruririmba neza, birakunezeza bikanagutera ishema. Ni ikintu cyanyeretse ko Imana ikora mu buryo burenze uko tubitekereza.”

Mu magambo agize iyi ndirimbo, harimo ubutumwa bwimbitse bugaruka ku nyota y’umwuka n’icyizere cyo kwegera Imana, aho umuririmbyi agaragaza uko umutima ukennye imbabazi n’ubuntu bw’Imana.

Aho agira ati “Ese rya riba riracyatanga amazi ko nyotewe, Ese za mbabazi ziri ku nzira yanjye ngo mpoberane nazo…”

Aya magambo agaragaza ishusho y’umuntu ushaka kwegera Imana, ayigereranya n’isoko y’amazi y’ubugingo idakama.

Mu buryo bw’amajwi, iyi ndirimbo yakozwe na Mastola Music, mu gihe amashusho yayo (Video) yakozwe na Nass Lil afatanyije na Dr. Kingsley, bakaba baragerageje kuyishyira mu ishusho ijyanye n’ubutumwa bwayo bwo kwegera Imana no gushaka ubuntu bwayo.

Patient Bizimana yavuze ko iyi ndirimbo ari imwe mu zifite umwihariko ku buzima bwe bw’umuziki, bitewe n’uko yakoranye n’umuhanzi mpuzamahanga kandi bakabasha guhuza mu buryo bworoshye.

Ati: “Iyi ndirimbo ifite amateka yihariye kuri njye. Gukorana n’umuntu uturuka ahandi ariko tugahuza umutima n’ubutumwa ni umugisha ukomeye. Ndizera ko izakora ku mitima ya benshi, yaba abumva Ikinyarwanda cyangwa abatacyumva ariko bakumva ubutumwa burimo.”

Yakomeje ashimangira ko umuziki wo kuramya Imana ari ururimi rusangi ruhuza abantu bose, bityo ko kuba Kimber Terry yarahisemo kuririmba mu Kinyarwanda ari intambwe ikomeye mu gukomeza gusakaza ubutumwa bwiza ku rwego mpuzamahanga.

Indirimbo “Ndi Hano” ije yiyongera ku zindi nyinshi Patient Bizimana amaze gukora zakunzwe cyane mu Rwanda no hanze yarwo, aho akomeje gushyira imbaraga mu kugeza ubutumwa bwiza ku bantu banyuranye, akoresheje impano ye yo kuririmba.

Patient Bizimana yishimiye cyane Kimber Terry waririmbye Ikinyarwanda mu ndirimbo “Ndi Hano”, avuga ko byamukoze ku mutima

 

“Si ibintu bisanzwe” – Patient Bizimana ku munyamerika wemeye kuririmba Ikinyarwanda mu ndirimbo bakoranye 


Indirimbo “Ndi Hano” yahuje Patient Bizimana na Kimber Terry, igaragaza ko ubutumwa bwiza burenga imbibi z’indimi n’ibihugu

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘NDIHANO’ YA PATIENT BIZIMANA NA KIMBER TERRY



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...