Bushali yasinyishije Kankadem, umuraperi bakorana muri MTN Iwacu Muzika Festival

Imyidagaduro - 03/07/2026 8:39 AM
Share:

Umwanditsi:

Bushali yasinyishije Kankadem, umuraperi bakorana muri MTN Iwacu Muzika Festival

Umuraperi Hagenimana Jean Paul wamamaye nka Bushali yatangaje ko yamaze gusinyisha mugenzi we Kankadem mu muryango wa Kinyatrap Family, mu rwego rwo gukomeza kuzamura impano nshya muri iyi njyana yashinze imizi mu muziki nyarwanda.

Aya makuru Bushali yayatangaje kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Nyakanga 2026, abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram, aho yishimiye kwakira Kankadem nk'umuhanzi mushya winjiye muri Kinyatrap Family.

Mu butumwa bwe, Bushali yavuze ko Kankadem ari umuhanzi uzanye uburyo bushya bwo gukora umuziki ariko agakomera ku murongo wa Kinyatrap, ashimangira ko abagize uyu muryango bose biteguye kumushyigikira kugira ngo agere kure.

Yasabye abakunzi b'umuziki kumushyigikira bumva ibikorwa bye, bakabisangiza abandi ndetse bakamuba hafi muri uru rugendo rushya atangiye.

Iri tangazo rije rikurikira igihe kitari gito Kankadem amaze agaragara ari kumwe na Bushali mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival biri kuzenguruka igihugu.

Uyu muraperi ni we umaze iminsi uherekeza Bushali ku rubyiniro, aho bafatanyiriza kuririmba zimwe mu ndirimbo zakunzwe za Bushali.

Mu bitaramo bamaze gukorera hamwe, Kankadem yagaragaje ubuhanga mu kuririmba no kugendana n'ikirere cy'abafana, ibintu byatumye benshi batangira kumwitegereza nk'umwe mu bahanzi bafite ejo hazaza heza.

Abakurikiranira hafi umuziki wa Kinyatrap batangiye kumumenya cyane kuva mu gitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival cyabereye i Huye ku wa 13 Kamena 2026.

Icyo gihe Bushali yabwiye InyaRwanda ko yahisemo kujyana na Kankadem muri uru rugendo rw'ibitaramo kuko yabonye afite impano ikomeye ikwiye guhabwa amahirwe no gushyigikirwa.

Mu gihe atangiye uru rugendo rushya muri Kinyatrap Family, Kankadem yanamaze gushyira hanze amashusho y'indirimbo ye nshya yise "Moto Ya Benga". Yanakoranye na Bushali indirimbo bise "Buguma", na yo yamaze gusohoka.

Kinyatrap ni yo njyana yahinduye isura ya Hip Hop nyarwanda

Kinyatrap ni injyana yavutse mu Rwanda nk'ishami rya Hip Hop rishingiye cyane ku njyana ya Trap, ariko igashyirwa mu rurimi rw'Ikinyarwanda no mu muco w'Abanyarwanda.

Yatangiye kwamamara cyane hagati ya 2018 na 2019, izana uburyo bushya bwo gukora umuziki bwashimangiye imvugo zikoreshwa n'urubyiruko, ubuzima bwa buri munsi ndetse n'amagambo akunze kumvikana mu mihanda no mu mijyi.

Si mu muziki gusa Kinyatrap yigaragaje, kuko yanazanye umwihariko mu myambarire, imisatsi n'imbyino bikunze kuranga abayikora n'abayikunda, bituma iba umuco wihariye mu rubyiruko.

Bushali afatwa nk'umwe mu bantu bagize uruhare runini mu kuzamura no kwamamaza iyi njyana, binyuze mu ndirimbo zirimo "Kinyatrap" ndetse na album ye "Nyiramubande", ibikorwa byamuhesheje kuba benshi bamwita umwami wa Kinyatrap.

Gusinyisha Kankadem bishimangira icyerekezo Bushali amaze imyaka agaragaza cyo kubaka no guteza imbere impano nshya, no gukomeza kwagura umuryango wa Kinyatrap Family kugira ngo iyi njyana ikomeze kugira uruhare rukomeye mu muziki nyarwanda.


Bushali yatangaje ko yakiriye Kankadem mu muryango w’abakora Kinyatrap, injyana yahinduye isura y'umuziki nyarwanda

Bushali ari kumwe na Kankadem mu gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival cyabereye i Ngoma, ku wa 27 Kamena 2026


Bushali yasobanuye ko Kankadem ari umuraperi utanga icyizere, kandi ukwiriye gushyigikirwa


KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO YA KANKADEM



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...