Byagenze gute ngo Abby na Brittany bavutse bafatanye, umwe abyare undi akiri umukobwa?

Imyidagaduro - 22/08/2025 8:21 AM
Share:

Umwanditsi:

Byagenze gute ngo Abby na Brittany bavutse bafatanye, umwe abyare undi akiri umukobwa?

Abby na Brittany Hensel, abavandimwe bavutse bafatanye, bamaze imyaka 30 basangira ubuzima budasanzwe, kuko bahuje umubiri. Kuba bahuje ubuzima, byagiye bifata ishusho nshya mu myaka ine ishize ubwo Abby yasezeranaga na Joshua Bowling, umusirikare wahoze mu gisirikare cya Amerika, mu gihe Brittany yakomeje kuba ingaragu.

Abby yashyingiranwe na Joshua mu 2021, mu gihe Brittany akiri umukobwa. Aba bavandimwe bavukanye ikibazo kidasanzwe kizwi nka 'dicephalic parapagus', aho imitwe ibiri iba iteye ku mubiri umwe. Mu minsi yashize, aba bavandimwe bagaragaye bafite umwana muto, biteza impaka n’ibitekerezo by’uko bashobora kuba barageze ku ntego yabo yo kuba ababyeyi.

Amafoto yerekana aba bavandimwe bafite umwana bari mu muryango w’imodoka. Ntiharamenyekana neza umubyeyi wemewe n'amategeko w'uwo mwana uwo ari we, kandi birashoboka ko baba barifashishije uburyo bwo gutwitirwa n'undi muntu cyangwa bakaba barahawe umwana wo kurera bisanzwe.

Inkuru yabo yatangiye gukurura abantu ku isi yose mu 1996 nyuma y’uko bavutse ku ya 7 Werurwe 1990 bafite indwara idasanzwe. Uhereye munsi y'umutwe kugera hasi, basangiye ibice byose by’imbere mu mubiri birimo impyiko, igifu, imyanya myibarukiro n’ibindi. Ku rundi ruhande ariko, hari ibyo bagiye batandukaniyeho buri wese akagira igice cye nkp kuba bafite imitima ibiri n'ibindi.

Brittany, umuvandimwe w'ibumoso, ntiyumva ibiri ku ruhande rw’iburyo, mu gihe na Abby atumva ibiri ku ruhande rw’ibumoso. Ariko babasha kugenda no gukora ibikorwa byabo nk’aho ari umuntu umwe. Aba bavandimwe ni bo bavukanye ubu buryo budasanzwe ku isi.

Imibare igaragaza ko mu bana 40,000 bavukana, umwe gusa ari we ushobora guhuza n'undi umubiri, kandi muri bo, 1% gusa babaho bakarenze umwaka umwe. Ababyeyi babo, Patty, umuforomo w’umunyamwuga, na Mike w'umubaji, bavuga ko batari bazi ko bazabyara abana bahuje umubiri kugeza igihe bavukiye.

Brittany na Abby, bafite umuvandimwe muto w’umuhungu n’uw'umukobwa. Bagira ubuzima busanzwe nk'ubw'abandi bantu: bajya ku kazi, bagira gahunda y’ibiganiro by'amashusho bitambuka kuri televiziyo, ndetse bagakorana n’abantu mu rukundo. Ubu bakora nk’abarimu b’imibare muri Minnesota, kandi bishimira kugabana umushahara umwe.

Mu 2013, Abby yavuze ko bagabana umushahara kubera ko bakora akazi k’umuntu umwe, ariko nyuma, bahisemo gusobanura uburyo bashobora guhabwa agaciro kurushaho bitewe n’impamyabumenyi zabo n’ubushobozi bwo gutanga inyigisho mu buryo bubiri butandukanye. Brittany yongeyeho ko umwe ashobora kwigisha undi akagenzura ibibazo, bityo bakaba bakora byinshi kurusha umuntu umwe.

Ku bijyanye n’ubukwe, Abby yashyingiranwe na Joshua mu 2021, ndetse inyandiko zemeza ko mu mategeko ari Abby wenyine wemewe nk’umugore. Ku bijyanye n’umwana, mu gihe hari impaka ku mbuga nkoranyambaga ku bijyanye n’urubyaro, ntiharamenyekana neza niba ari umwana wabo cyangwa ari uwo babyariwe. Umubyeyi wabo, Patty, yavuze ko ibikorwa by’imbere byabo bishobora gutuma babyara. Brittany yigeze kuvuga ko bagiye kuba ababyeyi.

Kugeza ubu, ubuzima bw'urukundo bwa Brittany buracyari ibanga. Aba bavandimwe basangiye ubuzima bwabo bwa buri munsi n’umwana.

Abby na Brittany ni abavandimwe bavutse bafatanye

Bateje urujijo ku mbuga nkoranyambaga ubwo bagaragaraga bafite umwana, hibazwa uwo azitirirwa kuko bahuje imyanya myibarukiro

Abby yarashatse, mu gihe Brittany akiri ingaragu


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...