Butera Knowless yahaye abahanzi umukoro wo gukoresha ijwi bafite mu kurwanya ibiyobyabwenge - VIDEO

Imyidagaduro - 05/08/2026 11:27 AM
Share:

Umwanditsi:

Butera Knowless yahaye abahanzi umukoro wo gukoresha ijwi bafite mu kurwanya ibiyobyabwenge - VIDEO

Mu gihe ikibazo cy’ibiyobyabwenge n’inzoga zitujuje ubuziranenge gikomeje gutera impungenge mu Rwanda, umuhanzikazi Butera Knowless yahamagariye abahanzi bagenzi be gukoresha ijwi bafite mu guhindura imyumvire y’abaturage no gukumira ibyangiza ubuzima bw’abantu.


Knowless yavuze ko abahanzi bafite imbaraga zikomeye zo kugeza ubutumwa ku bantu benshi, bityo ko badakwiye kurebera ikibazo nk’iki ahubwo bakwiye kugira uruhare mu gushaka igisubizo.

Ibi yabigarutseho ku wa Kabiri tariki ya 4 Kanama 2026, mu kiganiro cyahuje abahanzi bo mu nzego zitandukanye n’inzego za Leta, cyari kigamije kurebera hamwe uruhare rw’abahanzi mu kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge no gukumira ingaruka zabyo mu muryango Nyarwanda.

Iki kiganiro cyabaye mu gihe inzego zitandukanye z’igihugu zikomeje ibikorwa byo guhangana n’ibinyobwa bikorerwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse n’ibishobora gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda (Rwanda FDA) giherutse guhagarika inganda 27 zikora inzoga, kivuga ko zitari zujuje ubuziranenge. Izi zikurikiye izindi zirenga 100 zahagaritswe mu minsi yabanje.

Rwanda FDA yatangaje ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo kurengera ubuzima n’umutekano by’abaturage, isaba abakora, abatumiza, abacuruza n’abakoresha ibyo binyobwa kubahiriza amabwiriza yashyizweho.

Muri icyo gihe kandi, Ikigo cy’Igihugu gitsura Ubuziranenge (RSB) cyahagaritse ibyemezo by’ubuziranenge ku nganda zagaragaweho kutubahiriza ibisabwa mu gukora ibinyobwa bisembuye no gukoresha nabi ikirango cya S-Mark.

Ni muri uru rwego inzego zitandukanye zakomeje gusaba uruhare rwa buri wese mu kurwanya ibiyobyabwenge ndetse n’ibinyobwa bishobora kwangiza ubuzima bw’ababikoresha.

“Ni ahacu nk’abafite ijwi rishobora kugera kure”

Ubwo yahabwaga ijambo muri icyo kiganiro, Butera Knowless yavuze ko ikibazo cy’ibiyobyabwenge kitagomba kureberwa nk’ikibazo cy’inzego za Leta gusa, ahubwo ko buri wese afite inshingano mu kugishakira umuti.

Yagaragaje ko abahanzi bafite amahirwe yo kuba bafite abantu benshi babakurikira, bityo ubutumwa bwabo bukaba bushobora kugera kure kurusha uko benshi babitekereza.

Ati: “Birababaje ibyo mwatweretse mu biganiro byatanzwe. Nibaza ko ni ahacu nk’abafite ijwi rishobora kujya kure harenze muri iki cyumba, kugira ubutumwa dutanga bwafasha abantu gukira no kugira ubuzima bwiza.”

Knowless yavuze ko umuhanzi adakwiye kwibagirwa ko ubuzima bw’abamukurikira bugira uruhare mu iterambere ry’umuziki we.

Ati: “Nk’abahanzi ufite abantu batari bazima nawe ibyo ukora ntabwo byagenda, kuko nawe waba ubikorera. Ni ahacu twese ngo tugire icyo tubikoraho.”

“Hari ibindi biyobyabwenge bikomeye biri ku rwego rwo hejuru”

Uretse ikibazo cy’inzoga z’inkorane n’ibinyobwa bitemewe bikomeje kuvugwa muri iki gihe, Knowless yavuze ko hari n’ibindi biyobyabwenge bikomeye bikomeje kwibasira cyane cyane urubyiruko.

Yavuze ko mu Mujyi wa Kigali hari ibiyobyabwenge bigeze ku rwego rwo hejuru, ndetse bamwe bakaba babikoresha mu buryo bukabije.

Ati: “Hari n’ibindi biyobyabwenge bikomeye cyane by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali biri ku rugero rw’ibyuma.”

Yakomeje avuga ko hari n’ibindi bikunze gukoreshwa mu buryo butandukanye, birimo ibyo kunywa ndetse n’ibindi bikomeye bishobora guteza ikibazo gikomeye ku rubyiruko.

Ati: “Hari n’ibindi byinshi cyane cyane ibyo kunywa nk’urumogi, n’ibindi byinshi usanga bigeze ku rugero rwo kwitera nk’inshinge cyane cyane ari ikibazo mu rubyiruko.”

Abahanzi bafite uruhare mu kubaka umuryango ufite ubuzima bwiza

Ubutumwa bwa Knowless buje mu gihe abahanzi batandukanye bakomeje kugaragaza uruhare rwabo mu bukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge.

Mu bihe bitandukanye, bamwe mu bahanzi bagaragaje ko ubuhanzi bushobora kuba igikoresho gikomeye cyo guhindura imyitwarire y’abantu, cyane cyane urubyiruko rukunze gukurikira cyane ibihangano n’ubuzima bw’abahanzi.

Kuri Knowless, umuhanzi ntakwiye kureba umuziki nk’imyidagaduro gusa, ahubwo akwiye no kuwufata nk’uburyo bwo kugira uruhare mu gukemura ibibazo bihangayikishije sosiyete.

Yasoje asaba abahanzi gukomeza gutanga ubutumwa bwubaka, kuko kugira abafana bafite ubuzima bwiza ari ingenzi ku iterambere ry’umuziki ndetse n’igihugu muri rusange. 

Butera Knowless yavuze ko abahanzi bakwiriye kwifashisha ijwi ryabo mu guhamagarira buri wese kurwanya ibiyobyabwenge

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO BUTERA KNOWLESS YATANZE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...