Bwa mbere Travis Kelce yavuze ku bukwe bwe na Taylor Swift

Imyidagaduro - 13/08/2026 7:43 AM
Share:

Umwanditsi:

Bwa mbere Travis Kelce yavuze ku bukwe bwe na Taylor Swift

Umukinnyi w’umupira w’amaguru wo muri Amerika (American football), Travis Kelce, yavuze ku bukwe bwe na Taylor Swift, avuga ko uwo munsi wari ijoro ryiza kurusha andi yose mu buzima bwe.

Kelce na Swift basezeranye ku wa 3 Nyakanga mu muhango wabereye muri Madison Square Garden i New York. Uwo muhango wari witabiriwe n’ibyamamare byinshi, ariko amakuru menshi awuvugaho yagizwe ibanga.

Kugeza ubu, amakuru make cyane ni yo yari yaratangajwe ku byabereye muri ubwo bukwe. Ibyo Kelce yavuze ejo ku wa Gatatu ni byo bya mbere yari atangaje ku bukwe bwabo kuva we na Swift basezerana, mu muhango wayobowe n’umukinnyi wa filime uzwiho gusetsa Adam Sandler.

Kelce yavuze ko ubukwe bwari “ijoro ryiza kurusha ayandi yose mu buzima bwanjye”, ashimira abatumirwa babwitabiriye ndetse avuga ko bwari “ijoro ridasanzwe cyane.”

Uyu mukinnyi wa NFL (National Football League, irushanwa ry'umupira w’amaguru wo muri Amerika) ndetse n’umuhanzi watsindiye ibihembo byinshi bakomeje kugira ibanga amakuru menshi yerekeye ubukwe bwabo kandi kugeza ubu nta mafoto yemewe y’uwo muhango wabereye muri stade arashyirwa ahagaragara.

Mu bari bitabiriye uwo munsi harimo ibyamamare bikomeye bya Hollywood, birimo abakinnyi ba filime Hugh Grant na Jason Sudeikis, umuririmbyi Benson Boone, umunyamideli Gigi Hadid ndetse n’abandi benshi.

Kelce, uzuzuza imyaka 37 mu kwezi k’Ukwakira , amaze kwegukana ibikombe bitatu bya Super Bowl akinira ikipe ya Kansas City Chiefs.

Mu mwaka ushize, iyi kipe ntiyabashije kugera mu mikino ya nyuma ya NFL (playoffs) ku nshuro ya mbere mu myaka 10 ishize. Hari benshi batekereza ko shampiyona itangira ukwezi gutaha ishobora kuba iya nyuma kuri Kelce nk'umukinnyi wabigize umwuga, nubwo we ataravuga niba ateganya gusezera ku mupira.

Yagize ati: "Ndacyafite urukundo rwinshi rw’uyu mukino. Ndashaka kujya mu kibuga nkigaragariza ko nkiri umukinnyi ushoboye kurusha uko nagaragaye umwaka ushize."

Kelce yavuze kandi ko gusubira mu kibuga buri gihe bizakomeza kuba ahantu yumva atekanye kandi yisanzuye.

Yongeyeho ko gukorana cyane n’abandi bakinnyi, kumarana na bo igihe kinini no kubaka ubufatanye n’imikorere myiza y’ikipe ari ingenzi cyane, kandi ko uyu mwaka bashyizemo imbaraga nyinshi kurushaho.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...