Byagenze gute ngo The Ben ahindure isezerano yahaye abafana?

Imyidagaduro - 12/09/2026 11:31 AM
Share:

Umwanditsi:

Byagenze gute ngo The Ben ahindure isezerano yahaye abafana?

Umuhanzi The Ben yahinduye gahunda yari yaratangarije abakunzi be, nyuma y’uko indirimbo ye ‘Inshallah’ yujuje miliyoni eshanu z’abayirebye kuri YouTube, umubare yari yaravuze ko uzatuma ahita ashyira hanze indi ndirimbo nshya.

‘Inshallah’ iri mu ndirimbo zimaze iminsi zivugwa cyane mu muziki nyarwanda, ndetse kuva yasohoka yakomeje kwiyongera umubare w’abayireba kuri YouTube.

Mbere y’uko igera kuri miliyoni eshanu, The Ben yari yarahaye abafana be isezerano ko uyu mubare nugera kuri miliyoni 5, azahita abasohorera indi ndirimbo nshya.

Ni isezerano ryatumye bamwe mu bakunzi be bakomeza gukurikiranira hafi imibare y’iyi ndirimbo, bategereje ko igera kuri uwo mubare kugira ngo babone indirimbo nshya yabemereye.

Ku munsi w’ejo, ni bwo ‘Inshallah’ yageze kuri miliyoni eshanu z’abayirebye kuri YouTube. Bimara kuba, abafana batangiye kwibutsa The Ben isezerano yari yarabahaye, bamusaba kurishyira mu bikorwa.

Icyakora, aho guhita ashyira hanze indirimbo nshya nk’uko yari yarabivuze, The Ben yahinduye gahunda, asaba abakunzi be gukomeza kureba ‘Inshallah’ kugeza igeze kuri miliyoni 10.

Ibi bivuze ko abafana bari bategereje indi ndirimbo nshya bagomba gukomeza gutegereza, mu gihe The Ben we yifuza ko ‘Inshallah’ ikomeza kwigarurira umubare munini w’abayireba.

Mbere y’uko igera kuri miliyoni eshanu, The Ben yari yaravuze ko umubare w’abazaba bamaze kureba ‘Inshallah’ nugera kuri miliyoni 5, azahita asohoza isezerano rye.

Ati: “Miliyoni eshanu z’abayirebye nizigera nk’uko nabivuze, nubwo mbona ziri kwihuta, ndabaha indi ndirimbo, ni yo gahunda.”

Aya magambo yatumye abafana benshi bagira amatsiko yo kubona niba koko The Ben azasohoza icyo yari yabemereye, cyane ko ‘Inshallah’ yakomeje kuzamuka mu mibare y’abayireba.

Ariko nyuma yo kugera kuri miliyoni eshanu, ibintu byahindutse. The Ben yasabye abafana be gukomeza kuyireba, agaragaza ko intambwe ikurikiraho ari ukuyigeza kuri miliyoni 10 aho guhita asohora indi ndirimbo.

Bamwe mu bakunzi be bahise batangira kumwibutsa ko isezerano yari yabahaye ryari rishingiye kuri miliyoni eshanu, bityo ko uwo mubare umaze kugerwaho.

Ku rundi ruhande, The Ben amaze iminsi ari mu bahanzi bari kuvugwa cyane kubera ‘Inshallah’, indirimbo yakomeje gukurura abayumva n’abakurikiranira hafi ibikorwa bye.

Ubu amaso menshi ahanzwe kuri The Ben n’icyo azakora mu gihe ‘Inshallah’ izaba igeze kuri miliyoni 10, ndetse n’uko abafana be bazakira iyi gahunda nshya yo gukomeza kuyireba aho guhabwa indirimbo nshya yari yarabasezeranyije.

The Ben atangaje ibi mu gihe ari gufata amashusho y’indirimbo ye nshya yakoranye n’umuhanzi Diez Dolla. Uyu muhanzi anaherutse gutangaza ko afite indirimbo yakoranye na Jose Chameleone, Diamond n’izindi zinyuranye.

The Ben yavuze ko azasohora indirimbo mu gihe ‘Inshallah’ izaba yujuje Miliyoni 10 kuri Youtube

The Ben yagaragaje ko ari mu myiteguro yo gusohora indirimbo yakoranye na Diez Dolla



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...