Bruce Melodie yagereranyije The Ben n'umushyitsi yakirije amazi mu gitaramo i Musanze-VIDEO

Imyidagaduro - 17/06/2026 6:37 AM
Share:

Umwanditsi:

Bruce Melodie yagereranyije The Ben n'umushyitsi yakirije amazi mu gitaramo i Musanze-VIDEO

Mu minsi mike ishize, ku mbuga nkoranyambaga no mu biganiro by’abakunzi b’umuziki mu Rwanda, kimwe mu byagarutsweho cyane ni uburyo igitaramo cya “Summer Country Tour” cyabereye i Musanze cyagenze, ndetse n’igereranya ryakomeje gukorwa hagati ya Bruce Melodie na The Ben ku buryo bitwaye ku rubyiniro.

Abatari bake bagaragaje ko The Ben ari we washimishije abantu cyane muri icyo gitaramo cyabaye ku wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena 2026, ibintu byatumye impaka zikomeza gufata indi ntera nyuma y’aho amashusho n’ubuhamya bw’abari bahari bikomeje gusakara ku mbuga nkoranyambaga.

Mu gihe bamwe babonaga ko The Ben yigaruriye imitima y’abafana kurusha Bruce Melodie, uyu muhanzi we yahisemo kubirebera mu yindi ndorerwamo, avuga ko ibyabereye i Musanze byari ibisanzwe kuko yari yakiriye umushyitsi.

Bruce Melodie yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Kamena 2026 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho yabajijwe ku bitekerezo byakomeje kuvugwa nyuma y’icyo gitaramo.

Mu magambo yavuganye akanyamuneza, yemeye ko hari abantu babonye The Ben nk’uwigaragaje cyane kurusha we, ariko ashimangira ko ibyo atabifata nk’ikibazo kuko yari ari mu rugo rwe yakiriyemo mugenzi we.

Yagize ati: “Kuba dukora imiziki iryoshye, byo ni byo, tukayibashyikiriza ni byiza. Buriya i Musanze nakiriye The Ben kugira ngo abanze anywe ku mazi. Urabona ndi guseka, ibintu ndi kubabwira ni ukuri. Nagombaga kwakira umuntu, hanyuma rero arakaza neza mu nzira yo kubikora uko bikwiye.”

Aya magambo yagaragaye nk’ari yuzuyemo urwenya, ariko kandi anasobanura uburyo Bruce Melodie yabonye ibyabereye i Musanze. Ni amagambo agaragaza ko atabonye intsinzi ya mugenzi we nk’ikintu cyo guhangayikishwa na cyo, ahubwo nk’igice cy’urugendo rw’ibitaramo bahuriyemo.

Kuva aba bahanzi batangira uru rugendo rwa “Summer Country Tour”, abakunzi b’umuziki bakomeje kubagereranya ku buryo butandukanye; bamwe bashima ubunararibonye bwa The Ben mu gufata neza abafana no kubashora mu byishimo, mu gihe abandi bavuga ko Bruce Melodie ari umwe mu bahanzi bafite ubuhanga budasanzwe mu kuririmba no gutanga ibyishimo ku rubyiniro.

I Musanze, ibyo biganiro byafashe indi ntera kuko benshi bagaragazaga ko The Ben yari afite imbaraga zidasanzwe ndetse n’uburyo yahuje n’abafana mu buryo bworoshye. Gusa Bruce Melodie asa n’uwahisemo kudaha agaciro cyane ibyo kugereranywa, ahubwo akibanda ku rugendo rw’ibitaramo rugikomeje.

Ndetse yanahise yohereza ubutumwa ku bakunzi b’umuziki bo mu Karere ka Nyagatare, aho igitaramo gikurikira kizabera ku wa Gatandatu tariki ya 20 Kamena 2026. Yagize ati: “Abantu bari i Nyagatare mwitegure. Mwabonye ibintu byiza i Musanze, tubazaniye ibintu byiza, mwitegure.”

Aya magambo agaragaza ko nyuma y’impaka zasizwe n’igitaramo cya Musanze, amaso y’abatari bake yamaze kwerekeza i Nyagatare, aho The Ben na Bruce Melodie bazongera gusangira urubyiniro mu gitaramo gitegerejwe na benshi.

Ni igitaramo kizanitabirwa n’abahanzi Kitoko na Bwiza, ibintu byitezweho kongera kuzamura ishyaka ry’abakunzi b’umuziki ndetse no gutanga indi ngingo nshya yo kuganirwaho nyuma y’aho i Musanze hasigiye benshi impaka zitarashira.

Uko byagenda kose, amagambo ya Bruce Melodie asa n’ashyira iherezo ku bakekaga ko yaba yarababajwe n’ibyavuzwe nyuma y’igitaramo cya Musanze. Ahubwo, mu buryo bwuje urwenya, yabihinduye inkuru yo kwakira umushyitsi, ashimangira ko urugendo rugikomeje kandi ko ibyiza bishobora kuba bikiri imbere.

Bruce Melodie yatangaje ko ibyo mugenzi we The Ben yakoreye i Musanze ari ibisanzwe, kuko yakiraga umushyitsi 


The Ben yabwiye Bruce Melodie ko i Nyagatare azamukubira inshuro zirindwi z'ibyo yakoreye i Musanze

KANDA HANO UREBE UKO BRUCE MELODIE NA THE BEN BITWAYE MU KIGANIRO N'ITANGAZAMAKURU


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...