Uyu
muhanzi yabitangaje abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram kuri uyu wa Mbere
tariki ya 27 Mata 2026, aho yasangije abakunzi be amagambo agaragaza uko afata iyi
EP nk’umushinga ufite igisobanuro gikomeye kuri we no ku muziki we muri
rusange.
Bushali yagaragaje ko “Shidomno” atari izina risanzwe, ahubwo ari
ikimenyetso cy’icyerekezo n’umuco wa Kinyatrap, injyana amaze igihe yubaka no
guteza imbere. Ati: “Shidomno ni Bushido, ni Kinyatrap, ni uburyo bwo
kubaho, ni ishuri, kandi izahoraho.”
Iyi
EP igaragaramo abahanzi batandukanye barimo Ariel Wayz, Icenova, Redink ndetse
na Trizzie96, ibintu bigaragaza ko Bushali yakomeje gufatanya n’abandi mu
kuzamura urwego rw’umuziki we no kuwagura mu buryo bwagutse.
Si
abahanzi gusa bagize uruhare muri uyu mushinga, kuko hari n’abatunganya umuziki
n’abanyabugeni batandukanye bayigizemo uruhare, barimo Producer Kush Bombe,
Kenshim, Eye God Futura, Fred Nyirumulinga, Doudou Creative na Odd Vissu World.
Bushali
akomeje kwiyubaka nk’umwe mu baraperi bafite izina rikomeye mu Rwanda, cyane
cyane mu njyana ya Kinyatrap. Izina rye ryatangiye kumenyekana cyane nyuma yo
gushyira hanze album “Ku Gasima” muri Nyakanga 2019, igizwe n’indirimbo 12
zirimo “Kinyatrap”, “Sindi Mubi”, “Zunguzayi”, “Ipafu” n’izindi.
Iyi
album yagaragazaga ubuzima bw’umusore uva hasi akagera ku nzozi ze, ari na yo
yahinduye byinshi mu rugendo rwe rwa muzika.
Mbere
yayo, yari yabanje gushyira hanze Album ya mbere yise “Nyiramubande” mu 2018,
na yo yakiriwe neza n’abakunzi be.
Uretse
muzika, Bushali azwiho no kugira impano mu gushushanya, ndetse mu bihe bye
by’ubuto yabaye umuririmbyi muri korali ya ADEPR mbere yo gufata icyemezo cyo
kwinjira byimazeyo mu muziki wa Hip Hop.
Mu
minsi ya vuba, Bushali yongeye kuvugwa cyane binyuze mu ndirimbo “Nituebue”
yakoranye na B-Threy ndetse na Slum Drip, yakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki
we.
Bushali
yavuze ko EP ye izajya hanze tariki 15 Gicurasi 2026, agaragaza ko iri hafi
kujya hanze, anasaba abakunzi be gukomeza kuyitegereza no kuyitegura kwakira.
Abakunzi
b’injyana ya Kinyatrap n’umuziki nyarwanda muri rusange, bategerezanyije
amatsiko uyu mushinga mushya wa Bushali, witezweho gukomeza gushyira ku rwego
rwo hejuru iyi njyana imaze kuba ikimenyabose mu rubyiruko.

Bushali yatangaje EP nshya yise “Shidomno” yahurijemo abarimo Ariel Wayz na Icenova, ibintu bikomeje kugaragaza imbaraga za Kinyatrap mu Rwanda


Bushali yavuze ko “Shidomno” atari EP isanzwe, ahubwo ari “ishuri n’ubuzima,” agaragaza uburyo afata uyu mushinga nk’ikirango cya Kinyatrap

Abarimo Kush Bombe na Kenshim ni bamwe mu ba-Producer bakoze kuri EP “Shidomno” ya Bushali, igiye gusohoka nyuma y’imyaka myinshi akomeje kwagura umuziki we

Nyuma yo gukora amateka kuri “Ku Gasima”, Bushali yongeye guteguza indi EP “Shidomno” iri gutegerezanyijwe amatsiko n’abakunzi ba Kinyatrap
