Mu
kiganiro kirambuye yagiranye na Boxpod Tv, cyamaze isaha irenga, Bruce Melodie
ntiyavuze gusa ku rugendo rwe rw’imyaka 15 mu muziki, ahubwo yagaragaje
uruhande rwe rw’imbere – urw’umuntu wigeze kumva isi imuhindukiyeho, akibaza
byinshi kuri we, ku muryango we no ku buzima bwe.
Kuva ku kurota
umuziki afite imyaka 10
Bruce
avuka i Kanombe. Afite imyaka 10, ni bwo yatangiye kubona ko umuntu ashobora
kuba icyamamare. Mu myaka 12, yari amaze kwiyumvamo ko ashaka kuba umuhanzi.
Indirimbo ye ya mbere yayanditse ari mu murongo wa Rap, yigana itsinda rya KGB.
Icyo
gihe yabwiraga umuryango we ko azaba umunyamakuru, mu gihe mu Rwanda hari Radio
imwe na Televiziyo imwe. Ariko umutima we wari waramaze gufata icyerekezo.
Yigeze
kuva i Kanombe ajya i Gikondo gushaka KGB. Yahageze ahura na Hirwa Henry [Henry
Wow], amubwira ko ashaka kuba umuhanzi. Yaramuririmbiye, n’ubwo yari afite
ubwoba. Henry amusezeranya kumujyana muri studio.
Indirimbo
ya mbere yayikoreye kwa Jackson Dado, ariko kuyirangiza byamutwaye imyaka
ibiri. Yajyaga muri studio agasanga abandi bahanzi bari gukora, rimwe na rimwe
agasanga nta muriro uhari, kandi nta mafaranga afite yo kugura uwo muriro.
Ati:
“Uko gusiragizwa ni ko kwabaye imvano yo kwiga gutunganya indirimbo. Uko ni ko
nabaye Producer.”
Producer
wahindutse umuririmbyi
Mu
gihe yatangiraga gutunganya indirimbo, yisanze ari kwibagirwa inzozi ze zo
kuririmba. Yakoraga indirimbo nyinshi zamenyekanye, agashyiramo ‘chorus’, ariko
akavuga ati: “Ndi Producer, ntabwo ndi umuririmbyi.”
Yahuraga
n’abaraperi bakomeye barimo Jay Polly, Bull Dogg, Fireman na Ama G The Black.
Icyakora,
i Nyamirambo yahahuriye na Producer Fazzo wamubwiye amagambo yahinduye amateka
ye: ko ari umuririmbyi mwiza, kandi ko ibyo gutunganya indirimbo yabireka.
Fazzo
yamukoreye “Tubivemo” – indirimbo ya mbere yasohotse ku izina rya Bruce
Melodie. Ni na bwo izina “Melodie” ryiyongereye kuri Bruce, inama yaturutse ku
bantu bamushimiraga ‘melodie’ atanga mu ndirimbo zabo.
Umunsi umwe, mama we yagiye mu rusengero, abantu batangira kumwita “Mama Melodie”. Ageze mu rugo, yamusabye guhindura iryo zina kuko atari umwana mukuru mu muryango. Ariko izina ryari ryamaze gufata intera.

Guma Guma,
ayicyesha ubwamamare
Bruce
yatangiye ari ‘back-up singer’ muri Primus Guma Guma Super Star, ahura
n’abahanzi barimo King James na Knowless Butera. Nyuma na we aza guhatana muri
iri rushanwa.
Ubwamamare
bwazanye ibyishimo, ariko buzanamo n’ibikomere. Yagize abajyanama, bamwe baza
kumutandukana na bo.
Yemera
ko ibintu nk’ibyo bigira ingaruka zikomeye ku isura y’umuhanzi, ndetse bikaba
byatuma kompanyi zimutera umugongo. Ati: “Iyo nza kubimenya nari gutandukanya
ubushuti na business. Iri ni isomo rikomeye nize.”
2025: Umwaka
w’umwijima
N’ubwo
yakomeje kuzamuka, 2025 yamusigiye ibikomere. Yari amaze igihe anyura mu bibazo
atashoboraga gukemura n’amafaranga ntiyari kubikemura.
Ati
“Nari maze igihe ndi guca mu bintu byinshi mu buzima bwanjye, kandi ukabona
n'ibibazo udashobora gucyemura. N’isbibazo n'amafaranga adashobora gukemura,
naravuze nti reka ngerageze (gushaka 'Therapist') kandi nshima Imana. Numvaga
mfite ibitekerezo byinshi nko kujya mu bapfumu [Yakubise agatwenge]. Rero,
nahisemo gutangira 'Therapy' nagiyeyo. Kandi ibi bintu birakora rwose."
Yemera
ko mbere atemeraga Therapy. Yayifataga nk’aho ari ukwicara ukavuga ibibazo
byawe, ukarira, ukishyura. Ariko ageze muri Amerika, ahitamo kugerageza.
Ati: "umwaka ushize ntiwari mwiza kuri njye (2025). Yarambwiye ati urarwaye.
Naravugaga n'ibintu by'abana b'abakire. Nkavuga nti 'Therapy' y'iki se? Nanjye
ubwanjye ndi 'Therapist'.”
“Kuri
njye mu mutwe wanjye naravugaga nti 'Therapy' ni ukugenda ukareba umuntu ukamuganiriza
ibibazo byawe hanyuma ukamwishyura, njye rero numvaga ari ubutekamutwe, niko
nabitekereza kandi nizera ko abantu benshi hafi 100% batekereza ko 'Therapy'
ari ukugenda, ukavuga ibibazo byawe, ukarira, hanyuma ukishyura, ariko
'therapy' siko imeze."
