Mu
ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 11 Nyakanga 2026, i Rubengera mu Karere ka
Karongi, igisubizo cyabonetse.
Mu
gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival 2026, cyabereye ku nshuro ya mbere muri
aka karere, Chriss Eazy na Davis D basize amateka mashya nyuma y'uko abakobwa
babiri baguye igihumure babashaka, ibintu byaherukaga kuvugwa cyane ku bahanzi
nka Meddy na The Ben.
Iki
gitaramo cyari cyitabiriwe n'imbaga y'abakunzi b'umuziki baturutse mu bice
bitandukanye by'Intara y'Iburengerazuba.
Cyaranzwe
n'ibyishimo, kuririmba no kubyina, ariko hagati muri ibyo byose hagaragaramo
amarangamutima akomeye yagaragajwe n'abafana ba Chriss Eazy na Davis D.
Ubwo
Chriss Eazy yari ageze hagati mu gitaramo aririmba zimwe mu ndirimbo ze
zakunzwe, umwe mu bakobwa wari uri mu bitabiriye yaguye igihumure. Abashinzwe
ubutabazi bahise bamwihutisha bamujyana mu ihema ry'ubuvuzi kugira ngo
yitabweho.
Nyuma
yo kongera kwisuganya, icyifuzo cye cya mbere cyari ukubonana na Chriss Eazy.
Uyu muhanzi yamusanze, barahoberana, umukobwa agaragaza ibyishimo
n'amarangamutima yari amaze igihe ahishe.
Nubwo
yari amaze kubona umuhanzi akunda, ubuzima bwe bwakomeje kwitabwaho, ndetse
yaje gutaha ateruwe n'abashinzwe ubuzima.
Si
uwo wenyine wagizweho ingaruka n'ibyishimo byo kubona umuhanzi akunda.
Nyuma
y'igitaramo cya Davis D, na we yasanze umukobwa wari wamutegereje mu ihema
ry'ubuvuzi nyuma yo kugwa igihumure. Akimubona, Davis D yaramwegereye,
aramusuhuza ndetse aramuhobera. Ako kanya uwo mukobwa yahise asuka amarira
y'ibyishimo, agaragaza ko yari amaze kugera ku nzozi yari amaranye igihe.
Ibi
bihe byibukije benshi imyaka Meddy na The Ben bari bageze ku rwego rwo gutera
abakobwa amarangamutima akomeye, bamwe bakagwa igihumure cyangwa bagasaba
kubegera kugira ngo babone amahoro yo mu mutima.
Ntabwo
aba bakobwa ari bo bonyine bagaragaje urukundo rwihariye ku bahanzi.
Mu
gihe umuraperi Kivumbi King yari ari ku rubyiniro, undi mukobwa yaciye mu
bashinzwe umutekano amugeraho, amusanga imbere y'abafana maze agaragaza uburyo
amukunda byimazeyo, ibintu byakiriwe n'impundu n'amashyi y'abari bitabiriye iki
gitaramo.
Ku
ruhande rw'umuziki, Davis D yongeye kwerekana impamvu akomeje kwiyita
"Umwami w'Amajyepfo". Yaririmbye indirimbo zirimo 'Biryogo',
'Ifarashi' na 'Itara', zakiranywe urugwiro n'abafana.
Yanahamagaye
Bushali ku rubyiniro baririmbana 'Bermuda', imwe mu ndirimbo zikomeje gukundwa
cyane muri iyi minsi, ibintu byatumye abafana barushaho kuzamura akanyamuneza.
Chriss
Eazy ni we wasoje iki gitaramo, ashyira akadomo ku munsi wari waranzwe
n'ibyishimo n'amarangamutima adasanzwe. Yaririmbye indirimbo zirimo 'Edeni',
'Sambolela', 'Sampe', 'Basi Sorry' na 'Fasta', maze ibihumbi by'abari
bateraniye i Rubengera bikomezanya na we kuririmba no kubyina kugeza ku
ndirimbo ya nyuma.
Ibitaramo
bya MTN Iwacu Muzika Festival bimaze imyaka birangwa n'imbaga y'abafana, ariko
ibyabereye i Karongi byongeye kugaragaza ko hari icyiciro gishya cy'abahanzi
batangiye kugera ku rwego rwo gukundwa n'abafana mu buryo butuma amarangamutima
yabo arenga iby'umuziki gusa.
Ku bwa Chriss Eazy na Davis D, i Karongi habaye ijoro ritazasibangana mu mateka yabo, ndetse rinibutsa benshi ibihe byaranze Meddy na The Ben mu myaka yabo ya mbere y'ubwamamare.

Chriss Eazy yavuze ko yatunguwe no kubona umukobwa wamukunze mu buryo bukomeye, kugeza ubwo yifuje guhura nawe

KANDA HANO UREBE UBWO UYU MUKOBWA YAHURAGA NA CHRISS EAZY AMUSANZE MU IHEMA
KANDA HANO UREBE UKO DAVIS D YITWAYE KU RUBYINIRO MU GITARAMO CYABEREYE I KARONGI
