Mu
ijoro ryakeye, Prophet Akimu [Mbarushimana Akim] yagiye kuri live ya TikTok hanyuma ahasanga Bruce
Melodie na Bushali n’abandi benshi bari barimo baganirira kuri uru rubuga.
Bushali
akimukubita amaso, yahise amwanjama amubwira ko yamubeshye ko yari gukorana
indirimbo na Jason Derulo ku wa Kabiri w’icyumweru gishize ariko akaba yaragerageje
kwandikira 'email' Jason Derulo ariko ntiyasubizwa.
Bushali
yahise yungamo ko nubwo yari yarakijijwe nyuma yo gusengerwa na Prophet Akimu ariko
atangiye gucyemanga iyo Mana Prophet Akimu akorera kuko ishobora kuba ibeshya.
Prophet
Akimu yahise abwira Bruce Melodie ko hari ubuhanuzi amufite, nuko Melody amutega
amatwi kugira ngo yumve icyo Imana imubwira ibinyujije muri Prophet Akim nk'uko
yabivugaga.
Prophet
Akimu yavuze ko Imana yahaye umugisha Bruce Melodie ndetse ko abamugirira
ishyari ntacyo bazamutwara kuko umugisha Imana yamuhaye ntawabasha kuwumukuraho.
Yavuze
ko azaba umuhanzi ukomeye ku rwego rw’Isi akaba umuhanzi wa mbere, asongamo ko
kuba Bruce Melodie yarakoranye na Diamond Platnumz atari ibintu bikomeye kuko
mu buryo bw’ejo hazaza, Bruce Melodie arusha ubwamamare Diamond.
Yavuze
ko hagiye kubakwa Televiziyo i Kigali izaba yitwa Melody Tv ndetse n’imodoka
zizaba zitwa Melody Transport zizajya zitwara abantu.
Bruce
Melody yavuze ko ibyo yahanuriwe na Prophet Akimu yabiririmbye mu ndirimbo “Nzaguha
umugisha” ariko abyizera abihamisha ijambo “Amen” risobanura ngo “Bibe bityo”.
Nyuma yo kumuhanurira, Prophet Akimu yahise asaba Bruce Melody ko yamukurikirana kuri TikTok (Follow), hanyuma Bruce Melody arabikora.
Bruce Melody yahanuriwe na Prophet Akim ko azaba umuhanzi wa mbere ku Isi
