Uhijumfura Claude washinze Kikac Music, yabwiye InyaRwanda ko ibi birori byiswe "Bwiza Gala Night" biteguwe nk’uburyo bwo gushimira abafana, abaterankunga n’abandi bose bagize uruhare mu rugendo rwa muzika rwa Bwiza.
Yagize ati
Yongeraho
ko abazatumirwa bazahabwa ‘invitation’, ndetse ko bizaba n’umwanya wo
kugaragaza imishinga mishya uyu muhanzikazi ari gukoraho, harimo amashusho
mashya y’indirimbo, ibikorwa mpuzamahanga n’ibindi.
“Ni
ibirori atazagaragaramo nk’umuhanzi usanzwe uri kwizihiza isabukuru, ahubwo
bizaba ari igihe cyo gutangiza icyiciro gishya mu rugendo rwe.” – Claude
Bwiza
mu myaka ine y’umuziki: Urugendo rw’umukobwa wiyubatse mu buryo budasanzwe
Bwiza
yinjiye ku mugaragaro mu ruhando rw’umuziki muri 2021 abifashijwemo na Kikac
Music, anatangira kugaragara ku rubyiniro binyuze mu ndirimbo ze za mbere
zakunzwe nka “Ready”, “Exchange’, ‘Yiwe’, ‘No Body’ n’izindi.
Mu
gihe gito, yabaye umwe mu bahanzikazi bakomeye mu Rwanda, agaragaza umwihariko
mu ijwi, imideli, no mu buryo ataririmbamo gusa ahubwo anavuga ibyiyumvo
by’abakobwa n’urubyiruko muri rusange.
Muri
iyi myaka ine, Bwiza yakoranye n’abahanzi batandukanye barimo Riderman, The
Ben, Bruce Melodie, Chriss Eazy, Juno Kizigenza, Riderman, Mico The Best,
Senderi Hit, ndetse yakorewe indirimbo na ba Producer bakomeye nka Ayo Rash,
Loader, Prince Kiiiz, n’abandi.
Albums
ebyiri mu myaka ine: ‘My Dreams’ na ‘25 Shades’
Muri
2023, Bwiza yasohoye Album ye ya mbere yise “My Dreams”, igizwe n’indirimbo
zagaragazaga uburyo akura mu bitekerezo no mu nzozi ze z’ubuhanzi. Iyi album
yatumye ashimangira ko ataje gukora indirimbo z’ikiruhuko, ahubwo afite intego
ndende.
Mu
2025, yagarutse mu buryo budasanzwe asohora Album ye ya kabiri yise “25
Shades”, yagiye hanze mu kwezi kwa Kamena, iriho indirimbo zerekana impinduka
ziri mu muziki we, haba mu buryo bwo kuririmba, amagambo n’umwimerere. Ni album
yatangajwe nk’igice cy’ubuzima bwe, ikubiyemo ibihe 25 binini byamugize uwo ari
we.
Ibirori byo kwizihiza iyi myaka ine ari mu muziki ndetse n’isabukuru y’imyaka 26 y’amavuko, bitezweho kuba umwanya ukomeye uzamugaragaza nk’umuhanzi ugeze ku rundi rwego, ndetse uzabanzirizwa n’ibikorwa bitandukanye bizamufasha kwagura ibikorwa bye mu muziki nyarwanda no hanze.
Bwiza mu gihe yitegura ibirori byo kwizihiza imyaka 4 amaze mu muziki ndetse n’isabukuru y’imyaka 26 y’amavuko
Umuhanzikazi Bwiza amaze kuba ikimenyabose mu muziki nyarwanda; aherutse gusohora Album ye ya kabiri yise ‘25 Shades’
Uru ni urugendo rutangiye mu 2021: Bwiza aritegura gusangiza abafana be imishinga mishya n’icyerekezo gishya
Ibirori
bya Bwiza bizabera muri Kigali Universe ku wa 9 Kanama 2025
KANDA
HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MARITHA’ YA BWIZA