Butera Knowless yashinze ‘Foundation’ igamije gufasha abakobwa batewe inda zitateganyijwe - VIDEO

Imyidagaduro - 27/06/2026 7:29 AM
Share:

Umwanditsi:

Butera Knowless yashinze ‘Foundation’ igamije gufasha abakobwa batewe inda zitateganyijwe - VIDEO

Umuhanzikazi Butera Knowless yatangaje ko yashinze umuryango witwa Butera Cares Foundation, ugamije kuzamura imibereho y’abana b’abakobwa batewe inda zitateganyijwe, abahuye n’ihohoterwa, ndetse n’ababyeyi barera abana bonyine (Single Mothers) bari mu bukene bukabije.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na InyaRwanda, asobanura ko icyifuzo cyo gutangiza uyu muryango cyaturutse ku rugendo rw’ubuzima bwe, ndetse n’icyifuzo cyo gusubiza sosiyete ibyiza yahawe.

Ibi yabigarutseho nyuma y'uko umwe mu bakobwa bafashwa na Butera Cares Foundation, witwa Rachel, asoje amasomo y'ubudozi ku bufatanye na Gasore Serge Foundation, ahabwa impamyabumenyi imwemerera kwinjira ku isoko ry'umurimo.

Mu butumwa yasangije abamukurikira, Knowless yavuze ko bahuye na Rachel mu ntangiriro za 2025, icyo gihe ari umukobwa wari waratakaje icyizere cy'ubuzima nyuma yo guhura n'ihohoterwa ryamuviriyemo gutwara inda atateganyaga.

Yagize ati: "Mu ntangiriro za 2025, nibwo Nyagasani yaduhuje na Rachel! Yari umwana w'umukobwa ubabaye cyane, udafite ikizere cy'ubuzima. Rachel yahuye na byinshi bibi. Gusa ikibi kurusha ibindi ni ihohoterwa yakorewe, ndetse bimuviramo gutwara inda itateguwe."

Yakomeje avuga ko nyuma yo kumuba hafi no kuganira na we, yatangiye kongera kubona icyizere, ababwira ko inzozi ze zari ukuzaba umudozi ukomeye kuko yakundaga imyenda myiza no kwambara neza.

Knowless yavuze ko ku bufatanye na Gasore Serge Foundation, Rachel yamaze umwaka yiga ubudozi, none akaba yararangije amasomo ye, ahabwa impamyabumenyi.

Yagize ati: "Uyu munsi yayasoje, ahabwa impamyabumenyi imwemerera kujya ku isoko ry'umurimo. Inzozi ze zo kuba umudozi ukomeye zabaye impamo. Rachel utaravugaga, ubu ni umukobwa wishimye, uganira kandi ufite ikizere cy'ejo hazaza."

Mu kiganiro na InyaRwanda, Butera Knowless yavuze ko uyu muryango ushingiye ku rugendo rw'ubuzima bwe n'amasomo yaruvanyemo.

Ati: "Ni Foundation ishingiye kuri njye ubwanjye, ku mateka yanjye, aho nanyuze n'aho ngeze ubu. Iyo waciye mu bintu bikomeye ukagira amahirwe ukabona abagufata ukuboko ukeguka, usubiza amaso inyuma ukareba aho wavuye. Ibyo bigutera imbaraga zo kuba iyo neza wagiriwe nawe wayigirira abandi."

Yasobanuye ko ibikorwa bya Butera Cares Foundation byibanda cyane ku bana b'abakobwa batewe inda zitateganyijwe, cyane cyane abahuye n'ihohoterwa, ndetse n'ababyeyi barera abana bonyine bafite imibereho itoroshye.

Ati: "Foundation ifasha abana b'abakobwa batewe inda zitateganyijwe, baba bari mu bukene bukabije. Kenshi usanga barahuye n'ihohoterwa cyangwa barafashwe ku ngufu, bagahinduka ababyeyi imburagihe kandi nabo bari abana bo kurerwa. Abo nibo turebaho cyane. Dufasha kandi n'ababyeyi barera abana bonyine bari mu bukene kandi bigaragara ko bakeneye ubufasha."

Knowless yavuze ko ibikorwa bya Butera Cares Foundation byatangiye mu turere twa Bugesera na Gasabo, aho kugeza ubu bamaze gutangira gufasha abantu batandukanye, ndetse bakaba bakurikirana ubuzima bw'abarenga 50.

Yavuze ko afite itsinda bafatanyije gukora ibi bikorwa, anashimangira ko intego yabo ari ugufasha abakobwa banyuze mu bihe bikomeye kongera kwiyubaka no kubona icyizere cy'ejo hazaza.

Uyu muhanzikazi yavuze kandi ko bakorana bya hafi n'inzego z'ibanze mu kumenya abafite ibibazo bakeneye ubufasha, kugira ngo ibikorwa bya Butera Cares Foundation bigere ku babikeneye kurusha abandi.

Butera Knowless agaragaza ko intego y'uyu muryango atari ugutanga ubufasha bw'igihe gito gusa, ahubwo ari ugufasha abakobwa n'abagore kongera kwiyubaka, bakiga imyuga cyangwa bagahabwa ubushobozi bubafasha kwigira no kubaka ejo habo hazaza.


Butera Knowless yatangaje ko yashinze Butera Cares Foundation, umuryango ugamije gufasha abana b'abakobwa batewe inda zitateganyijwe, abahuye n'ihohoterwa ndetse n'ababyeyi barera abana bonyine. Yavuze ko intego ari ukubasubiza icyizere no kubafasha kwiyubaka


"Niba warigeze gufashwa ukeguka, igihe kiragera nawe ugafata ukuboko k'undi." Uko Butera Knowless yasobanuye impamvu yashinze Butera Cares Foundation, imaze gutangira gufasha abarenga 50 mu turere twa Bugesera na Gasabo


Butera Knowless ari kumwe na Rachel wasoje amasomo ye y’Ubudozi ku bufatanye na Gasore Serge Foundation

REBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA BUTERA KNOWLESS WATANGIJE 'BUTERA CARES FOUNDATION'



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...