Bruce Melodie yavuze ku gitaramo cye muri Sitade Amahoro akomoza ku bamotari bari mu cyo yakoreye muri BK Arena

Imyidagaduro - 09/09/2025 6:00 AM
Share:

Umwanditsi:

Bruce Melodie yavuze ku gitaramo cye muri Sitade Amahoro akomoza ku bamotari bari mu cyo yakoreye muri BK Arena

Nyuma y’iminsi bihwihwiswa ko Bruce Melodie ashobora gutaramira mu Amahoro Stadium, yavuze ko ari ibyo bamutsindagiraho ndetse anashyira umucyo ku myinjirire y’abamotari mu gitaramo yakoreye muri BK Arena.

Tariki 6 Ugushyingo 2021 ni bwo Bruce Melodie yakoze igitaramo cy’amateka kuri we aho yizihije imyaka 10 ari muri muzika. Ni igitaramo cy'imbaturamugabo cyabereye mu nyubako isanzwe iberamo imyidagaduro ya BK Arena iherereye i Remera.

Abahanzi bari batumiwe muri iki gitaramo barimo Alyn Sano, Papa Cyangwe, Bulldogg, Mike Kayihura, Itorero Inganzo Ngari, Christopher, Niyo Bosco na Riderman.

Muri iki gitaramo, hinjiyemo abamotari batari bacye bari bambaye impuzankano zabo byatumye benshi bavuga ko Bruce Melodie yaba yisunze abamotari kugira ngo yuzuye iyi nyubako ituzuzwa na buri wese.

Ubwo yari mu kiganiro Sunday Choice Live, Bruce Melodie yavuze ko abamotari binjiye mu gitaramo cye bari bishyuriwe n’umujyi wa Kigali mu rwego rwo kubashimira akazi bakora mu mujyi.

Yagize ati “Abamotari nabahawe n’umujyi wa Kigali kandi bari bishyuriwe. Bari abantu nk’abandi ni uko wenda bari bambaye impuzankano zabo.”

Bruce Melodie yavuze kandi ku gitaramo avugwamo muri Sitade Amahoro yemeza ko ari ahantu heza hateye ishema gukorera ariko atabifite muri gahunda ahubwo ari ibintu itangazamakuru rimutsindagiraho.

Yagize ati “Muragerageza mukabinsindagira gusa uyu mwaka mbaye nagikora ntabwo naba ngeze iki gihe ntari nabitangaza. Ntabwo ari umushinga mfite ni ibyo abantu bavuga ntabwo ari ibintu napanze kuko hari ibyo nange ndimo bikaba binatwara akagufu.”

Akomeza agira ati “Birashoboka cyane gukorera igitaramo muri Sitade Amahoro cyane ko ari ni iyacu. Dufite abantu benshi batabona ubushobozi bwo kwishyura biriya bitaramo bihenze.”

Mu butumwa aheruka gushyira ku rubuga rwa Instagram ahashyirwa ubutumwa bumara amasaha 24 mu mezi macye atambutse, Melodie yanditse ati “Tekereza iyi Stade Amahoro nziza cyane, yuzuye abantu. Igitaramo amatike yashize mbere. Amena.”

Bruce Melodie yavuze ko nta gahunda yo gutaramira muri Sitade Amahoro kereka abayimutsindira

Mu mwaka wa 2021, Bruce Melodie yakoze igitaramo cyo kwizihiza imyaka 10 mu muziki icyo gihe akaba aribwo abamotari binjiye ku bwinshi mu gitaramo cye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...