aNyuma
yo gususurutsa abakunzi b’umuziki mu bitaramo bya Tour du Rwanda Festival,
Bwiza ntari kuruhuka. Ku wa 7 Werurwe 2026, azataramira i Stockholm mu gitaramo
cyiswe “Celebrating Women’s Day”, kizaba kibanziriza umunsi nyir’izina wahariwe
abagore wizihizwa ku wa 8 Werurwe buri mwaka ku Isi.
Iki
gitaramo si igitaramo gisanzwe. Uretse kuba kizaba ari umwanya wo kwishimira
uruhare rw’umugore mu muryango no mu iterambere ry’Isi, kizaba gifite n’intego
yo gukangurira abantu kurwanya kanseri y’inkondo y’umura (cervical cancer),
indwara ikomeje guhitana ubuzima bwa benshi mu bagore ku Isi.
Mu butumwa yashyize kuri Instagram, Bwiza yagaragaje ko iki gitaramo kirenze kuba ari ukwishimisha gusa. Yagize ati "Stockholm, ubu ni ubutumire bwanyu! (Ni ukubatumira mwese kuzitabira iki gitaramo).
Ni ibirori byo kwizihiza no guha
agaciro abagore. Ni ubukangurambaga bw’abishyize hamwe bwo kurandura kanseri
y’inkondo y’umura. Ni umugoroba aho umuziki uzasusurutsa imitima kurusha uko
ikote iryo ari ryo ryose ryabigenza.”
Aya
magambo agaragaza ko Bwiza atazaba aje gutanga ibyishimo gusa, ahubwo azaba aje
no gutanga umusanzu mu bukangurambaga bw’ubuzima, ahuza umuziki n’impamvu
zifitiye akamaro sosiyete.
Igitaramo
cya Stockholm kizabanziriza uruhererekane rw’ibitaramo mpuzamahanga Bwiza
ateganya gukorera mu bihugu bitandukanye birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika,
Canada, u Bwongereza n’ibindi bihugu by’i Burayi.
Ibi
bitaramo biteganyijwe gutangira muri Kamena 2026, byose bikaba byarahujwe no
kumurika Album ye ya gatatu yise ‘Home’, Album itegerejweho kugaragaza indi
ntera mu buhanzi bwe.
Mu
myaka itanu ishize yinjiye mu muziki, Bwiza amaze gushyira hanze Album ebyiri
zakunzwe cyane, ndetse indirimbo ze nka ‘Ahazaza’, ‘Ready’, ‘Exchange’, ‘Carry
Me’ n’izindi zimushyira mu bakobwa bafite ijambo rikomeye mu muziki nyarwanda.
Urugendo
rwa Bwiza rugaragaza ishusho y’umuhanzikazi uri gukura mu buryo bugaragara,
atava ku murongo w’umuco n’indangagaciro ze, ariko akabasha no guhuza isoko
mpuzamahanga.
Kuba
ategerejwe i Stockholm mu gitaramo gifite intego yo kwizihiza abagore no
kurwanya kanseri y’inkondo y’umura, mbere yo kwerekeza mu yindi migabane, ni
indi ntambwe ikomeye mu kumenyekanisha umuziki Nyarwanda ku ruhando
mpuzamahanga.


Mu
ijoro ryo ku wa 7 Werurwe 2026, Bwiza azahuriza umuziki n’ubukangurambaga bwo
kurwanya kanseri y’inkondo y’umura i Stockholm, mbere yo gukomereza ibitaramo
bye muri Amerika n’i Burayi

