Bwiza yanditse amateka: Yahurije The Ben na Bruce Melodie kuri Album imwe

Imyidagaduro - 15/05/2025 6:16 AM
Share:

Umwanditsi:

Bwiza yanditse amateka: Yahurije The Ben na Bruce Melodie kuri Album imwe

Ni ibintu bidakunze kubaho mu muziki nyarwanda: The Ben na Bruce Melodie bari ku mushinga umwe w’umuziki! Ibi byakozwe na Bwiza, umukobwa uri kuzamuka neza mu ruhando rw’abahanzi, abinyujije kuri Album ye nshya yise “25 Shades” izasohoka ku itariki ya 16 Gicurasi 2025.

Bruce Melodie na The Ben ni bamwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda no mu karere, ariko icyatangaje benshi ni uko n’ubwo bombi bamaze imyaka myinshi mu muziki, nta ndirimbo n’imwe bigeze bakorana.

Hari ubwo bagerageje gukorana ariko ntibyagira icyo bitanga. Gusa kuri iyi nshuro, Bwiza yakoze amateka yo kubahuza kuri Album ye, ibintu benshi bafata nk’igikorwa gikomeye kandi kidasanzwe.

Bwiza na Bruce Melodie bakoranye indirimbo ‘Ogera’ yamamaye mu bikorwa byo kwamamaza Perezida Paul Kagame, ni mu gihe The Ben bakoranye indirimbo ‘Bestfriend’.

Kuri Album ye harimo indirimbo 12 harimo: Ahazaza, To You, Maritha, Isi, Hello, Symbol, Ndabaga, Nasara yakoranye na Loader, Ginger ndetse na ‘Best Friend’ iri mu njyana ya Amapiano.

Ni Album yakozweho n'aba Producer barimo Loader, Prince Kiiiz, Davy Denko, Phantom, Santana Sauce, inononsorwa na Bob Pro.

Umujyanama wa Bwiza, Uhujimfura Claude yabwiye InyaRwanda, ko Bwiza yahurije Bruce Melodie na The Ben kuri Album ‘kubera ko aribo bahanzi bakomeye mu Rwanda muri iki gihe’.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Bwiza yashimiye byimazeyo aba bahanzi n’abandi bafatanyije na we kuri iyi Album, avuga ko ibyakozwe byaturutse ku bufatanye, urukundo no gushyira umutima ku byo barimo.

Yavuze ati “Amagambo ntabwo ahagije ngo nsobanure uko mbashimira. Murakoze cyane kuba mwarashyize umutima wanyu muri uyu mushinga. Impano zanyu, ubwitange n’urukundo rwanyu byatumye uyu mushinga ugerwaho, kandi ndishimye cyane ku byo twagezeho.”

Yakomeje agira ati “Gukorana namwe byari uburambe butazibagirana – guseka, gukora amasaha y’ijoro, gushaka ibisubizo by’imbogamizi – ni ibintu nzahora nibuka. Buri wese muri mwe yazanye umwihariko we kandi nize byinshi kuri buri umwe.”

Bwiza yasoje avuga ko afite amatsiko yo kwizihiza isohoka ry’iyi Album ku itariki ya 16 Gicurasi 2025, aho azaba ari kumwe n’abafana be bo ku isi hose.

Ibi bitumye iyi Album ya Bwiza iba amateka mu muziki nyarwanda, kuko ari bwo bwa mbere Bruce Melodie na The Ben bagiye guhurira ku mushinga umwe, kandi bikozwe n’umuhanzikazi ukiri muto mu rugendo rw’umuziki.

Ni ibisanzwe ko Album ifatwa nk’intambwe ikomeye mu rugendo rw’umuhanzi, ariko iyo umuhanzi akiri muto nk’uko bimeze kuri Bwiza, agashobora guhuriza ku mushinga we abahanzi bakomeye nka The Ben na Bruce Melodie, icyo ni ikimenyetso cy’uko ari kugenda yandika izina rikomeye mu muziki.

Kuba Bruce Melodie na The Ben bemeye kugaragara kuri Album ya Bwiza, bisobanura ko bamwemera nk’umuhanzi ufite aho ageze, wubashywe kandi ufite icyerekezo gikomeye. Ni ikimenyetso cy’uko yateye intambwe ikomeye, kandi n’abandi bahanzi bamaze igihe bamubonamo ejo hazaza ha muzika nyarwanda.

The Ben aherutse kubwira InyaRwanda, ko Bwiza ari ‘umukobwa wo guhanga amaso’ kandi ‘wo gushyigikira’.

Album si igikorwa gisanzwe. Kuyikorera bisaba gutekereza ku gitekerezo rusange, gutegura indirimbo nyinshi zitandukanye ariko zihuriye ku murongo umwe, gufatanya n’abatunganya umuziki, abahanzi, n’abandi bantu benshi.

Uyu mushinga usaba ubushobozi mu buryo bw’umutungo, igihe n’ubwenge – kandi iyo umaze kugerwaho uba ushyize ikimenyetso gikomeye ku rugendo rw’umuhanzi.

Abahanga bavuga ko Album ituma umuhanzi atanga ubutumwa bufatika kuri we, ku byo abona, ku byo anyuramo, cyangwa ku muryango nyarwanda. Muri make, ni ikarita imuranga nk’umuhanzi – uburyo afata umuziki we n’icyerekezo yifuza kuwujyanamo.

Iyo Album irimo ubuhanga, ubuhamya, ubusabane n’abandi bahanzi bakomeye, ikorerwa igihe n’ubushishozi, ishobora gutuma umuhanzi arushaho kwigarurira abakunzi bashya no kugumana abari basanzwe. Ni inzira imufasha kurenga imbibi z’umuziki wihuta (single), akinjira mu itsinda ry’abahanzi b’ibanze mu gihugu.

Album nziza ishobora gutuma umuhanzi abona amahirwe yo gukorana n’abahanzi bo hanze, gukora ibitaramo bikomeye, no gukundwa ku rwego mpuzamahanga. Ibi byose ni inzira y’agaciro ku muziki w’umuhanzi nk’uriya wa Bwiza.

Album ya Bwiza “25 Shades” ntivuze gusa indirimbo zitandukanye, ahubwo ni urufunguzo rw’icyerekezo cye gishya mu muziki.

Kuyikorera hamwe n’abahanzi bakomeye, ni ukubaka umusingi ukomeye w’ahazaza he, kandi ni igikorwa gishyira umukono ku izina rye nk’umuhanzi ukeneye kwitabwaho no gushyigikirwa. 

Bwiza ari kumwe na The Ben nyuma yo gukorana indirimbo ‘Best Friend’ yamamaye cyane 

Bwiza ari kumwe na Bruce Melodie mu bikorwa byo kwamamaza Perezida Paul Kagame


Bwiza yanditse amateka avuguruye yo guhuriza hamwe Bruce Melodie na The Ben kuri Album 

Urutonde rw’indirimbo 12 ziri kuri Album ’25 Shades’ ya Bwiza yakozweho na ba Producer banyuranye


KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘OGERA’ YA BWIZA NA BRUCE MELODIE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...