Bruce Melodie yatangiye ingendo mu bihugu birimo Kenya n’u Bwongereza

Imyidagaduro - 23/01/2026 6:38 AM
Share:

Umwanditsi:

Bruce Melodie yatangiye ingendo mu bihugu birimo Kenya n’u Bwongereza

Umuririmbyi Itahiwacu Bruce wamamaye ku izina rya Bruce Melodie, yatangiye urugendo rurerure rwo kwamamaza mu itangazamakuru indirimbo ye nshya ‘Pom Pom’, yakoranye n’icyamamare Diamond Platnumz wo muri Tanzania na Joel Brown wo muri Nigeria.

Uyu muhanzi, wakuriye i Kanombe nk’uko abyivugira mu ndirimbo ze, yahagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, yerekeza muri Kenya, ari kumwe n’itsinda rya 1:55 AM, sosiyete imufasha mu bikorwa bye by’umuziki.

Ni urugendo rwiswe 'Media Tour', rugamije kumenyekanisha indirimbo ‘Pom Pom’ mu bitangazamakuru bitandukanye, aho rwatangiriye mu gihugu cya Kenya, rukazakomereza muri Uganda, Tanzania, u Bwongereza, u Bubiligi n’ahandi hatandukanye. Biteganyijwe ko Bruce Melodie azataramira mu Bubiligi tariki ya 7 Werurwe 2026.

Mbere yo kwerekeza mu Mujyi wa Nairobi, Bruce Melodie yavuze ko umushinga wa ‘Pom Pom’ ari munini cyane, ari na yo mpamvu bafashe umwanya wo kuwutegura neza mbere yo gutangira ingendo zo kuwumenyekanisha.

Ati: “Umushinga w’indirimbo ‘Pom Pom’ ni munini cyane. Twari turi mu bindi bintu dushaka ibizakurikiraho n’ibizatuma bigenda neza. Ni yo mpamvu twari tutaratangira 'Media Tour', ariko ubu twayitangiye ku mugaragaro. Tuzakomereza muri Tanzania, Uganda, mu Burayi n’ahandi hose.”

Uyu muhanzi yanatangaje ko nyuma ya ‘Pom Pom’ hari indi ndirimbo yamaze gutunganywa, ateganya gushyira hanze mu minsi iri imbere. Ati: “Mwa bantu mbafitiye indirimbo, ku buryo nanjye rimwe na rimwe numva ngize akantu k'ubwoba.”

Bruce Melodie yavuze ko gutangira iyi ‘Media Tour’ biri mu rwego rwo gukomeza kwagura izina rye no kumenyekanisha indirimbo ‘Pom Pom’ cyane cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Yanagarutse no ku bitaramo ateganya gukorana na The Ben bizazenguruka igihugu cy’u Rwanda, avuga ko byaganiriweho ku mpande zombi kandi byamaze kwemeranywaho.

 

Bruce Melodie yatangiye ingendo zo kwamamaza indirimbo ‘Pom Pom’ mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba no mu Burayi, ahereye muri Kenya, mu rugendo rugamije gukomeza kumenyekanisha umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga

 

Bruce Melodie yatangiye ingendo mpuzamahanga zo guhura n’itangazamakuru, aho azanyura mu bihugu bitandukanye bya Afurika n’u Burayi, anemeza ko ateganya gusohora izindi ndirimbo nshya no gukomeza kwagura ibikorwa bye ku rwego mpuzamahanga

 

Mu gihe ari mu rugendo rwo kumenyekanisha umuziki we mu karere no hanze y’u Rwanda, Bruce Melodie yanatangaje ko ibitaramo ateganya gukorana na The Ben bizazenguruka igihugu, bikaba byitezweho kongera imbaraga ku muziki nyarwanda

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'POM POM' YA BRUCE MELODIE, DIAMOND NA JOEL BROWN


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...