Inkuru
z’itandukana rya Coach Gael na Bruce Melodie ryatangiye kuvugwa mu mpera z’ukwezi
kwa Gicurasi gusa icyo gihe impande zombi zihakana ayo makuru y’itandukana
ryabo.
Mu
kiganiro n’itangazamakuru gitegura ibitaramo bya Summer Country Tour, umuyobozi
wa 155am, Kenny Mugarura yabajijwe na Irene Murindahabi impamvu muri Kigali
Universe nta mafoto ya Bruce Melodie akimanitsemo avuga ko bagenda bahindura
amafoto amanikwamo bityo n’aya Bruce Melodie akaba yarahinduwe.
Mu
kwitegura gukora ibitaramo bya Summer Country Tour, Bruce Melodie yavuze ko mu
bantu bakorana abizi neza ko harimo benshi bikundira The Ben kandi baba bifuza
ko The Ben ahora atsinda.
Mu
myaka 4 ishize ubwo yinjiraga mu muziki, Coach Gael yari yajemo agiye kuba
umuterankunga wa The Ben ariko bashwanira ku ndirimbo ya mbere bari bagiye
gukorana hanyuma The Ben na Diamond barayikorera. Nyuma y’aho ni bwo Coach Gael
yaje gukorana na Bruce Melodie.
Muri ibi bitaramo bizenguruka igihugu, Bruce Melody ari kubikora ahagaze wenyine yaba mu buryo bwo gushyigikirwa ndetse n’uburyo bwo gukingirwa ikibaba.
Kuva
mu Karere ka Musanze kugera mu Karere ka Bugesera, Bruce Melodie ari kugenda
wenyine ndetse n’abo muri 'Management' ye ntabwo barimo bamwikoza.
Muri
Sound Check yo mu Karere ka Musanze, Bruce Melodie ni bwo yari afite abantu
ugereranyije n’ahandi kuko yari kumwe n’abantu 4 barimo Jado Kabanda washinze
igitangazamakuru cya Isibo ndetse bakaba barakoranye kuva kera.
Ku
munsi w’igitaramo, Bruce Melodie yazanye n’abantu babiri bonyine ndetse n’ushinzwe
kumucungira umutekano uzwi nka Mubi.
Mu Karere ka Nyagatare, Bruce Melodie yazamukanye na band ndetse na Mubi umucungira
umutekano, icyakora ahageze ahahurira na Africa Amani uri gutegura ibi
bitaramo.
Mu
ijoro ryaho nk’uko n'ubundi yari yaje ameze, yagiye ku rubyiniro gukora 'sound
check' ari wenyine icyakora ahageze yari ari ku batekenisiye bagenzura iby’amajwi
barimo baganira.
Ku
munsi w’igitaramo nabyo ntibyasaga nk’ibitandukanye n’ibyabereye i Musanze gusa
ahubwo muri After-party yabereye i Nyagatare Bruce Melodie yaraje ahamara
iminota micye arongera ahita agenda.
Mu
binjiye mu kabyiniro kabereyemo iyo ibyo birori, bemeza ko Bruce Melodie yasaga n’uwatereranywe na Kenny Mugarura na Coach Gael kuko barimo biganirira n’abarimo
Muyoboke Alex, Bruce Melodie bamutereranye.
Bitari
ibyo gusa, mu Karere ka Bugesera Bruce Melodie yahaje ahasanga Coach Gael wari
waje muri sound check bwa mbere, nubundi Bruce Melodie ajya kuganira n’abashinzwe
iby’amajwi, Coach Gael nawe arimo aganira n’abandi.
Mu
minota nka 15 kugera kuri 20, Coach Gael yaganiriye na Amani na Bruce Melodie
hanyuma ahita agenda nuko hashize indi minota nka 10 Bruce Melodie ajya ku
rubyiniro akora sound check.
Ubwo
yazaga mu gitaramo i Nyamata, bwo yaje ashagawe n’abarimo abafana be ndetse na bisi
