Ni
album ya munani kuri uyu muhanzi ukomeje kwandika amateka mu njyana ya
Afrobeats, kandi kuri iyi nshuro yahuje imbaraga n’abahanzi bakomeye bo ku isi
barimo Travis Scott, Mick Jagger, Stromae ndetse na Shaboozey.
Burna
Boy yashyize hanze urutonde rw’indirimbo 16 zigize iyi album ku rukuta rwe rwa
Instagram, aho yanagaragaje ifoto y’iyi album imwerekana yicaye mu cyumba
kimeze nk’ibiro, yitegereza ishusho ye.
Indirimbo
ziri kuri iyi album zirimo: No Panic, No Sign Of Weakness, Buy You Life, Love,
TaTaTa (afatanije na Travis Scott), Come Gimme, Dem Dey, Sweet Love, 28 Grams,
Kabiyesi, Empty Chairs (ari kumwe na Mick Jagger), Update, Pardon (afatanije na
Stromae), Bundle By Bundle, Change Your Mind (ari kumwe na Shaboozey), na Born
Winner.
Mu
baririmbyi baturutse hirya no hino ku isi bagaragaye kuri iyi album, Stromae ni
umwe mu batunguranye. Uyu muhanzi ufite inkomoko mu Rwanda, azumvikanamo ku
ndirimbo yitwa “Pardon”.
Ni
ubufatanye bushimishije cyane ku bakunzi b’umuziki wa Stromae, uzwi cyane mu
ndirimbo nka Alors on danse yo mu 2010 na Papaoutai yo mu 2013.
Stromae,
amazina ye nyakuri ni Paul Van Haver, yavukiye i Bruxelles mu Bubiligi, kuri
Pierre Rutare, Umunyarwanda wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, na
Miranda Marie Van Haver, Umubiligikazi.
Uretse
kuba azwi ku rwego mpuzamahanga, Stromae afitanye n’umubano n’u Rwanda kuko
umuvandimwe we kuri se, Cyusa Ibrahim, aba mu Rwanda ndetse na we akaba ari
umuhanzi.
Kugaragara
kuri iyi album ya Burna Boy biragaragaza ukuntu Stromae akomeje kwagura ibikorwa
bye mu muziki, yongera guhura n’inkoramutima z’inkomoko ye yo muri Afurika.
Burna
Boy yatumiye kandi ibindi byamamare birimo Mick Jagger, umuyobozi w’itsinda
ryamamaye mu njyana ya Rock, The Rolling Stones, aho azumvikana ku ndirimbo
“Empty Chairs”.
Hari
kandi Travis Scott ku ndirimbo “TaTaTa”, imaze iminsi hanze ndetse ikaba
yarakiriwe neza, n’umuhanzi Shaboozey w’Umunyamerika ufite inkomoko muri
Nigeria, uzumvikana ku ndirimbo “Change Your Mind”.
Mu
rwego rwo kwamamaza iyi album, Burna Boy yatangaje ko azahita atangira “North
American Tour”, urugendo ruzamujyana mu mijyi itandukanye ya Amerika mu rwego
rwo kugeza ubu butumwa bushya ku bafana be.
“No
Sign of Weakness” ni album Burna Boy ahishuramo urugendo rushya rw’ubuzima bwe,
ibitekerezo bye byimbitse n’imbaraga ashyira mu muziki.
Ubufatanye
na Stromae burushaho gutuma iyi album igira igicumbi cy’ubufatanye bw’imico
itandukanye, kandi buhuza Afurika n’Isi yose mu ndirimbo imwe.
Mu
gihe hasigaye icyumweru kimwe gusa ngo iyi album isohoke, abafana b’umuziki
bari mu myiteguro yo kwakira icyiciro gishya cy’umuhanzi wiyita “African
Giant”, ukomeje gutambutsa ubutumwa bwimbitse yifashishije injyana ya
Afrobeats, none ubu akarushaho no kwambuka imipaka.
Burna
Boy yagaragaje ko Album ye izaba iriho indirimbo 16 zirimo izo yakoranyeho n’abahanzi
banyuranye
Stromae,
umuririmbyi w’umubiligi ufite inkomoko mu Rwanda azumvikana mu ndirimbo ‘Pardon’
yakoranye na Burna Boy
Urutonde
rw’indirimbo 16 Burna Boy yari amaze imyaka irenga ibiri akoraho kuri Album ye
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'FILS DE JOIE' YA STROMAE
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'DON'T LET ME DOWN' YA BURNA BOY