Bruce Melodie na 1:55 AM bageze mu cyiciro cya 'Exit Clause' mu bigize amasezerano

Imyidagaduro - 19/08/2026 11:33 AM
Share:

Umwanditsi:

Bruce Melodie na 1:55 AM bageze mu cyiciro cya 'Exit Clause' mu bigize amasezerano

Amasezerano y’imyaka itanu ahuza umuhanzi Bruce Melodie na Sosiyete y’umuziki ya 1:55 AM yashinzwe na Coach Gael ari kugana ku musozo, aho impande zombi ubu ziri mu cyiciro cyo gusuzuma ibizakurikira nyuma y’aya masezerano.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka, havuzwe kenshi mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga ko umuhanzi Bruce Melodie na 1:55 AM bashobora gutandukana nyuma y’imyaka bamaze bakorana, ndetse hakibazwa niba aya masezerano azongerwa cyangwa niba buri ruhande rizakomeza urugendo rwarwo ukwacyo.

Icyakora, kugeza ubu nta cyemezo cyatangajwe ku mugaragaro kigaragaza niba Bruce Melodie na 1:55 AM bazongera amasezerano cyangwa niba bazatandukana.

Bruce Melodie ubwe, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko igisubizo kuri iki kibazo kizamenyekana igihe nikigera. Yavuze ko niba hari gutandukana cyangwa kongera amasezerano, bizatangazwa ku mugaragaro.

Bari mu cyiciro cyo gusuzuma ibizakurikira

Umuyobozi wa Watuwave na 1:55 AM, Kenny Mugarura, aherutse kubwira InyaRwanda ko amasezerano ahuza 1:55 AM na Bruce Melodie ari kugana ku musozo, ariko ko impande zombi zitaragera ku mwanzuro wa nyuma.

Yasobanuye ko muri ubu buryo bw’amasezerano, mbere y’uko igihe cyayo kirangira, habaho icyiciro cyo gusuzuma ibimaze gukorwa no kuganira ku hazaza h’ubufatanye.

Iki cyiciro gishobora kumenyekana nka “Renewal and Exit Clause”, cyangwa mu yandi masezerano kikagaragara nk’ingingo ijyanye no gusubiramo, kongera cyangwa gusoza amasezerano.

Ni icyiciro gifasha impande zombi kutagera ku munsi wa nyuma w’amasezerano nta cyerekezo zifite, ahubwo zigahabwa umwanya wo kwicarana zikareba ibyo amasezerano yagezeho n’uko ibintu bizagenda nyuma yayo.

Muri iki gihe, impande zombi zishobora gusuzuma ibyo buri ruhande rwatanze mu myaka bamaze bakorana, ibikorwa byakozwe, amafaranga yashowe, inyungu zabonetse ndetse n’izindi nshingano zaba zikiriho. Ariko kandi, ibiganiro ntibigarukira ku byo bamaze gukora gusa.

Ni umwanya wo kureba niba bazakomeza gukorana, amasezerano mashya azaba ameze ate, azamara imyaka ingahe, buri ruhande rizagira iyihe nshingano n’inyungu, ndetse n’ibizahinduka ugereranyije n’amasezerano ashize.

Nibatandukana, buri ruhande rwasigarana iki?

Kimwe mu bintu by’ingenzi bishobora kuganirwaho muri iki cyiciro ni ibijyanye n’ibizaba nyuma y’amasezerano mu gihe impande zombi zafata umwanzuro wo gutandukana.

Mu masezerano y’abahanzi n’abashoramari, gutandukana ntibivuga gusa ko umuhanzi ava mu kigo cyangwa ko amasezerano arangiye.

Habaho ibibazo byinshi bigomba gusubizwa: Indirimbo zakozwe mu gihe cy’amasezerano zizaba iza nde? Uburenganzira ku bihangano buzagenda bute? Amafaranga akomoka kuri izo ndirimbo azagabanywa ate? Ni iyihe mitungo buri ruhande rwasigarana? Ni izihe nshingano zizakomeza nyuma y’amasezerano?

Hari kandi kureba niba hari amafaranga umushoramari yashoye ataragaruzwa, uko azabarwa, ndetse n’uko inyungu n’uburenganzira ku bikorwa byakozwe mu gihe cy’amasezerano bizakomeza gukurikizwa.

Ibi byose ni byo bituma icyiciro cyo gusubiramo amasezerano kiba ingenzi, kuko gifasha impande zombi kumvikana ku hazaza habo mbere y’uko amasezerano arangira burundu.

