Uyu
muraperi uzwiho gushinga inzu itunganya umuziki ya Maybach Music Group,
yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’abamukurikira mu kiganiro cyanyuze kuri
internet (livestream), aho yabajijwe ku nzozi ze zo gukorana n’abandi bahanzi.
Rick
Ross yavuze ko aramutse ahawe amahirwe yo gukora indirimbo ihuza abahanzi
b’indashyikirwa, yahitamo kuyikorana n’abo batatu kuko buri umwe muri bo afite
amateka akomeye mu muziki.
Yagize
ati: “Mu nzozi zanjye zo gukorana n’abandi bahanzi, nabona ndirimbana na Rick
Ross, Bob Marley, Fela Kuti na Burna Boy. Mutekereze indirimbo ihuje abo bose.
Kuri njye byaba ari urwego rw’abami mu muziki. Byaba ari ibintu byo ku rwego
rwo hejuru cyane.”
Rick
Ross yakomeje avuga ko aramutse anabashije kongeramo undi muhanzi umwe kuri iyo
ndirimbo, yahitamo umunyabigwi mu muziki wa Soul na R&B, Sade, nubwo yemera
ko bishobora kutoroha kumugeraho.
Ati: “Ndi boss ariko sinzi niba byoroshye kubona Sade ngo dukorane. Namushyira ku rutonde
rw’ibyifuzo byanjye. Ndakunda cyane Sade.”
Rick
Ross asanzwe ari umwe mu baraperi bubatse izina rikomeye muri Hip Hop ku isi,
mu gihe Bob Marley na Fela Kuti bafatwa nk’ibihangange byagize uruhare rukomeye
mu guteza imbere injyana za Reggae na Afrobeat ku rwego mpuzamahanga.
Ku
rundi ruhande, Burna Boy we ari mu bahanzi bagezweho batumye umuziki wa
Afrobeats urushaho kumenyekana ku isi, bituma gukorana kwabo byafatwa nk’ihuriro
ry’ibisekuru bitandukanye by’umuziki.
Rick
Ross ni umwe mu baraperi bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bageze kure mu
muziki wa Hip Hop, ndetse aza no kuba umwe mu bacuruzi bakomeye muri uru
ruganda.
Mu
myaka irenga 20 amaze mu muziki, Ross yubatse izina rikomeye haba mu ndirimbo
yasohoye, ibitaramo ndetse no gushinga inzu itunganya umuziki ifasha abahanzi
batandukanye.
Rick
Ross amazina ye nyakuri ni William Leonard Roberts II, yavukiye i Clarksdale
muri Mississippi ariko aza gukurira i Miami muri Florida.
Yatangiye
kwigaragaza mu muziki mu ntangiriro z’imyaka ya 2000, ariko izina rye
ryatangiye kumenyekana cyane mu 2006 ubwo yasohoraga indirimbo Hustlin’
yakunzwe cyane mu muziki wa Hip Hop.
Iyi
ndirimbo yamuhesheje amasezerano akomeye mu nzu itunganya umuziki ya Def Jam
Recordings, aho yasinyishijwe na Jay-Z wari uyoboye iyi label muri icyo gihe.
Nyuma
y’intsinzi ya “Hustlin’”, Rick Ross yahise asohora album ye ya mbere yise Port
of Miami mu 2006. Iyi album yahise igera ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa
Billboard 200, ibintu byamushyize mu baraperi bakomeye muri Amerika.
Yakomeje
gusohora izindi album zakunzwe zirimo: Trilla (2008), Deeper Than Rap (2009), Teflon
Don (2010), God Forgives, I Don’t (2012) n’izindi.
Zimwe
muri izi album nazo zagiye zigera ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa Billboard
200, bigaragaza ubwamamare bwe mu muziki wa Rap.
Mu
2009 Rick Ross yashinze inzu itunganya umuziki yise Maybach Music Group (MMG).
Iyi label yafashije kuzamura abahanzi batandukanye barimo: Meek Mill, Wale na Omarion.
Mu
rugendo rwe, Rick Ross yagiye atwara ibihembo bitandukanye ndetse agahabwa
nominations mu bihembo bikomeye nka Grammy Awards.
Kugeza
ubu Rick Ross akomeje gukora umuziki no gushora imari mu bikorwa bitandukanye
birimo ubucuruzi ndetse n’imyidagaduro.
Uyu muraperi afatwa nk’umwe mu bagize uruhare runini mu guhindura isura ya Hip Hop mu myaka ya 2000 kuzamura, aho yubatse izina rishingiye ku ndirimbo zikomeye, ubucuruzi ndetse no gufasha abahanzi bakizamuka.

Rick Ross yatangaje abahanzi yifuza gukorana na bo mu ndirimbo y’inzozi ze, harimo Bob Marley, Fela Kuti na Burna Boy

Burna
Boy yagaragaye ku rutonde rw’abahanzi Rick Ross yifuza gukorana na bo mu
ndirimbo y’inzozi ze
