Bugesera: Marchal Real Estate yashyikirije umukiriya inzu ya miliyoni 30 Frw yamwubakiye- AMAFOTO

Ubukungu - 03/09/2025 5:58 PM
Share:

Umwanditsi:

Bugesera: Marchal Real Estate yashyikirije umukiriya inzu ya miliyoni 30 Frw yamwubakiye- AMAFOTO

Sosiyete icuruza ibibanza n’amazu, Marchal Real Estate, yashyikirije Rwibutso Virgile inzu nshya ifite agaciro ka miliyoni 30 Frw, yamwubakiye mu mezi arindwi, mu Karere ka Bugesera ho mu Burasirazuba bw’u Rwanda.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Nzeri 2025, mu Mudugudu wa Rwakaramira, Akagari ka Kibenga, Umurenge wa Mayange, aho iyi sosiyete ifite umushinga wayo w’amazu witwa “Lake View Estate” kubera ko uteganya n’ikiyaga cya Cyohoha.

Iyi nzu iri ku buso bwa 360m², ifite ibyumba bine, douche na toilette ebyiri, salon, salle à manger, igikoni, ndetse n’inyubako ebyiri zo hanze (annex). Ifite kandi umwanya ushobora guparikamo imodoka ebyiri.

Rwibutso Virgile wayiguze asanzwe abarizwa muri Israel. Kubera ko atari mu Rwanda, inzu yashyikirijwe umuvandimwe we Nsanzimana Leo Placide, wahamije ko anyuzwe n’uburyo yubatswe.

Yabwiye InyaRwanda ati: “Nishimiye ko Marchal Real Estate yubahirije ibyo twemeranyije. Inzu yubatswe neza, nta gusondeka kwabayeho. Iri mu ishusho twifuzaga, kandi nakangurira n’abandi gukorana na bo kuko nta mpungenge bikwiye gutera.”

Umukozi wa Marchal Real Estate ushinzwe ibibanza n’amazu ahendutse, Emmanuel Ujekuvuka [Marchal Ujeku], yavuze ko iyi ari intambwe ikomeye mu gutanga serivisi ku banyarwanda bifuza amazu meza kandi ahendutse.

Ati: “Uyu munsi turishimye kuba dushyikirije umukiriya wacu inzu ya mbere muri ‘Lake View Estate’, umudugudu wubatswe ku buryo ugaragarira neza ikiyaga cya Cyohoha. Nyuma ya ‘Phase 1’, twiteguye no gutangira ‘Phase 2’ izubakwa hafi aho.”

Marchal yavuze ko inzu yubatswe mu mezi arindwi bitewe n’inyongera umukiriya yasabye, ariko ubusanzwe baba bihaye intego yo kurangiza inzu mu mezi atanu.

Yongeyeho ko uyu mukiriya yabaye uwa mbere mu baguze amazu yo muri iyi gahunda, ndetse amazu yose yo muri Phase 1 yamaze kugurwa.

Ati: “Ibi bikorwa tubimurika ku mugaragaro kugira ngo n’abandi banyarwanda bamenye ko bishoboka kubona inzu nziza kandi ku giciro gito. Umwihariko wacu ni ugutanga inzu n’ikibanza cyayo, nyirayo akazagira uburenganzira bwo kuyivugurura uko abyifuza.”

Iyi sosiyete ivuga ko intego yayo ari ugufasha umunyarwanda wese kubona aho atura hadahenze, ndetse n’abafite ubushobozi buke bakabona uburyo bwo kubaka cyangwa kugura ikibanza.


Sosiyete icuruza ibibanza n’amazu, Marchal Real Estate yashyikirije Rwibutso Virgile inzu nshya ifite agaciro ka miliyoni 30 Frw


Nsanzimana Leo Placide wari uhagarariye Rwibutso Virgile yishimira uko inzu yubatswe

Abitabiriye umuhango wo kumurika no gushyikiriza inzu ya mbere yubatswe muri uyu mushinga, barimo umunyamakuru Niyitegeka Jules William ‘Chita’ usanzwe ari ‘Brand Ambassador’ wa Marchal Real Estate

Inzu iherereye mu Mudugudu wa Rwakaramira, Mayange, ahazwi nka ‘Lake View Estate’ bitewe n’uko hubatswe hareba ku kiyaga cya Cyohoha


Marchal Ujeku agaragaza ko nyuma y’iyi nzu ya mbere muri Bugesera, hagiye gukurikiraho n’izindi muri ‘Phase 2’ 

Marchal Ujeku asobanura ko umwihariko wa Marchal Real Estate ari ugutanga amazu n’ibibanza ku giciro gito kandi by’umwimerere


Ibigega by’amazi byubatswe hafi y’inzu bigamije gufasha mu kubika amazi yo kuyifashisha mu buzima bwa buri munsi


Inzu yubatswe ahagezemo amashanyarazi n’ibindi bikorwaremezo byorohereza abayituyemo


Annex ebyiri zubatswe hanze y’inzu zitezweho korohereza imiryango izayituramo 

Igipangu cy’inzu cyubatse mu buryo butekanye kandi giteye neza


Marchal Ujeku yashyikirije icyangombwa cy'inzu umukiriya nyuma y'amezi arindwi yari ashize bayubaka

Kanda hano urebe Amafoto menshi yaranze iki gikorwa

AMAFOTO: Dox Visual- InyaRwanda.com


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...