Iki gitaramo kizaba
ku wa Gatandatu tariki ya 7 Werurwe 2026. Cyateguwe na Zentro Nation,
kikazabera muri Birmingham Palace i Bruxelles (Anderlecht).
Kiri
mu murongo wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore, kuko kizaba mu
ijoro ribanziriza uwo munsi wizihizwa ku wa 8 Werurwe buri mwaka.
Bruce
Melodie, umwe mu bahanzi b’imbere mu muziki nyarwanda, azaba ari mu bahanzi
bakuru bitezweho gususurutsa abazitabira iki gitaramo binyuze mu ndirimbo ze
zakunzwe cyane mu Rwanda no hanze yarwo, zirimo izakunzwe ku rwego mpuzamahanga.
Azaba
ahuriye ku rubyiniro na Sheebah Karungi, umwe mu bahanzikazi b’igitsina gore
b’inararibonye kandi bafite izina rikomeye mu muziki wa Uganda no muri Afurika.
Ku
ruhande rw’abavanga imiziki (DJs), abazitabira iki gitaramo bazasusurutswa na
DJ Princess Flor, umwe mu bavanga imiziki b’abanyarwandakazi bakorera ku rwego
mpuzamahanga, uzafatanya na DJ Vicious na DJ Saido, bagatanga umwimerere
w’imiziki ya Afrobeat, Dancehall n’izindi njyana zigezweho.
Abategura
iki gitaramo batangaje ko cyiswe “Afro Legacy” mu rwego rwo kugaragaza no
kwizihiza umusanzu w’abahanzi n’abahanzi b’igitsina gore mu iterambere
ry’umuziki nyafurika, ari na yo mpamvu cyahujwe n’umunsi wahariwe abagore.
Ku
bazacyitabira, hasabwe kwitwara mu myambaro myiza ijyanye n’insanganyamatsiko
igira iti “Dress to Impress”, mu gihe amatike yatangiye kugurishwa aho
ay’igabanyirizwa (prévente) ari €40, naho ku munsi w’igitaramo akaba €50.
Iki
gitaramo kitezweho kuba kimwe mu by’imbere mu bikorwa by’imyidagaduro bizabera
mu Bubiligi mu ntangiriro za 2026, cyane cyane ku bakunzi b’umuziki nyafurika
batuye i Burayi.



Bruxelles igiye kwakira igitaramo gikomeye cy’umuziki nyafurika aho Bruce Melodie azahurira ku rubyiniro na Sheebah Karungi
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO ''DANCE FOR THE LORD REMIX"
