Bus nshya ya APR FC yaguzwe angahe?

Imikino - 10/01/2026 12:57 PM
Share:

Umwanditsi:

Bus nshya ya APR FC  yaguzwe angahe?

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa, yatangaje ko imodoka y’iyi kipe nshya ihagaze arenga Miliyoni 300 z’Amanyarwanda.

Ni kenshi cyane hagiye havugwa ko ikipe y’Ingabo z’igihugu ishaka kugura imodoka yayo nshya itwara abakinnyi ndetse n’ubuyobozi bwayo bukavuga ko yatumijwe. Kuri ubu iyi modoka yageze mu Rwanda, ikaba yashyizweho ibirango bya APR FC ndetse ni nayo abakinnyi b'iyi kipe bari bugendemo bajya ku mukino ifitanye na Rayon Sports.

Ni umukino wa Super Cup ya 2025 ukinwa kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Mutarama 2026 saa Kumi n'Ebyiri n’iminota 30 muri Stade Amahoro. Ubwo APR FC yatangazaga ko iyi Bus ariyo iri bugendemo binyuze ku mbuga nkoranyambaga, yanditse iti: ”Uyu munsi, bisi yacu nshya niyo iyoboye inzira igana ku mukino wa nyuma wa Super Cup.

Tugenda nk’ikipe y’ubushongore n’ubukaka tukahagera nk’abatsinzi. Uru si urugendo gusa, ni ubutumwa”.

Nyuma y’ibi , Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yabwiye InyaRwanda ko iyi modoka ihagaze arenga Miliyoni 300 Frw. Ati: ”Ihagaze arenga Miliyoni 300 Frw”.

Ku bijyanye no kuba uyu munsi ari bwo bahisemo kuyigendamo yagize ati: "Niba warebye neza ibyo kuyishyiraho ibirango ntabwo birarangira turacyarimo turayitunganya. Ntabwo ari ukuvuga ngo twahisemo kuyigendamo uyu munsi, ni uko yari ihari kandi nyine ibyo kuyitunganya byinshi bikaba byararangiye nubwo hari ibitarajyaho”.

Chairman wa APR FC yavuze ko iyi modoka yaguzwe arenga Miliyoni 300 Frw

Abakinnyi ba APR FC bari bugende muri iyi modoka bajya ku mukino bafitanye na Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...