Bruce Melodie yakoresheje mu ndirimbo ye 'Playstation', igikoresho cyatumye umushinga we na The Ben upfa mu iterura –VIDEO

Imyidagaduro - 17/12/2025 2:41 PM
Share:

Umwanditsi:

Bruce Melodie yakoresheje mu ndirimbo ye 'Playstation', igikoresho cyatumye umushinga we na The Ben upfa mu iterura –VIDEO

Mu gihe umuziki nyarwanda ukomeje kwaguka no guhangana ku ruhando mpuzamahanga, hari inkuru ziguma kugaruka ku mibanire y’abahanzi bakomeye. Iheruka ni iyerekeye Itahiwacu Bruce uzwi nka Bruce Melodie, wongeye gukora mu ijisho mugenzi we Mugisha Benjamin ‘The Ben’, akoresheje igikoresho cya “PlayStation” mu mashusho y’indirimbo ye nshya ‘Munyakazi’, igikoresho cyigeze kuba imizi y’itandukaniro ryabo mu mushinga bari baratangiye.

Indirimbo ‘Munyakazi’ yasohotse ku wa Gatatu tariki 17 Ukuboza 2025. Nubwo yari yarateganyijwe kuza kuri Album ya Bruce Melodie ‘Colorful Generation’, yasohotse mu ntangiriro za Mutarama 2025, uyu muhanzi yayibikiye, ayishyira hanze nyuma.

Iyi Album yakiriwe neza cyane, imibare yayo ku mbuga zicururizwaho umuziki irenga abumvise Miliyoni 40, igaragaza uko Bruce Melodie yakomeje kuguma ku murongo w’abahanzi bakunzwe cyane mu Rwanda no hanze yarwo.

Mu minsi ishize, Bruce Melodie yari amaze igihe agaragaza ko ‘Munyakazi’ iri hafi kujya hanze. Ku wa Mbere tariki 15 Ukuboza 2025, yabyemeje mu kiganiro n’itangazamakuru, avuga ko mu minsi itarenze itatu indirimbo iba yasohotse, ibyo bikaba byarashyizwe mu bikorwa.

Amashusho y’iyi ndirimbo yafatiwe ahantu hatandukanye harimo Kigali Universe n’ahandi hantu hanyuranye birimo n’ikiraro, agaragaza Bruce Melodie mu ishusho y’umuhanzi wanyuze mu bihe bikomeye ariko ukomeje kwihagararaho.

Ubutumwa bwayo bugaruka ku kwiyegurira umuziki, kwihangana no kwitandukanya n’ibishobora kumukomeretsa, ndetse anisegura ku bo yaba yarababaje mu rugendo rwe.

Icyakora, ku munota wa 1 n’amasegonda 55, ni ho amashusho ahindukira agafata indi ntera. Bruce Melodie agaragara afite “PlayStation” mu ntoki, igikoresho kitari gisanzwe mu mashusho y’indirimbo, ariko gifite amateka akomeye mu mubano we na The Ben. Mu mashusho anagaragara agitunga umuntu ujya gusa neza na The Ben, wambaye nkawe, n’imisatsi nk’iye.

Inkomoko y’iyi ‘PlayStation’

Mu ntangiriro za 2024, Bruce Melodie yakoresheje itangazamakuru avuga ku mubabaro yagize ubwo yasangaga The Ben ari gukina PlayStation mu gihe bari bafitanye gahunda yo guhura bagakora indirimbo bari bateganyijeho ‘hit’. Icyo gihe yavuze ko yababajwe n’uko yumvaga akazi katewe umugongo n’imikino.

Ati: “Rimwe na rimwe hari igihe mvuga ibintu byabaye abantu bakagira ngo ndabeshya. Ibyo yavuze ntabwo yabeshye 70%. The Ben yantumyeho abantu be, rimwe na rimwe na we aranyivugishiriza. Njye sinabiha agaciro cyane cyane nk’umuntu mukuru, ariko sintekereza ko imikino iza mbere y’imirimo.”

Yakomeje agaragaza uko we abibona, agira ati “Njye sinaterwa ishema no kuvuga ngo narakinnye aho gukora. Akazi karabanza, iyo umuntu adakora ntahembwa. Gukena biva ku kuntu umuntu yitwara ku mwanya afite n’uko awukoresha. Ndakwemera kandi ndanakubaha, ariko jya ukora uve mu mikino.”

Aya magambo yatumye umwuka uba mubi hagati y’aba bahanzi bombi, bituma The Ben na we asobanura uko byagenze.

The Ben ntiyahakanye gukina PlayStation, ariko yasobanuye ko bitari ugusuzugura mugenzi we. Ati: “PlayStation yo ndayikunda rwose. Wasanga njye na Zizou twari dutangiye shampiyona nshya tugomba kuyisoza. Ashobora kuba ataragize kwihangana. Sinamusuzuguye, ahubwo na we ntiyagize uko anyihanganira, ni uko byafashwe ariko siko byari biri.”

Abajijwe niba nyuma yo kurangiza gukina yarakurikiranye iby’indirimbo bari bagiye gukorana, The Ben yemeye ko byabaye, ariko ashimangira ko batumvikanye ku murongo w’ibitekerezo by’umuziki.

Ati “Abantu babiri iyo bagiye gukorana indirimbo, biba bisaba gusangira ibitekerezo. Iyo bidahuye ku mpande zombi, murabireka.”

Kugaruka kwa PlayStation mu mashusho ya ‘Munyakazi’ byafashwe n’abatari bake nk’ubutumwa budasobanutse neza, ariko bufite icyo busobanura ku bakurikiranye iyi nkuru kuva kera.

Nubwo nta jambo na rimwe Bruce Melodie yongeye kuvuga ku mushinga we na The Ben, iki gice cy’amashusho cyongeye gukangura impaka ku mubano wabo no ku mahirwe make yo kongera kubabona mu mushinga umwe.

Mu gihe abafana bagikomeje kwifuza ko aba bahanzi bombi bakongera guhura bagaha umuziki nyarwanda ‘hit’ ihuriweho, ‘PlayStation’ iracyari ikimenyetso cy’inkuru itararangira, inkuru yerekana uko umwanya, imyanzuro n’ibitekerezo bitandukanye bishobora gusenya umushinga munini, n’igihe impano ziba zihari. The Ben na Bruce Melodie bategerejwe mu gitaramo “The Nu-Year Groove” kizabera muri BK Arena, tariki 1 Mutarama 2026.

‘PlayStation’ yongeye kubyutsa igikomere – Bruce Melodie yayigaragaje mu mashusho ya "Munyakazi", asubiza mu buryo bwihishe inkuru y’umushinga wapfiriye mu iterura na The Ben

 

Si igikoresho gisanzwe – PlayStation igarutse mu ndirimbo ya Bruce Melodie nk’ikimenyetso cy’itandukaniro ryigeze gusenya ‘hit’ yari itegerejwe na The Ben

Mu mashusho y'iyi ndirimbo "Munyakazi", Bruce Melodie yifashishijemo umuntu ujya gusa na Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben

Muri Werurwe 2024, The Ben yemeye ko Bruce Melodie yamusanze ari kumwe na Dj Zizou bakina 'Playstation', indirimbo kuva ubwo ntiyakorwa

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘MUNYAKAZI’ YA BRUCE MELODIE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...