yari irimo band iri gucuranga muri ibi bitaramo.
Muri after-party, Coach Gael n’abandi bayobozi ba 155am barimo basangira inzoga na The Ben ndetse n’abandi bari muri Team ya The Ben. Icyo gikundi Bruce Melodie ntiyakibonetsemo.
Watuwave ni kimwe mu bisata byashowemo imari na Coach Gael bituma bamwe mu bakozi
bagakwiye kuba bari kumwe na Bruce Melodie biruka mu bikorwa by’imitegurire y’igitaramo.
Amani
Africa ni we uri ku ruhembe rw’imigendere myiza y’iki gitaramo kandi ni we wabaga
ari hafi ya Bruce Melodie bajya inama z’uko bagomba gukora n’uburyo bakoramo
ibintu byabo.
Uhujimfura
Claude ni undi muntu wabaga hafi Bruce Melodie n’ubwo afite undi muhanzi
areberera inyungu ariko nawe ntabwo yari agihuza nawe cyane kubera ko nawe ari
mu bari gutegura ibi bitaramo.
Kenny Mugarura na Coach Gael ni abayobozi b’abateguye ibi bitaramo bivuze ko nabo baba bafite byinshi birukamo kugira ngo igitaramo kigende neza.
Ibi
bitaramo bya Summer Country Tour birenze imyidagaduro ahubwo harimo no
guhangana ku bahanzi babiri ari bo The Ben na Bruce Melodie.
Muri
iryo hangana ryabo, ntabwo Bruce Melodie yabonye ubufasha buturutse mu bantu
bakorana ahubwo aho kumufasha byagaragaraga ko barimo batera ingabo mu bitugu
The Ben.
Nyuma
y’uko bavuye i Nyagatare buri muhanzi yigamba ko ari we watsinze, umuyobozi wa
155am yahise yandika ngo “Inkoko iri iwabo ishonda umukara” icyo gihe byasaga
nk’aho yemeje ko bemeye intsinzwi.
Muri
after-party i Nyagatare, batereranye Bruce Melodie birangira ahise ataha
haciyeho akanya gato cyane n’ubwo bwose yari ananiwe ariko habayeho n’akantu ko
kwirengagizwa.
Mu Karere ka Bugesera, Bruce Melodie yakoze neza ariko nyuma amashusho yo muri
after-party ajya hanze abarimo Coach Gael, The Ben barimo basangira bishimye mu
gihe muri ayo mashusho ntaho Bruce Melodie agaragaramo.
Noopja
yafashe Instagram ye arandika ati “Team ya The Ben turifuza umuvandimwe Coach
Gael kuko ni umuryango wacu. N’ubwo dusanzwe tubizi ko Coach Gael akunda cyane
Tiger, aje twamwakira kuko n'ubundi ni uwacu.”
Ubu
butumwa, Coach Gael yahise abukorera repost kandi ubu impande zombi ziri
kurwana no kubaka ndetse no kubungabunga ‘brand’ ya buri muhanzi no
kumugaragaza ko ari we gitangaza.
Nyuma
y’uko Coach yari amaze gukora repost, Bruce Melodie nawe yagiye kuri Instagram
arandika ati “Coach nawe akeneye Coach.”
Icyo kwizera no gutegereza ni uko muri uku kwezi kwa Nyakanga hazabamo amakuru menshi kandi ashamikiye kuri aba bahanzi bakuru.

Bruce Melodie asa nk'uwatereranywe n'abakoresha be muri iyi minsi

Bruce Melodie yavuze ko Coach nawe akeneye Coach bituma abantu bahita babihuza n'umubano aba bombi bafitanye bigaragara ko ugenda ukendera

Noopja yashyize hanze ubutumwa butumira Coach Gael kuza kuba mu muryango wa The Ben undi akora repost
