Ibi yabigarutseho ubwo yatangaga ikiganiro ku munsi
wa kabiri w’Inama y’igihu y’Umushyikirano iri kuba ku nshuro ya 20 muri Kigali
Convention Center kuri uyu wa Gatanu tariki ya 06 Gashyantare 2026.
Bruce Melodie yahereye ku isura y’Ubuhanzi
mu Rwanda uyu munsi yerekana ko ihagaze neza.
"Kera urebye mu myaka 20 ishize ukitegereza ubuhanzi ariko
ukareba mu muziki cyane kuko ni ho mbarizwa twari inyuma cyane ni n’uruganda
rwatangiye kwiyubaka nyuma bitewe n'aho igihugu cyari kiri. Buriya habanza
kwiyubaka, kwidagadura bigakurikira. Birumvikana rero ntabwo byari byoroshye".
Uyu muhanzi ubarizwa muri Label ya 1:55AM ya Coach Gaël, yatanze urugero ko ubwo yabwiraga iwabo ko agiye kuba
umuhanzi, batabyumvaga
Ati: ”Twararwanye turahatana umuziki
turawukora, tugerageza kwereka abantu. Umuziki ni umurimo uhanga akandi kazi, abantu bagenda babisobanukirwa abafana bariyongera, nshimira n’abahanzi
babitangije, abo dukora akazi kamwe” .
Yakomeje agira ati: ”Umuziki uragenda urakora ku
buryo kugeza ubu hari uruhare rw’ubuhanzi mu byinjira mu gihugu. Ibyinjira
bisaga 5% ariko ntabwo tunyuzwe n'ibyo turi kubaka ku gihugu kubera ko inzira
iracyari ndende ntabwo turagera aho twifuza kugera, turifuza gutanga 20, 30
cyangwa tukarenza aho”.
Bruce Melodie yerekanye ko abahanzi ari abantu bakomeye. Ati: ”Buriya twebwe ni twe Ngagi, buriya Umuziki winjiza mu madovize, buriya twe nta Visa tuba dukeneye iyo twasohoye indirimbo upfa kuba ufite interineti urambona kandi n’ibitaramo dutumirwamo twishyurwa mu madovize".
Bruce Melodie ukunzwe mu ndirimbo "Pom Pom" yakoranye na Diamond na Brown Joel yakomeje agira ati: "Ubuhanzi bwongewe mu bukerarugendo nabwo bukitabwaho cyane bwakurura abantu
benshi. Icyo turagisaba kandi tubasezeranyije ko tuzabikora neza” .
Yasabye Perezida Kagame ko bajya boroherezwa kubona ibikorwaremezo.
Ati: ”Twifuza ko ibikorwaremezo byose muri rusange bitwegerezwa tukanoroherezwa
kubibona. Tukegerezwa Stade Amahoro ntibe iy’umupira gusa dukumbuye ibitaramo
bizamo abantu ibihumbi 60 umujyi ukarara unezerewe”.
Yanasabye Perezida Kagame kandi ko Leta yafasha abakoresha
imbuga nkoranyambaga zikaba Monetize.
Ku rubuga
rwa Tik Tok abantu bakoreraho amafaranga ariko ku Banyarwanda bigasaba ko dutira
ubwenegihugu kugira ngo tube twakora ku mafaranga yo ku mbuga nkoranyambaga.
Icyo rero ni ikibazo kinatera ubushomeri”.
Bruce Melodie ni umwe mu batanze ikiganiro yerekana uko ubuhanzi buhagaze mu Rwanda
Bruce Melodie yasabye ko imbuga nkoranyambaga zagirwa 'Monetize' zikabyara amafaranga ku bazikoresha
