Burna Boy yatangaje ko yahindutse icyaremwe gishya

Imyidagaduro - 23/05/2025 8:18 AM
Share:

Umwanditsi:

Burna Boy yatangaje ko yahindutse icyaremwe gishya

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria w’imyaka 33 wahawe igihembo cya Grammy, Damini Ogulu uzwi cyane ku izina rya Burna Boy, yatangaje ko Burna Boy wa kera atakiriho, avuga ko “African Giant Burna Boy yapfuye.”

Mu butumwa yashyize kuri konti ya Instagram agaruka kuri album ye nshya yise 'No Sign Of Weakness,' Burna Boy yavuze ko abantu be, cyane cyane Abanya-Nigeria, ari bo bishe uwo yari we wa kera, bityo havuka undi mushya yise 'Big 7' usigaye umurengera.

Yagize ati: “‘African Giant’ Burna Boy yarapfuye. Abantu be baramwishe. Hanyuma havuka ‘Big 7’ ngo arengere ibisigaye kuri Burna Boy.”

Yakomeje avuga ko Burna Boy wa kera na Big 7 bajya bahangana kenshi, kuko nubwo Big 7 ashaka kurengera igice kimwe cy’umutima we washegeshwe, Burna Boy wa kera agikomeza kumukurikirana nk’igitutu cy’ahahise.

Ati: “Burna Boy na Big 7 bahora barwana, kuko nubwo Big 7 arengera igice cyonyine cy’umutima wanjye wasigaye, ‘African Giant’ aracyambabaza.”

Burna Boy azwi cyane mu ndirimbo zakunzwe n’Isi yose nka “Ye”, “On the Low”, “Last Last”, “For My Hand” yakoranye na Ed Sheeran n’izindi zitandukanye zamuhesheje igikundiro n’ibihembo bikomeye.

Burna Boy avuga uko uwo yari ari we kera atari we ukiriho uyu munsi kuko abantu be bamwishe hakavuka umushya


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...