Uyu
mukobwa ubarizwa mu nzu ifasha abahanzi ya Kikac Music, akomeje kwagura amaboko
mu muziki we mu rwego rwo kugeza umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga, aho
kuri ubu u Rwanda ruri kwitegura kumubona akorera amateka imbere
y’abanya-Zambia.
Uretse
kuba azataramira muri Zambia ku itariki ya 11 Nyakanga 2026, Bwiza agiye kubanza
kuzengurukana Igihugu na Bruce Melodie, The Ben na Kitoko mu bitaramo bya
Summer Country Tour.
Mu
minsi ishize ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru gitegura ibi bitaramo bizenguruka
igihugu, yagize ati: “Nditeguye cyane ku buryo niba The Ben na Bruce Melody
batiteguye cyane bazayatamo (Nzabarusha gutanga ibyishimo).”
Ibyo
bigaragaza urwego uyu muhanzikazi amaze kugeraho yaba mu miziki myiza akora, mu
kizere amaze kugira mu muziki we ku buryo yumva ko bakuru be (The Ben na Bruce
Melody) ashobora kubarusha gutanga ibyishimo mu gihe baba batiteguye.
Uyu
muhanzikazi umaze igihe kitari gito ari inyenyeri y’umuziki nyarwanda mu kiciro
cy’abari n’abategarugori, agiye kuzenguruka ibihugu bitandukanye mu bitaramo
bya “Home world Tour” nyuma y’uko indirimbo ye “Gacye gacye” yujuje miliyoni y’inshuro
yarebwe kuri YouTube bituma iba indirimbo ya 13 y’umuhanzikazi irebwe Inshuro miliyoni
kuzamura.

