Uyu muhanzikazi uri mu bagezweho mu
muziki nyarwanda, yabanje kwitabira igitaramo cya “Summer Country Tour”
cyabereye kuri Sitade Ubworoherane mu Karere ka Musanze mu Ntara y'Amajyaruguru, mbere yo gukomereza mu
Karere ka Rubavu mu Ntara y'Iburengerezuba aho yari ategerejwe mu birori byo gutanga ibihembo bya Rubavu
Music Awards & Talent Detection 2026.
Ni ibikorwa byabaye mu ijoro ryo ku
wa Gatandatu tariki 13 Kamena 2026, aho Bwiza yagaragaje imbaraga n’ubushake
bwo kwegera abakunzi b’umuziki bo mu bice bitandukanye by’igihugu.
Mu gitaramo cya Summer Country Tour
cyabereye i Musanze, Bwiza ni umwe mu bahanzi bahawe inshingano zo gutangira
gususurutsa abitabiriye iki gitaramo cyari cyahuje ibyamamare bitandukanye mu
muziki nyarwanda.
Uyu muhanzikazi wabarizwaga ku
rutonde rw’abari bitezwe cyane, yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe zirimo
‘Gake’, ‘Ready’, ndetse na ‘Ogera’ yakoranye na Bruce Melodie, ibintu byatumye
abakunzi be bamwereka urukundo rwinshi binyuze mu kuririmbana na we no kubyina
indirimbo ze.
Mu gihe benshi bari bagitekereza ko
nyuma y’iki gitaramo aza kuruhuka cyangwa agasubira i Kigali, Bwiza yari afite
indi gahunda ikomeye imutegereje mu Ntara y’Iburengerazuba.
Nyuma yo kurangiza kuririmba i
Musanze hagati ya saa mbili na saa tatu z’ijoro, Bwiza yahise afata urugendo
rwerekeza i Rubavu aho yari yatumiwe mu birori byo gutanga ibihembo bya Rubavu
Music Awards & Talent Detection byabereye muri Kivu Intare Arena.
Ahagana saa tanu z’ijoro, uyu
muhanzikazi yari ageze i Rubavu, yongera gutaramira imbaga yari yitabiriye ibi
birori byari bibaye ku nshuro ya kabiri.
Yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze
zakunzwe ndetse yerekana ko nubwo yari avuye mu rugendo rurerure, yari agifite
imbaraga zo gususurutsa abakunzi b’umuziki.
Gutaramira mu Ntara ebyiri
zitandukanye mu ijoro rimwe ni ibintu bidakunze kugaragara cyane mu muziki
nyarwanda, bitewe n’igihe gisabwa mu ngendo ndetse n’imyiteguro iba ikenewe
kuri buri gitaramo.
Ibi byatumye Bwiza yinjira mu
mubare muto w’abahanzi bamaze gukora igikorwa nk’iki. Mbere ye, ibikorwa nk’ibi
byaherukaga kuvugwa cyane ubwo Bushali na Chriss Eazy bataramiraga mu gihugu
cy’u Burundi ndetse bakongera bagataramira no mu Rwanda mu ijoro rimwe.
Ku ruhande rwa Bwiza, kuba yarabashije
gutaramira i Musanze n’i Rubavu mu masaha make hagati yabyo, byongeye
kugaragaza uburyo agenda aba umwe mu bahanzi bafite gahunda nyinshi ndetse
bakomeje kwitabira ibitaramo byo hirya no hino mu gihugu.
Mu birori bya Rubavu Music Awards
& Talent Detection 2026, Bwiza ntabwo yari wenyine ku rubyiniro kuko
hanataramiye umuraperi Riderman, uri kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki
nyarwanda.
Riderman yataramiye abakunzi be mu
ndirimbo zatumye yubaka izina rye mu muziki nyarwanda, ibintu byatumye ibirori
birushaho kuba iby’amateka ku bakunzi b’umuziki bitabiriye.
Rubavu Music Awards & Talent
Detection ni ibihembo byashyizweho hagamijwe gushimira no guteza imbere impano
z’abahanzi bo mu Karere ka Rubavu no mu Ntara y’Iburengerazuba muri rusange.
Uyu mwaka byitabiriwe n’abahanzi,
abayobozi n’abakunzi b’umuziki batandukanye, bikomeza kwerekana ko bigenda
bifata indi ntera.
Ku
ruhande rwa Bwiza, ijoro ryo ku wa 13 Kamena 2026 rizakomeza kwibukwa
nk’irigaragaza ubwitange bwe mu kazi ke, aho yashoboye guhuza ibitaramo bibiri
bikomeye mu Ntara ebyiri zitandukanye mu masaha make, agasiga ibyishimo ku
bakunzi be bo mu Majyaruguru no mu Burengerazuba bw’u Rwanda













Amafoto ya Bwiza aririmba mu birori byo gutanga ibihembo 'Rubavu Music Awards 2026'










Umuraperi Riderman yatanze ibyishimo mu bihembo 'Rubavu Music Awards' byatangiwe mu Karere ka Rubavu
