Bruce Melodie yashimiye The Ben anashimangira ko yamutwaye abafana

Imyidagaduro - 05/01/2026 8:15 AM
Share:

Umwanditsi:

Bruce Melodie yashimiye The Ben anashimangira ko yamutwaye abafana

Nyuma y’uko bahuriye mu gitaramo “The NU-Year Groove”, Bruce Melodie yashimiye The Ben wamutumiye, ashimangira ko intego zabo ari ukwambutsa imipaka umuziki nyarwanda icyakora ashimangira ko yamutwaye abafana anabaha ikaze.

Ku wa 01 Mutarama 2026, ni bwo muri BK Arena habereye igitaramo cy'amateka The NU-Year Groove cyahuje abahanzi bakomeye mu Rwanda, The Ben na Bruce Melodie, kikaba cyaratanze ibyishimo bidasanzwe.

Nyuma y’iki gitaramo, Coach Gael yashimiye The Ben na Bruce Melodie ku bwo gutanga ibyishimo muri iki gitaramo, Abanyarwanda bakomeje gushyigikira umuziki nyarwanda ndetse yizeza Abanyarwanda ibitaramo byiza kuruta ibi.

Ati: “Mfashe uyu mwanya ngo nshimire Abanyarwanda bakomeje gushyigikira umuziki wacu, by'umwihariko abaje mu gitaramo 'The New Year Groove 2026'. Mwarakoze, mwaje muri benshi, ndatekereza ko ari ubwa mbere twabonye BK Arena yuzuye neza, abakunzi b'umuziki wacu, umuziki w'abana b'Abanyarwanda, ni ishema ku Rwanda, kandi bifite igisobanuro kinini ku rugendo twatangije.”

Akomeza agira ati: “Kuri Bruce Melodie na The Ben, mwarakoze gutegura ibintu byiza, mwatanze ibyishimo, mwerekana icyo ubufatanye bukora. Turizeza Abanyarwanda ko ibindi bitaramo turi kubategurira bizaba byiza kurushaho.”

Yashimangiye ko intego ari ukugeza umuziki ku rwego mpuzamahanga. Ati: “Intego yacu izakomeza kuba iyo kuzamura umuziki wacu, tukawugeza ku rwego mpuzamahanga.”

Nyuma y’aho ubwo yari mu kiganiro Sunday Choice, Bruce Melodie nawe yashimiye The Ben wamutumiye muri iki gitaramo cy’amateka. Ati: “Yarakoze cyane gutegura igitaramo, akomereze aho, akomeze gutegura n’ibindi, anashyire hanze imiziki. Ntabwo bandwanya bajenjetse.”

Bruce Melodie kandi yashimangiye ko gushyira hanze indirimbo “Pom Pom” mu gitaramo cya The Ben byayongereye umuvuduko ndetse Yemi Alade wo muri Nigeria akaba yaramusabye ko bakorana.

Kuri ubu, Pom Pom imaze kurebwa n’abarenga miliyoni ku rubuga rwa YouTube mu gihe cy’iminsi ibiri gusa.

Bruce Melodie yashimiye The Ben wamutumiye mu gitaramo The NU-Year Groove

The Ben yavuze ko ubu bufatanye bwe na Bruce Melodie bugamije kwambutsa imipaka umuziki nyarwanda

Reba indirimbo "Pom Pom" Bruce Melodie yasohoreye mu gitaramo "The NU-Year Groove Edition 2"




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...