Muri
we, yumvaga ko adashobora gukora ‘Therapy’ ari muri Afurika, ibyatumye ubwo
yageraga muri Amerika ari mu bitaramo yarahisemo kuyoboka ubu buvuzi.
Umuhanga
mu mitekerereze yamubwiye ko arwaye. Yari afite ibimenyetso bya depression,
igihe umuntu atangiye kumva ari wenyine, akumva isi imuhindukiyeho.
Yagombaga
gukora Therapy inshuro 10, ariko yakoze eshatu gusa. Ati: “Nageze aho numva
meze neza. Nsaba gusubira mu rugo menye neza ikibazo mfite.”
“Umuhanzi
aririmbira ibihumbi, ariko aba wenyine”
Bruce
Melodie agaragaza ukuri gukomeye: kuba icyamamare ntibisobanura kugira inshuti.
Umuhanzi ashobora kuririmbira ibihumbi, ariko abo bantu si inshuti ze zo
guhamagara ijoro n’amanywa ngo muganire.
‘Depression’,
avuga ko itangira buhoro. Iyo utangiye kwibaza kuri wowe, ku muryango wawe,
ukumva ntawe ushobora kubiganiriza.
‘Therapy’
yamwigishije kongera kwiyubaka, no kwakira ko nawe ari umuntu usanzwe, ufite
intege nke n’amarangamutima.
Isomo ku bahanzi
n’abasomyi
Bruce
Melodie asaba abahanzi kwitondera abo bakorana, gutandukanya business
n’ubushuti, no kurinda isura yabo. Ariko hejuru ya byose, asaba abantu kutagira
ipfunwe ryo gushaka ubufasha bw’imitekerereze. Ati: “Igihe uzamenya ko ari
depression, jya gushaka Therapist.”
Uyu
muhanzi umaze imyaka 15 mu muziki, avuga ko akora ibishoboka byose akiyibagiza
ko ari icyamamare, akibuka ko ari umuntu usanzwe.
N’ubwo
2025 yamubereye umwaka ukomeye, yemera ko ‘Therapy’ yamuhaye indi ntambwe
nshya, iyo kwiyakira no kongera kwizera ubuzima.
Kuri
Bruce Melodie, gutsinda si ukujya ku rubyiniro gusa, ahubwo ni no gutsinda
intambara zo mu mutima, izo abafana batabona, ariko zigena ubuzima bw’umuhanzi.
Mu
myaka ishize, ijambo “Therapy” ryabaye rusange mu biganiro by’abahanzi,
abanyapolitiki n’abandi bantu b’ibyamamare ku isi.
Ariko
kandi, rikomeje gutera impaka muri rusange, aho bamwe bakibaza niba ari
“ukwicara ukavuga ibibazo byawe” gusa, cyangwa niba rifite ishingiro
ry’ubumenyi.
Mu
rurimi rw’ubumenyi, therapy yitwa psychotherapy. Ni uburyo bwo kuvura cyangwa
gufasha umuntu binyuze mu biganiro n’umuhanga wize ibijyanye n’imitekerereze
(psychologist cyangwa therapist).
Si
imiti, si n’ukwivura wenyine. Ni ibiganiro byubakiye ku mahame y’ubumenyi, aho
umuntu afashwa gusobanukirwa ibitekerezo bye, amarangamutima n’imyitwarire ye,
kugira ngo abashe guhangana n’ibibazo by’ubuzima.
Imiryango
mpuzamahanga irimo American Psychological Association igaragaza ko
psychotherapy ifite ibimenyetso bifatika by’ubushakashatsi byemeza ko igabanya
ibimenyetso bya depression, anxiety n’izindi ndwara z’imitekerereze.
Ubushakashatsi
bwinshi bwakozwe mu bihugu bitandukanye bwerekanye ko: Therapy ishobora
kugabanya depression ku rwego rungana cyangwa ruruta imiti ku bantu bamwe. Iyo
ihujwe n’imiti (antidepressants), igira umusaruro urambye kurushaho.
Abantu
bakoze therapy bagira ubushobozi bwo kwigenga no gukemura ibibazo byabo mu gihe
kirekire.
Hari
n’ubushakashatsi bwagiye bugaragaza ko abantu bakora therapy bagira impinduka
zigaragara no ku rwego rw’ubwonko, cyane cyane mu bijyanye no kugenzura amarangamutima.
Mu
gihe ‘depression’ ari indwara, ‘therapy’ ni bumwe mu buryo bwo kuyivura cyangwa
kuyifasha kugabanya ibimenyetso. Si depression ubwayo.
Abahanga
mu mitekerereze bashimangira ko gushaka ‘therapy’ atari intege nke, ahubwo ari
icyemezo cy’ubwenge. Ni ukwemera ko umuntu atabasha kwikorera byose wenyine.
Mu
muco nyarwanda no muri Afurika, hari aho gushaka ubujyanama bwo mu mutwe
bigifatwa nk’ikimwaro. Ariko ubushakashatsi n’ubumenyi buvuga ko kwirinda
kuvuga ibibazo bishobora gutuma birushaho gukomera.

KANDAHANO UREBE IKIGANIRO KIRAMBUYE BRUCE MELODIE YAVUGIYEMO URUGENDO RWE
BRUCEMELODIE NA BULL DOGG MU MUSHINGA MUSHYA NYUMA Y’INDIRIMBO ‘NDI UMUSINZI’
