Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Killaman yavuze ko mu myaka irindwi amaze
afata Cinema nk'umwuga, yahuye n'ibihe byamugejeje aho atekereza ko byose
birangiye. Ariko aho guhitamo gusezera ku nzozi ze, yafashe icyemezo gikomeye
cyo kugurisha ibibanza bitatu yari atunze, amafaranga ayagarura muri Cinema.
Ni
icyemezo avuga ko kitari kigamije gusa kongera kugaragara muri uru ruganda,
ahubwo cyari ugushaka amahirwe yo gukomeza kubaho nk'umukinnyi n'utunganya
filime.
Hari ukwezi
yabonye amayero 550 gusa
Killaman
yavuze ko hari igihe yigeze gucika intege kubera uburyo filime ze zari
zitakirebwa, amafaranga yinjizaga akagabanuka cyane.
Yagize
ati: "Hari umwaka ntibuka neza, aho ukwezi kwashize mfitemo amayero 550
habura iminsi 10 ngo ukwezi kwa YouTube kwifunge. Hari mbere y'uko nkora
ubukwe. Kandi ariya mafaranga hari igihe yinjizwaga na Episode imwe. Njye rero
sinacitse intege, ahubwo narakomeje. Ndavuga nti ese nzakora iki?"
Icyo gihe yahisemo gukomeza gukora cyane aho guheranwa n'igihombo. Mu minsi icumi yari isigay
e ngo ukwezi kurangire, ibintu byarahindutse ku buryo amafaranga
yari amaze kwinjira yiyongereye mu buryo butunguranye.
Ati:
"Nakomeje gukora izindi filime, ukwezi kurangira muri YouTube hagezemo
amayero 6500. Ukwezi kwari kugiye gushira, ariko mu minsi 10 hahise hazaho
amayero 6500. Icyo gihe byahise bimpa icyizere."
Aya
mafaranga ni yo yamweretse ko nubwo ibintu bishobora kugorana, gukomeza gukora
bishobora guhindura amateka.
Nubwo
yari amaze kubaka izina muri Cinema Nyarwanda, Killaman yavuze ko mbere yo
gukora filime Amaraso Yanjye, yari ageze mu bihe bikomeye aho filime ze
zarebwaga n'abantu bari hagati y'ibihumbi 17 na 30 gusa.
Kuri
we, ibyo byari bisobanuye igihombo gikomeye kuko amafaranga yashoraga atari
agaruka.
Ni
bwo yafashe icyemezo gikomeye cyo kugurisha imwe mu mitungo ye. Yagize ati:
"Byakomeje kwanga, biba ngombwa ko mfata ikibanza mfite ndakigurisha
ndongera nshora muri filime, abantu bakavuga ibintu bitandukanye. Nagurishije
ibibanza nka bitatu mbigarura muri filime kugira ngo ngaruke muri Cinema."
Killaman
yavuze ko ikibazo kitari ukubura akazi gusa, ahubwo ko amafaranga yashoraga
muri filime atagarukaga uko yabiteganyaga.
Yasobanuye
ati: "Ntikwari ugaruka gusa. Kuko urakora washoye Miliyoni 5 Frw,
hakagaruka Miliyoni 2 Frw, kandi ‘Budget’ yawe iragusaba Miliyoni 5 Frw.
Ugakenera ahandi ukura Miliyoni 3 Frw kugira ngo wongere ukore ukundi kwezi.
Ukaba uragujuje, ugasanga ugeze mu ideni rya Miliyoni 9 Frw, ukavuga uti izi
Miliyoni nzazishyura gute? Ukagurisha ikibanza, izisigaye ukongera ugashora,
nazo zigahomba."
Aya
magambo agaragaza uburyo ubucuruzi bwa Cinema bushobora gusaba umutima ukomeye,
cyane cyane iyo amafaranga yinjira atangana n'ashorwa.
'Amaraso Yanjye'
yayikoze bamwe mu bakinnyi bamaze kumusezera
Nk'aho
ibibazo by'amafaranga bitari bihagije, Killaman yavuze ko no ku ruhande
rw'abakinnyi yari asanzwe afatanya na bo, bamwe bari bamaze kumusezera.
Ati:
"Naravuze nti noneho ndarangiye, n'abo nari mfite twakagafatanyije bahise
bansezera. Ndabigenza nte?"
Aho
guheranwa n'ibyo bibazo, yahisemo kubaka umushinga mushya. Yandika filime
Amaraso Yanjye, ayishingira ku nkuru ifite ubutumwa bukomeye aho gushingira ku
mazina y'abakinnyi bazwi.
Yagize
ati: "Nibwo nicaye nkora filime 'Amaraso Yanjye'."
"Cinema ni
Business"
Ku
bwa Killaman, impamvu atigeze areka gushora amafaranga muri filime ni uko
asobanukiwe neza ko Cinema atari imyidagaduro gusa, ahubwo ari ubucuruzi busaba
kwihangana no kwemera ingaruka z'ishoramari. Yagize ati: "Ni Business. Iyo
utinye gushora urataha nyine."
Ni
imyumvire avuga ko yamufashije gukomeza urugendo rwe nubwo rwari rwuzuyemo
igihombo, amadeni n'ibihe byo kwiheba.
Uyu
mukinnyi wa filime agaragaza ko rimwe na rimwe gutsinda bituruka ku gufata
ibyemezo bikomeye kandi bibabaza. Kuri we, kugurisha ibibanza bitatu ntabwo
byari uguta umutungo, ahubwo byari ugushora mu nzozi ze.
Nyuma
y'ibigeragezo byinshi, avuga ko yongeye kubona icyizere cyo gukomeza kubaka
izina rye muri Cinema Nyarwanda, yifashishije filime Amaraso Yanjye, afata
nk'intambwe nshya mu rugendo rwe rw'umwuga.

Killaman yatangaje ko yagurishije ibibanza bitatu kugirango akomeze gushora muri Cinema

Killaman
avuga ko Cinema ari nk’izindi ‘Business’ bisaba gushora kugirango ugire icyo
ugeraho
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA KILLAMAN
