Bull Dogg na Riderman bagiye gusohora indi Album bakoranye –VIDEO

Imyidagaduro - 23/12/2025 6:21 AM
Share:

Umwanditsi:

Bull Dogg na Riderman bagiye gusohora indi Album bakoranye –VIDEO

Abaraperi bakomeye mu Rwanda, Gatsinzi Emery uzwi nka Riderman na Ndayishimiye Mark Bertrand wamamaye nka Bull Dogg, batangaje ko mu mwaka wa 2026 bazashyira hanze Album ya kabiri bakoranye, izanaherekezwa n’igitaramo gikomeye cyo kuyimurika.

Aba bombi babitangaje mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Ukuboza 2025, kibanze ku myiteguro y’igitaramo “Icyumba cya Rap” giteganyijwe ku wa Gatanu tariki ya 26 Ukuboza 2025.

Bemeje ko nyuma ya Album yabo ya mbere “Icyumba cy’Amategeko” yakunzwe cyane, bahisemo kongera guhuriza hamwe imbaraga bakayikurikiza indi nshya.

Bull Dogg yatangaje ko igitekerezo cyo gukora Album ya kabiri cyari gisanzwe gihari, ariko kikaba kitarashyirwa mu bikorwa kubera kubura umwanya uhagije.

Ati “Igihe dukora ‘Icyumba cy’Amategeko’ twari twavuze ko hazakurikiraho iya kabiri. Twari twifuje kuyikora uyu mwaka, ariko kubera akazi kenshi n’izindi gahunda, ntibyashobotse. Ariko njye na Riderman twakomeje kuganira, twibaza tuti ‘ese kuki tutayikora kandi iya mbere yaragenze neza?’ Twiyemeje rero ko bitarenze umwaka utaha igomba gusohoka.”

Yakomeje ashimangira ko abaraperi bari mu myiteguro ikomeye yo gukora cyane, ku buryo 2026 azaba umwaka wa Hip Hop mu Rwanda.

Riderman na we yemeje aya makuru, avuga ko bamaze kumvikana ko mu ntangiriro z’umwaka utaha bazahita basubira muri 'studio' kugira ngo bahuze imbaraga kuri iyi Album.

Ati: “Iyo Album twayikoze tuzi neza ko igomba gukurikirwa n’indi [Aravuga ‘Icyumba cy’amategeko’]. Ni byo uyu mwaka umwanya watubanye muto, ariko mu ntangiriro za 2026 tugomba gusubira muri ‘studio’, tukayitunganya, tukayisohora kandi tunategure igitaramo cyo kuyimurika.”

Byitezwe ko Riderman na Bull Dogg bazongera kugaragaza ubufatanye bwabo bukomeye bwakomeje guhuza abakunzi ba Hip Hop nyarwanda.

Hagati aho, aba baraperi bazabanza guhurira na bagenzi babo mu gitaramo “Icyumba cya Rap”, kizabera muri Zaria Court ku wa Gatanu tariki ya 26 Ukuboza 2025.

Abategerejwe muri iki gitaramo barimo Riderman, Bull Dogg, Fireman, Green P, P Fla, Danny Nanone, Logan Joe, Bruce The 1st, Young Grace, Fifi Raya na Jay C.

Iki gitaramo cyitezweho gukomeza kwerekana imbaraga n’icyerekezo Hip Hop nyarwanda iganamo, mbere y’uko Riderman na Bull Dogg batangira urugendo rushya rwa Album yabo ya kabiri.

Ku rwego mpuzamahanga, ubufatanye bw’abaraperi mu gukora album zihuriweho bwagiye buba imwe mu nzira zikomeye zo kuzamura Hip Hop, aho usanga izo album zikundwa cyane zigaherekezwa n’ingendo z’ibitaramo byo kuzimurika (tours) byitabirwa n’abantu benshi.

Jay-Z na Kanye West bakoze album Watch the Throne mu 2011, yabaye imwe mu zasamiwe hejuru mu mateka ya Hip Hop. Iyi album yahise ikurikirwa n’urugendo rw’ibitaramo ruzenguruka Amerika n’i Burayi, aho buzuje stade n’inzu z’ibitaramo, bigaragaza imbaraga z’aba baraperi bombi ku rwego mpuzamahanga.

Drake na Future na bo bakoze album What a Time to Be Alive mu 2015, yakiriwe neza cyane n’abakunzi ba Hip Hop. Nyuma yo kuyisohora, aba bombi bagiye mu gitaramo cyiswe Summer Sixteen Tour, cyabaye kimwe mu byitabiriwe cyane muri Amerika icyo gihe.

Kid Cudi na Kanye West, bakoresha izina rya Kids See Ghosts, bakoze album ifite izina rimwe mu 2018. Nubwo itamaze igihe kinini mu bitaramo byinshi, iyi album yagaragaje uburyo ubufatanye bushobora kuvamo umwimerere mushya mu muziki wa rap no mu myumvire y’abawumva.

Run The Jewels, igizwe na Killer Mike na El-P, ni urugero rudasanzwe rw’abaraperi bahisemo gukomeza gukora album zihuriweho kuva mu 2013.

Album zabo zagiye zikurikirwa n’ingendo ndende z’ibitaramo hirya no hino ku Isi, bituma Run The Jewels iba imwe mu matsinda akomeye ya rap yo muri iki gihe.

Hari kandi Bad Meets Evil ya Eminem na Royce da 5’9”, bakoze album Hell: The Sequel, yakunzwe cyane n’abakunzi ba rap ikomeye (hardcore rap), ikanabahesha amahirwe yo kongera guhurira ku rubyiniro mu bitaramo bitandukanye.

Izi ngero zigaragaza ko iyo abaraperi bahuje imbaraga, bakora album zihuriweho kandi bakazimurikira mu bitaramo, Hip Hop irushaho kwaguka no kugera ku rwego rwo hejuru, haba mu bucuruzi no mu muco wayo.

Ibi ni na byo bituma ubu bufatanye bukomeza gufatwa nk’imwe mu nkingi zikomeye z’iterambere rya rap ku Isi.

Bull Dogg na Riderman bemeje ko nyuma y’intsinzi ya “Icyumba cy’Amategeko”, bagiye kongera guhuriza imbaraga kuri Album ya kabiri iteganyijwe mu 2026, izanaherekezwa n’igitaramo gikomeye

 

Mu 2026, Riderman azaba yizihiza imyaka 20 mu muziki, ni mu gihe Bull Dogg azaba yizihiza imyaka 16 mu muziki

BULL DOGG YASHIMANGIYE KO ADAKENEYE GUKORANA N'ABAHANZI BO MU MAHANGA

KANDA HANO UREBE P-FLA AVUGA UBURYO YABABAJWE NO KUBA IFOTO YE ITAMINITSE MURI BK ARENA

RIDERMAN YASUBIJE UKO UMWAKA WA 2025 WAMUGENDEKEYE MU BIKORWA BYE BY'UMUZIKI

KANDA HANO UREBE BULL DOGG AVUGA KU MUSHINGA WA ALBUM YA TUFF GANG



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...