Bruce Melodie yagaragaje uruhisho rw’ibitaramo yatumiyemo The Ben mu Ntara

Imyidagaduro - 24/01/2026 11:25 AM
Share:

Umwanditsi:

Bruce Melodie yagaragaje uruhisho rw’ibitaramo yatumiyemo The Ben mu Ntara

Mu gihe umuziki nyarwanda umaze gutera intambwe igaragara ku rwego mpuzamahanga, hakomeje kugaragara icyuho mu bijyanye no kwegereza ibitaramo bikomeye abakunzi bawo batuye hirya no hino mu Ntara z’igihugu. Ni muri urwo rwego Itahiwacu Bruce [Bruce Melodie] yateguje ibitaramo bizenguruka u Rwanda, azafatanya na mugenzi we The Ben, mu mpeshyi ya 2026.

Ibi bitaramo bigari byitezweho kuba umwanya wihariye wo gususurutsa abakunzi b’umuziki nyarwanda, cyane cyane abatuye mu Ntara, bakunze kubura amahirwe yo kwitabira ibitaramo bikomeye bibera ahanini mu Mujyi wa Kigali. Bruce Melodie yavuze ko intego ari ugushyira umuziki hafi y’abantu, aho kuba ari abantu bajya aho umuziki uri.

Ubwo yari mu kiganiro yagiranye na BBC Gahuza kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Mutarama 2026, Bruce Melodie yavuze ko ibi bitaramo bigamije gutanga ibyishimo no gushyushya imijyi itandukanye y’igihugu, anahamagarira abakunzi babo kwitegura.

Yagize ati “Ni ibitaramo bizenguruka igihugu cy’u Rwanda mu rwego rwo gutanga ibyishimo ku bakunzi bacu ndetse no gushyushya imijyi itandukanye mu gihugu. Ubwo, rero nabwira abantu bari kutwumva, yaba abari mu Rwanda ari n’abandi bifuza kutureba yaba ari njyewe, ari The Ben nk’uko twabikoze tariki ya 1 Mutarama 2026 (muri BK Arena), kwitegura.”

Iki gitekerezo cy’ibi bitaramo cyaturutse kuri Bruce Melodie ubwe, aho yafashe icyemezo cyo gutumira The Ben mu rwego rwo kongera imbaraga no kwagura igipimo cy’ibyishimo byagezwa ku bakunzi babo.

Aba bahanzi bombi basanzwe bafitanye umubano ukomeye mu muziki no mu buzima busanzwe n’ubwo nta ndirimbo barakorana, ibintu bituma abafana babo bahora bahanganye yaba ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru.

Ibitaramo bizenguruka igihugu bifite akamaro kanini ku batuye mu Ntara, kuko bifasha gukwirakwiza umuco n’umuziki, bigaha urubyiruko icyizere n’ihumure, ndetse bigafasha n’ubukungu bw’uturere twakiramo ibitaramo binyuze mu bucuruzi bujyanye n’imyidagaduro, ama-Hoteli, ingendo n’abandi bakora mu byiciro bitandukanye.

Ku ruhande rw’abahanzi, ibi bitaramo bigira uruhare mu kongera umubano n’abafana, cyane cyane abatarabona amahirwe yo kubabona imbonankubone.

Ku batuye mu Ntara, biba ari amahirwe yo kwiyumvira umuziki ku rwego mpuzamahanga badasabwe kujya mu Mujyi wa Kigali, bigatuma bumva ko na bo bari mu rugendo rwo guteza imbere umuziki nyarwanda.

Ibi bitaramo bya Bruce Melodie na The Ben bizaba ari ubwa kabiri bahuriye ku rubyiniro rumwe mu gitaramo gikomeye, nyuma yo guhurira mu gitaramo “The Nu-Year Groove” cyabaye tariki ya 1 Mutarama 2026 muri BK Arena, cyasize gikunzwe cyane n’abakunzi b’umuziki, bagaragaje ko bifuza kongera kubona aba bahanzi bombi bahurira ku rubyiniro rumwe.

Mu gihe amatariki n’aho ibi bitaramo bizabera bitaratangazwa ku mugaragaro, ibyatangajwe na Bruce Melodie byatangiye gukurura amatsiko n’icyizere mu bakunzi b’umuziki nyarwanda, cyane cyane abatuye mu Ntara, bategereje ibitaramo bibegerezwa, bibahesha ibyishimo, kandi bigakomeza kugaragaza ko umuziki nyarwanda ari uw’abantu bose, aho bari hose.

Bruce Melodie yavuze ko ibitaramo azakorana na The Ben bigamije gususurutsa abatuye mu Mijyi inyuranye igize Ntara zitandukanye z’u Rwanda

MBERE Y'UKO BRUCE MELODIE AGERA MURI KENYA YASIZE AKOMOJE KU BITARAMO AZAHURIRAMO NA THE BEN


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...