Bwiza yemeje iby’ubukwe bwe n’umujyanama we

Imyidagaduro - 05/09/2026 6:20 AM
Share:

Umwanditsi:

Bwiza yemeje iby’ubukwe bwe n’umujyanama we

Umuhanzikazi Bwiza yatangaje ko igihe cyo kurushinga n’umujyanama we Uhujimfura Jean Claude kigeze hafi, mu gihe yateguje abakunzi be ko album nshya ye izasohoka mu byumweru bibiri biri imbere.

Bwiza ari mu bahanzi b’Abanyarwanda basusurukije abitabiriye umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi wabereye mu Kinigi kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 4 Nzeri 2026.

Nyuma yo kuva ku rubyiniro, uyu muhanzikazi yagiranye ikiganiro kigufi na InyaRwanda, avuga ko yishimiye uburyo yakiriwe ndetse n’ibihe byiza yagiranye n’abakunzi b’umuziki we.

Yavuze ko ibihe byiza yagiranye n’abitabiriye ibi birori byamusigiye ibyishimo. Ati “Meze neza, ndishimye. Abantu twaririmbanye, twabyinanye; mbese byari ibyishimo.”

Mu gihe Bwiza ari mu byishimo by’ibirori bya Kwita Izina, yanahaye abakunzi be indi nkuru bashobora kwishimira, avuga ko umushinga mushya w’umuziki afite uri hafi gusohoka.

Uyu muhanzikazi yavuze ko album nshya ye izajya hanze mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri, asiga igitekerezo cy’uko ishobora no gukurikirwa n’igitaramo cyo kuyimurikira abakunzi be.

Ati “Abafana banjye bitege album nshya mu byumweru bibiri biri imbere. Ntawamenya, wabona tunakoze igitaramo.”

Ibi bivuze ko abafana ba Bwiza bashobora kuba bagiye kubona umuziki mushya nyuma y’igihe uyu muhanzikazi yari amaze yibanda ku bikorwa bitandukanye by’umuziki we.

Uretse umuziki, Bwiza yanavuze ku bijyanye n’ubuzima bwe bwite, by’umwihariko amakuru amaze iminsi amuvugwaho ajyanye no kurushinga.

Ubwo yabazwaga aho imyiteguro y’ubukwe bwe igeze, Bwiza yasubije mu magambo make ariko yumvikanisha ko uwo munsi utari kure. Ati “Buri hafi.”

Aya magambo aje nyuma y’amakuru amaze igihe avugwa ko Bwiza ari gutegura ubukwe n’umujyanama we, Uhujimfura Jean Claude.

Umubano wa Bwiza na Uhujimfura watangiye mu buryo bw’akazi. Mu myaka yashize, Uhujimfura ni we wabaye umujyanama wa Bwiza ndetse amufasha mu rugendo rwe rw’umuziki binyuze muri KIKAC Music.

Ni umubano watangiye nk’uw’umuhanzi n’umujyanama we, ariko nyuma uza kurenga imipaka y’akazi, aba bombi bagirana umubano w’urukundo.

Bwiza amaze imyaka igera kuri itanu ari mu rugendo rw’umuziki afatanyamo bya hafi na Uhujimfura Jean Claude, kuva yinjiye muri KIKAC Music.

Muri iyo myaka, umubano wabo wakomeje kugaragara cyane mu bikorwa by’umuziki wa Bwiza, kugeza ubwo amakuru yo kuba bari mu rukundo atangiye kuvugwa ku mugaragaro.

Kuri ubu, amakuru ahari avuga ko aba bombi bamaze gutera indi ntambwe mu mubano wabo, bakaba baratangiye imyiteguro ibaganisha ku kubana nk’umugabo n’umugore.

Amakuru yizewe agera kuri InyaRwanda avuga ko Bwiza na Uhujimfura bamaze kumvikana ku itariki y’ubukwe bwabo, nubwo kugeza ubu batari bayitangaza ku mugaragaro.

Bivugwa ko ubwo bukwe bushobora kuba mu mezi ya mbere ya 2027, mu gihe Bwiza we yahisemo kubwira abakunzi be gusa ko “buri hafi”.

Ku ruhande rumwe, uyu muhanzikazi ari gutegura igice gishya cy’urugendo rwe rw’umuziki, aho ategerejweho album nshya mu byumweru bibiri biri imbere. Ku rundi ruhande, ubuzima bwe bwite na bwo buri mu gihe cy’impinduka, aho ari hafi gutera intambwe nshya mu rukundo.

Ni ibintu bituma uyu mwaka wa 2026 ushobora kurangira Bwiza afite byinshi byo kwishimira: umuziki mushya uri hafi gusohoka ndetse n’imyiteguro y’ubukwe iri gufata indi ntera.


Bwiza yatangaje ko ari kwitegura gukora ubukwe n’umukunzi we Uhujimfura usanzwe ari n’umujyanama we



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...