Byagenze gute ngo King James watwaye Guma Guma ntashyirwe mu bazaririmba muri ‘Iwacu Muzika’?

Imyidagaduro - 20/05/2026 6:12 AM
Share:

Umwanditsi:

Byagenze gute ngo King James watwaye Guma Guma ntashyirwe mu bazaririmba muri ‘Iwacu Muzika’?

Gutangaza abahanzi bazaririmba mu bitaramo bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival 2026’ byazamuye amarangamutima ku bakunzi b’umuziki nyarwanda, by’umwihariko abakuze bakurikiranye amateka ya Primus Guma Guma Super Star.

Ni ibitaramo byitezweho kongera guhuriza ku rubyiniro bamwe mu bahanzi bakoze amateka muri iri rushanwa ryigeze kuba icyitegererezo mu muziki w’u Rwanda.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Gicurasi 2026, hatangajwe ku mugaragaro ko abahanzi bose begukanye Primus Guma Guma Super Star bazahurira mu bitaramo bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ bizazenguruka intara zitandukanye z’u Rwanda kuva tariki 20 Kamena kugeza tariki 1 Kanama 2026.

Ni igikorwa kiri kwamamazwa nka “Guma Guma Champions muri MTN Iwacu Muzika Festival 2026”, aho buri muhanzi watwaye iri rushanwa azajya ahabwa umwanya wo kuririmba mu Karere runaka, ndetse hakazaba no kunamira umuraperi Nyakwigendera Jay Polly, nawe wegukanye iri rushanwa mbere yo kwitaba Imana.

Kwamamaza ibi bitaramo byagaragaje amazina ya bamwe mu bahanzi bafite amateka akomeye muri Guma Guma, barimo Bruce Melodie, Urban Boyz, Riderman, Butera Knowless, Platini P ndetse na Tom Close.

Gusa icyatunguranye kuri benshi ni ukubura kwa King James ku rutonde rw’abahanzi ndetse no kuri ‘affiche’ yamamaza ibi bitaramo.

Uyu muhanzi wegukanye Primus Guma Guma Super Star ya kabiri mu 2012, ni umwe mu bafite amateka akomeye muri iri rushanwa, ndetse bamwe batangiye kwibaza icyatumye atagaragara mu bahanzi batangajwe.

Amakuru yizewe InyaRwanda yabonye, avuga ko ikibazo kiri hagati ya King James n’abategura ibi bitaramo bo muri East African Promoters (EAP), gishingiye ku kutumvikana ku ngingo zitandukanye zirimo n’imitegurire y’igitaramo cye.

Amakuru avuga ko King James afite igitaramo gikomeye ateganya gukorera muri BK Arena tariki ya 1 Kanama 2026, ari nawo munsi ‘Iwacu Muzika Festival’ izaba isorezwa mu karere ka Rubavu. Byatumye habaho ikibazo cy’amatariki hagati y’impande zombi.

By’umwihariko, uyu muhanzi ngo yifuzaga ko yakoresha Symphony Band mu gitaramo cye cyo muri BK Arena, ariko iri tsinda rikaba rizaba ryamaze kwemezwa nk’itsinda rizacurangira abahanzi muri ‘Iwacu Muzika Festival’.

Amakuru kandi avuga ko King James yasabye ko habaho guhindura itariki imwe muri gahunda z’ibi bitaramo kugira ngo atazahurirana n’igitaramo cye, ariko ibyo ntibyashoboka kubera uko gahunda y’ibitaramo yateguwe.

Kutumvikana kuri izi ngingo byatumye izina rye ridahita rijya ku rutonde rw’abahanzi batangajwe ku mugaragaro, n’ubwo ibiganiro bikomeje hagati y’impande zombi.

Kwamamaza ibi bitaramo mu buryo butarimo King James byahise bitera urujijo mu bakunzi b’umuziki, cyane ko benshi bamufata nk’umwe mu nkingi za mwamba za Guma Guma, ndetse bamwe bakemeza ko bitaba byuzuye adahari.

Mu minsi ishize, Mushyoma Joseph uyobora East African Promoters (EAP), yari yabwiye itangazamakuru ko King James azaba ari umwe mu bahanzi bazaririmba muri ibi bitaramo. Icyakora kugeza ubu, ibiganiro hagati y’impande zombi ntabwo birarangira ngo hafatwe umwanzuro wa nyuma.

Amakuru avuga ko hakiri icyizere ko ashobora kongera gushyirwa ku rutonde rw’abahanzi bazitabira ‘MTN Iwacu Muzika Festival 2026’, mu gihe ibyo yasabye byaba byumvikanyweho.

Mu gihe abafana bagitegereje umwanzuro wa nyuma, ikibazo cya King James gikomeje kuba kimwe mu biri kuvugisha benshi mbere y’itangira ry’ibi bitaramo byitezweho kongera kubyutsa amateka ya Primus Guma Guma Super Star.

Kutumvikana ku itariki y’igitaramo cye no gucurangirwa na Symphony Band, biri mu byatumye King James atagaragara ku rutonde rw’abahanzi batangajwe muri ‘MTN Iwacu Muzika Festival 2026' nk'uko amakuru abihamya

Mu bahanzi batangajwe batwaye Guma Guma bazaririmba muri MTN Iwacu Muzika Festival, King James ntagaragaramo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...