Burna Boy yaciye agahigo ko kuba uwa mbere muri Afurika ufite indirimbo nyinshi kuri Billboard Hot 100

Imyidagaduro - 23/06/2026 4:59 PM
Share:

Umwanditsi:

Burna Boy yaciye agahigo ko kuba uwa mbere muri Afurika ufite indirimbo nyinshi kuri Billboard Hot 100

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria, Damini Ogulu uzwi cyane nka Burna Boy, yongeye kwandika amateka mu muziki wa Afurika nyuma yo kuba umuhanzi wa mbere wo kuri uyu mugabane ufite indirimbo nyinshi zinjiye ku rutonde rwa Billboard Hot 100 rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Burna Boy wari usanzwe ahanganye n’umuhanzi mugenzi we wo muri Nigeria, Tems, aho bombi bari bafite indirimbo umunani (8) zari zarageze kuri uru rutonde, ubu yamusize nyuma yo kongeraho indi ndirimbo yinjiyemo muri iki cyumweru.

Ibi byatewe n’indirimbo ‘Dai Dai’ yakoranye n’umuhanzikazi w’icyamamare ukomoka muri Colombia, Shakira, ndetse ikaba ari imwe mu ndirimbo zifitanye isano n’Igikombe cy’Isi cy’umupira w’amaguru kiri kuba muri uyu mwaka.

‘Dai Dai’ yinjiye bwa mbere kuri Billboard Hot 100 ifata umwanya wa 75, bituma Burna Boy ageza ku ndirimbo icyenda (9) zose zimaze kugera kuri uru rutonde, ahita aba umuhanzi wa Afurika uyoboye abandi bose muri aya mateka.

Iyi ndirimbo yongeye gukundwa cyane nyuma y’uko Burna Boy na Shakira bayiririmbye mu birori byo gufungura Igikombe cy’Isi, ibintu byayihesheje umubare munini w’abayumvise ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki.

Si ako gahigo gusa Burna Boy yanditse, kuko yanabaye umuhanzi wa mbere wo muri Afurika ushoboye kugira nibura indirimbo imwe igera kuri Billboard Hot 100 buri mwaka mu myaka itandatu ikurikirana.

Mu ndirimbo za Burna Boy zimaze kugera kuri Billboard Hot 100 harimo ‘Loved By You’ (2021), ‘Last Last’ (2022), ‘Sittin’ On Top Of The World’ na ‘Talibans II’ (2023), ‘Just Like Me’ na ‘We Pray’ (2024), ‘WGFT’ (2025), ndetse na ‘Only You’ na ‘Dai Dai’ zinjiye kuri uru rutonde mu mwaka wa 2026.

Aya mateka akomeje kwerekana uburyo Burna Boy ari umwe mu bahanzi ba Afurika bafite ijambo rikomeye ku isoko mpuzamahanga ry’umuziki, ndetse n’uruhare rwe mu gukomeza kuzamura izina ry’umuziki nyafurika ku rwego rw’Isi.

Burna Boy yabaye umuhanzi wa mbere wo muri Afurika ufite indirimbo nyinshi ku rutonde rwa Billboard Hot 100


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...