Byageze n'ubwo umugabo wanjye aza kureba ibyo nkina – ‘Nyirankotsa’ ku mikinire ye muri filime itakirwa kimwe (VIDEO)

Cinema - 30/06/2026 10:56 AM
Share:

Umwanditsi:

Byageze n'ubwo umugabo wanjye aza kureba ibyo nkina – ‘Nyirankotsa’ ku mikinire ye muri filime itakirwa kimwe (VIDEO)

Mu gihe benshi bamumenyereye nk'umugore ugira umujinya, uvuga amagambo akarishye, ndetse rimwe na rimwe ugaragara nk'utagira impuhwe muri filime, Ukobizaba Leoncie wamamaye nka Nyirankotsa avuga ko ubuzima bwe bwa buri munsi butandukanye cyane n'ibyo abakunzi ba sinema bamubonamo ku mashusho.

Gusa, ubuhanga bwe bwo kwinjira mu mwanya w'uwo akina bwageze aho butuma n'umugabo we aza kwihera ijisho uburyo abikora, nyuma yo gutungurwa n'uko ahinduka iyo ageze imbere ya 'camera'.

Hari abakinnyi ba filime usanga izina ryabo bwite ritakivugwa cyane, kuko abantu baba baramaze kubafata nk'imiterere y'abo bakinaga. Ni ko byagenze kuri Ukobizaba Leoncie, wamamaye nka Nyirankotsa, izina ryabaye ikimenyetso cy'uburyo yigarurira abakunzi ba sinema nyarwanda.

Yakunzwe cyane muri filime zitandukanye zirimo Amaraso Yanjye, My Husband, My Heart n'izindi, aho akunze guhabwa inshingano zo gukina umugore ukakaye, uvuga ibitutsi, uvuga amagambo akomeye cyangwa ugaragara nk'umuntu utagira impuhwe.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Leoncie yavuze ko ibyo abantu babona kuri ‘ecran’ nta sano bifitanye n'ubuzima bwe busanzwe, ahubwo biterwa n'uburyo yitangira umukino.

Ati: "Bakimpa 'script' y'ibyo ngomba gukina nkabona umugore banditse ni umunyamahane, utukana, mpita mva mu kuba Leoncie ahubwo nkaba Nyirankotsa."

Yavuze ko kuva icyo gihe aba yinjiye mu buzima bw'uwo muntu wanditswe muri filime, akumva amarangamutima ye, imico ye n'uko agomba kwitwara. Ati: "Siga njyewe bwite, ahubwo nkinjira muri ya nkuru bampaye. Nkahita numva nyine uko biri."

Mu rugendo rwe muri sinema, Nyirankotsa akunze kugaragara ari kumwe na Killaman, ibintu avuga ko bidaturuka ku mpanuka.

Asobanura ko Killaman ari umwe mu bantu bamugiriye icyizere kuva kera, kandi ko iyo abonye umukinnyi ushoboye ahora amuha amahirwe yo gukomeza kwigaragaza.

Ati: "Killaman iyo abonye ko hari icyo ushoboye ntagutakaza. Kandi turi abakinnyi benshi cyane, buri muntu aba azi imikinire ye."

Nubwo kuba umukinnyi mwiza ari ishema, Nyirankotsa avuga ko hari igihe byamugoye kubera abantu bamwitiranyaga n'uwo akina.

Yibuka ko mbere abantu bamufataga nk'umuntu umeze nk'abo bakinnyi agaragaza muri filime, cyane cyane kubera amagambo akomeye akunze kuvuga n'imiterere aba yambaye.

Ati: "Mbere n'ibyo byari bibi cyane. Ubu bitangiye koroha abantu batangiye gusobanukirwa ibyo ari byo. Cyane cyane nkanjye babona ndi nk'umugome cyangwa umugore ushira isoni, kuko nkoresha ibitutsi biremereye n'imigani iremereye. Ibi bituma hari utinya kugukoresha."

Avuga ko hari n'ingaruka zageze no mu buzima bwe bwa buri munsi, aho abantu bamubonaga bakagira ubwoba cyangwa bakamucira urubanza bagendeye ku byo babonye muri filime.

Ati: "Ubu sinshobora gutega bus. Kuko ugeramo ugasanga abantu barimo guhwihwisa, hakaba n'ufite umwana agahita amufata akamukomeza. Hari aho nkina ndoga, ku buryo umuntu ashobora kumbona akavuga ati 'na bwa burozi yabugendanye'."

Nubwo ibyo byigeze kumubabaza, avuga ko ubu ibintu byatangiye guhinduka kuko abantu benshi bamaze gusobanukirwa ko gukina filime ari akazi gasaba kwinjira mu mico y'undi muntu.

Mu nkuru zidasanzwe yavuze, harimo uburyo umugabo we na we yigeze gutangazwa n'uburyo ahinduka iyo ageze mu mwanya wo gukina.

Nyirankotsa yavuze ko hari amashusho yakinanagamo na Killaman agaragara nk'ay'urukundo cyangwa afite amarangamutima akomeye, bituma umugabo we yibaza uburyo abasha kubikora.

Ati: "Hari uduce tumwe twa filime mpuriramo na Killaman, aho biba bidasanzwe. Rero, umugabo wanjye yigeze kunyitegereza arambwira ati 'ariko mbere yo gukina baguha iki?' [Araseka]. Ndamubwira nti 'ntacyo'."

Icyo kibazo cyamubyariye amatsiko, kugeza aho afata icyemezo cyo kujya aho bakinira filime kugira ngo arebere hafi uko bikorwa.

Ati: "Byatumye aza aho nkinira filime kugira ngo arebe uko tubikora. Yaraje, arareba agiye kubona abona ndahindutse. Yararebye yatsa imodoka arigendera."

Uyu mukinnyi avuga ko muri iki gihe yishimira uburyo abakunzi ba sinema batangiye gutandukanya umukinnyi n'uwo akina, cyane cyane nyuma yo kumubona muri filime ‘Amaraso Yanjye’, aho benshi bamushimiye ubuhanga yagaragaje.

Asobanura ko kugira ngo arusheho kwegera abakunzi be, buri mwaka ategura igikorwa cyo guhura na bo, bakaganira, bakamenyana kurushaho ndetse bakamusobanukirwa nk'umuntu usanzwe, aho kumurebera gusa mu ndorerwamo y'imiterere agaragaza muri filime.

Kuri we, icyo ni kimwe mu bifasha kubaka icyizere hagati y'umukinnyi n'abamukurikira, no gusobanurira benshi ko sinema ari ubuhanzi, aho umukinnyi aba afite inshingano zo kwinjira mu buzima bw'uwo yahawe gukina, aho kuba ari bwo buzima bwe bwite.


Ukobizaba Leoncie wamamaye nka ‘Nyirankotsa’ muri Cinema, yatangaje ko abantu bakwiriye gutandukana ibyo akina muri filime n’ubuzima bwe bwite

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA ‘NYIRANKOTSA’


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...