Burkina Faso yinjije arenga Miliyari $6 avuye muri zahabu mu mezi atandatu ya mbere ya 2026

Ubukungu - 27/07/2026 9:03 AM
Share:

Umwanditsi:

Burkina Faso yinjije arenga Miliyari $6 avuye muri zahabu mu mezi atandatu ya mbere ya 2026

Burkina Faso yinjije arenga miliyari 6 z'Amadolari ya Amerika binyuze mu bucuruzi bwemewe bwa zahabu mu mezi atandatu ya mbere ya 2026, mu gihe ubutegetsi bwa gisirikare bukomeje gushyira imbaraga mu kuvugurura urwego rw'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro no gukaza igenzura rya Leta ku mutungo kamere.

Aya makuru yatangarijwe mu isuzuma ry'amezi atandatu ry'amasezerano y'imihigo ya Minisitiri w'Ingufu, Amabuye y'Agaciro na Kariyeri, Yacouba Zabré Gouba, aho hagaragajwe ko ibikorwa byari biteganyijwe byari bimaze kugerwaho ku kigero cya 61.7% kugeza ku wa 30 Kamena 2026.

Mu mibare yatangajwe, ibirombe binini by'inganda byacukuye toni 26 za zahabu, mu gihe Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kugura no gucunga amabuye y'agaciro (SONASP) cyaguze toni 29 za zahabu zaturutse mu bucukuzi bw'abaturage n'ubukorwa hakoreshejwe imashini nto.

Ibi byatumye igihugu cyandika toni zirenga 55 za zahabu zaciye mu nzira zemewe n'amategeko mu gice cya mbere cy'umwaka.

Hashingiwe ku giciro cya zahabu ku isoko mpuzamahanga, aho ounce imwe yari iri kugura hafi $3,400, iyo zahabu yose ifite agaciro kagera kuri miliyari 6 z'Amadolari, bikagaragaza uruhare rukomeye Burkina Faso ikomeje kugira ku isoko mpuzamahanga rya zahabu.

Guverinoma ivuga ko imwe mu ntego nyamukuru ari ukwinjiza zahabu icukurwa n'abaturage mu buryo bwemewe n'amategeko kugira ngo irusheho gukurikiranwa, hagabanywe ubucuruzi bwa magendu ndetse Leta ibone inyungu nyinshi zivuye muri uwo mutungo.

Mu gihe ibigo bikomeye by'ubucukuzi bitanga umusaruro wabyo mu buryo butaziguye, SONASP yo igura zahabu icukurwa n'abaturage n'abakoresha imashini nto, bikafasha Leta kumenya inkomoko yayo, kongera ububiko bw'igihugu no kwinjiza amafaranga menshi ava muri uwo mutungo.

Inkuru dukesha ikinyamakuru Business Insider Africa ivuga ko, muri gahunda nshya yo kuvugurura amategeko agenga ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro, Leta yatangaje ko hashyizweho amakoperative icyenda ahuza abacukuzi b'amabuye y'agaciro, ndetse hanagenwa inzira enye z'ubucukuzi zigamije gutuma ubucukuzi bukorwa n'abaturage n'ubukorwa n'inganda bitabangamirana.

Abayobozi bavuga kandi ko bakomeje ibikorwa byo kugenzura, gupima, gupfunyika no kubika zahabu, mu rwego rwo kongera ubunyangamugayo no gukaza urugamba rwo kurwanya ubucuruzi bwa magendu.

Hari kandi gukorwa ubushakashatsi bwimbitse ku mutungo kamere w'igihugu no guteza imbere imishinga icungwa na SOPAMIB, ikigo cya Leta gishinzwe kugira uruhare runini mu ishoramari ry'amabuye y'agaciro. Uretse urwego rw'ubucukuzi, Guverinoma ya Burkina Faso yatangaje ko yakomeje gushora imari no mu rwego rw'ingufu.

Mu mezi atandatu ya mbere ya 2026, huzuye ingomero z’amashanyarazi enye, zitanga megawati 126.4. Hanuzuye kandi uruganda rw'amashanyarazi akomoka ku mirasire y'izuba rwa Zagtouli rufite ubushobozi bwa megawati 17, mu gihe ibikorwa byo kubaka amashanyarazi ya Komsilga na Donsin biri hafi kurangira.

Guverinoma ivuga ko izi gahunda zigamije kongera ubwigenge bw'igihugu mu bukungu, binyuze mu guteza imbere urwego rw'ingufu n'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro, nubwo igihugu kigikomeje guhura n'ibibazo by'umutekano mu karere ka Sahel.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...