Ni
igitaramo cyari gitegerejwe na benshi kubera amateka n’ubwamamare bw’iri tsinda
rimaze imyaka irenga 40 rikora umuziki, ndetse kikaba ari n’ubwa mbere ryari
ritaramiye mu Rwanda.
Mu
gihe BK Arena yari yuzuye abakunzi b’umuziki bifuza kumva indirimbo zakunzwe
zirimo “Red Red Wine”, “Kingston Town” na “(I Can’t Help) Falling in Love With
You”, benshi bari baniteze kubona Boukuru ahabwa umwanya nk’umuhanzi wo mu
Rwanda wari watoranyijwe muri iki gitaramo.
Icyakora
ibyo benshi ibyo bari biteze ntabwo byabaye. Amakuru InyaRwanda yamenye ni uko
Boukuru yageze kuri BK Arena hakiri kare ahagana saa saba z’amanywa, ari kumwe
n’itsinda ry’abari kumufasha ku rubyiniro. Yari yiteguye, yakoze imyitozo yose
yasabwaga ndetse ategereje igihe cyo kwinjira ku rubyiniro.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda nyuma y’iki gitaramo, Boukuru yemeje ko yari
yiteguye kuririmba ariko ko byarangiye atashye atabonye amahirwe yo guhura
n’abakunzi be.
Yagize
ati: "Nari niteguye kandi narakoze imyitozo ihagije. Kutaririmba muri iki
gitaramo ni impamvu zirenze ubushobozi bwanjye."
Amakuru
avuga ko uyu muhanzikazi yakomeje gutegereza kuva igitaramo gitangiye kugeza
kirangiye, yizeye ko ashobora guhabwa umwanya mu gihe icyo ari cyo cyose, ariko
birangira UB40 feat Ali Campbell isoje igitaramo cyayo nta mwanya na muto
ahawe.
N’ubwo
hataratangazwa impamvu nyakuri yatumye ataririmba, ibyabaye byasize benshi mu
bakunzi be bibaza icyabiteye, cyane cyane ko yari yatangajwe nk’umwe mu
bagombaga kugaragara muri iki gitaramo.
Ku
rundi ruhande, UB40 feat Ali Campbell yatanze igitaramo cyamaze hafi isaha
n’igice. Mu bihe bitandukanye abagize iri tsinda bagaragaje ibyishimo byo kuba
bageze mu Rwanda ku nshuro yabo ya mbere, ndetse bavuga ko bishimiye uburyo
bakiriwe n’abakunzi babo i Kigali.
Abitabiriye
iki gitaramo basubiranyemo amateka y’umuziki wa UB40, itsinda ryashinzwe mu
1978 i Birmingham mu Bwongereza.
Izina
ryaryo rikomoka ku rupapuro rwitwaga “Unemployment Benefit Form 40” rwahabwaga
abashomeri, ikimenyetso cy’ubuzima busanzwe bw’abarishinze ndetse n’ubutumwa
bw’impinduka n’ubutabera baharaniraga.
Mu
myaka ya 1980 na 1990, UB40 yabaye rimwe mu matsinda ya reggae-pop yakunzwe
cyane ku Isi. Indirimbo zirimo “Red Red Wine”, “Kingston Town” na “(I Can’t
Help) Falling in Love With You” zakomeje kuba ibimenyetso by’ibihe ndetse
zituma iri tsinda ryandika amateka akomeye mu muziki mpuzamahanga.
Nyuma
y’imyaka myinshi rikora umuziki, iri tsinda ryaje guhura n’ibibazo
by’imiyoborere n’imari byatumye bamwe mu barigize batandukana. Muri abo harimo
na Ali Campbell wari ijwi rikuru ryaryo.
Ibyo
byatumye habaho amatsinda abiri atandukanye; UB40 isigaye igizwe
n’abanyamuryango bamwe bagumye mu itsinda rya mbere, ndetse na UB40 feat Ali
Campbell iyobowe na Ali Campbell n’abo bakomeje gukorana.
N’ubwo
iryo tandukana ryateje impaka mu bakunzi b’iri tsinda, impande zombi zakomeje
kuririmba indirimbo zakunzwe cyane, ari na zo zagarutsweho mu gitaramo
cyabereye i Kigali.


Umuririmbyi Ali Campbell ayoboye bagenzi be mu itsinda rya UB40 ku rubyiniro

BK Arena yasohoye itangazo risobanura ko Boukuru atabashije kuririmba mu gitaramo cya UB40 Ft Ali Campbell
KANDA HANO UREBE UKO IGITARAMO CYA UB40 FT ALI CAMPBELL I KIGALI CYAGENZE
