Byamfashije gukura umugesi mu muhogo - Bushali ku ruhare rwa MTN Iwacu Muzika Festival mu miririmbire ye (VIDEO)

Imyidagaduro - 23/06/2026 4:30 AM
Share:

Umwanditsi:

Byamfashije gukura umugesi mu muhogo - Bushali ku ruhare rwa MTN Iwacu Muzika Festival mu miririmbire ye (VIDEO)

Umuraperi Hagenimana Jean Paul wamamaye nka Bushali, yatangaje ko urugendo rwe mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival rumaze imyaka itatu rumufasha cyane mu gutera imbere mu miririmbire, by’umwihariko mu kongera ubuhanga mu ijwi no mu buryo ataramira abafana be mu buryo bwa ‘Live’.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, nyuma yo kwitabira igitaramo cy’iri serukiramuco ryabereye i Huye ku wa 20 Kamena 2026, aho yafatanyije n’abandi bahanzi batandukanye.

Bushali yavuze ko Huye atari ubwa mbere ataramira, kuko ari inshuro ya gatatu yari ahataramira, anashimira uburyo abafana bamwakiriye mu buryo bwuje urugwiro n’akanyamuneza.

Yagize ati: “Si ubwa mbere ndi i Huye, ni inshuro ya gatatu ndi muri MTN Iwacu Muzika Festival. Dushimira cyane East African Promoters (EAP) n’abantu bagira igitekerezo cyo guteza imbere abahanzi. Nk’uko mubibona, ni urubyiruko rwinshi, amaraso ashyushye, ni ibintu byiza cyane.”

Yakomeje avuga ko muri rusange igitaramo cyagenze neza kandi abafana bakabakiranya ibyishimo byinshi.

Ikintu gikomeye yagarutseho ni uko ibi bitaramo byamubereye ishuri ry’iterambere mu muziki, cyane cyane mu bijyanye no kuririmba neza no kugenzura ijwi rye ku rubyiniro.

Ati: “Ibi bitaramo byamfashije gukura umugesi mu muhogo. Ubu ndirimba amajwi arindwi. Urumva ko byamfashije cyane kuba umuhanzi witeguye neza mu muziki nyarwanda.”

Bushali yavuze ko iyi myaka itatu yamubereye ingenzi mu kumwongerera icyizere n’ubunararibonye bwo kuririmba imbere y’abantu benshi, bikamufasha kurushaho gutera imbere mu rugendo rwe rwa muzika.

Bushali yamenyekanye cyane mu ndirimbo "Ku Gasima". Ni imwe mu ndirimbo zamugaragaje cyane nk'umwe mu nkingi za mwubakiye mu njyana ya Kinyatrap mu Rwanda, ndetse ikanitirirwa alubumu ye ya kabiri yageze hanze muri Nyakanga 2019.

Uretse iyi ndirimbo "Ku Gasima", uyu muraperi yagiye amenyekana no mu zindi ndirimbo zakunzwe cyane zirimo: Nituebue, Mukwaha, Niyibizi, Umwali, n’izindi.

Uburyo Bushali yitwaye ku rubyiniro n'ubutumwa bwe byatumye agira abakunzi benshi muri muzika nyarwanda, ndetse akomeza gukora ibitaramo bikomeye mu Rwanda.

Bushali yatangaje ko ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival byamufashije gukura mu miririmbire

Bushali asobanura ko gutaramira i Huye byamuhaye ishusho y’icyerekezo cy’injyana ya Kinyatrap

Bushali asobanura ko aniteguye gukora ibishoboka byose i Ngoma tariki 27 Kamena 2026, akazahasiga amateka meza

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE N’UMURAPERI BUSHALI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...