Nibakomeza, amasezerano mashya azaba ameze ate?

Ku rundi ruhande, “Renewal” isobanuye ko impande zombi zishobora gufata umwanzuro wo gukomeza imikoranire. Ariko kongera amasezerano ntibisobanuye byanze bikunze ko ibintu byose bikomeza uko byahoze.

Impande zombi zishobora kongera kuganira ku gihe gishya cy’amasezerano, amafaranga azashorwa mu bikorwa by’umuhanzi, uko inyungu zizagabanywa, inshingano za buri ruhande, uburenganzira ku bihangano ndetse n’ibindi byose byagira icyo bihindura ku mikoranire yabo.

Ni ukuvuga ko, nyuma y’imyaka itanu, bashobora kuvuga bati: “Turakomeza, ariko contract nshya igomba kuba imeze itya.”

Ni muri uwo murongo Kenny Mugarura yashimangiye ko ubu ari igihe cyo kureba ibizakurikira, aho impande zombi zishobora gusuzuma niba amasezerano akomeza cyangwa niba buri ruhande rikomeza urugendo rwarwo.

Imyaka itanu y’umusaruro ukomeye

Mu myaka Bruce Melodie amaze akorana na 1:55 AM, uyu mushinga wabaye umwe mu mikoranire yagarutsweho cyane mu muziki nyarwanda.

Coach Gael, washinze 1:55 AM, aherutse kubwira IGIHE Sports ko bishimira cyane ibyo bagezeho bari kumwe na Bruce Melodie.

Ati: “Ndamushima rwose ijana ku ijana. Ntabwo ntekereza ko haba hari undi muhanzi twaba twarakoranye mu Rwanda muri kino gihe ngo dukore kandi tunagere ku byo twageranyeho na Bruce Melodie. Kuri twe, ku ruhande rwacu ni amashimwe. Ni no kureba ibyo twakoze tukavuga tuti twatanze ibyishimo mu gihe cyacu [...] Tuzibukwa mu beza.”

Coach Gael yavuze ko mu gihe bamaze bakorana na Bruce Melodie, bafite indirimbo zirenga 500 bakoranye, zirimo izamaze gusohoka ndetse n’izindi zitarasohoka.

Ibi bigaragaza uburemere bw’imikoranire yabo, kuko imyaka itanu itarangwamo gusa ibitaramo n’indirimbo zasohotse, ahubwo harimo n’ibikorwa byinshi byakozwe inyuma y’umwenda w’ibikorwa by’umuziki bitaragera ku bakunzi bawo.

Gutandukana si iherezo ry’ibyo bakoze

Nubwo haramutse habayeho gutandukana, ntabwo byahita bivuga ko ibikorwa byose bakoze mu myaka itanu bihita bihagarara cyangwa ngo uburenganzira bw’impande zombi bubure.

Ni yo mpamvu mu cyiciro nk’iki, amasezerano asuzumwa ku buryo burambuye, hakarebwa ibizakomeza gukurikizwa n’igihe ubufatanye buzaba butakiriho.

Kandi ni cyo gituma amagambo nka “Exit Clause” aba ingenzi: aba agamije guteganya uburyo impande zombi zasoza imikoranire mu buryo busobanutse, buri ruhande rukamenya icyo rutwara n’icyo rusiga.

Mu gihe bamwe babona ko imyaka itanu y’imikoranire ya Bruce Melodie na 1:55 AM ishobora kuba iri kugana ku iherezo, impande zombi ziracyafite amahitamo abiri: kongera imikoranire mu masezerano mashya cyangwa gutandukana hakurikijwe ibyo amasezerano ateganya.

1:55 AM ishobora gukomeza guteza imbere abandi bahanzi

Coach Gael yavuze ko nubwo ibiganiro hagati ya Bruce Melodie na 1:55 AM byaba bitageze ku mwanzuro wo gukomeza gukorana, iki kigo kidateganya guhagarika ibikorwa byacyo.

Yavuze ko biteguye gukomeza imishinga yabo, cyane cyane mu kuzamura impano z’abakiri bato mu muziki.

Ibi bishimangira ko ikibazo kiri hagati ya Bruce Melodie na 1:55 AM atari ukumenya niba 1:55 AM izakomeza gukora, ahubwo ari ukumenya uko urugendo rwa Bruce Melodie ruzakomeza nyuma y’imyaka itanu y’imikoranire, n’uko 1:55 AM izakomeza kubaka izindi mpano.

Kugeza ubu, icyemezo cya nyuma ku hazaza h’imikoranire ya Bruce Melodie na 1:55 AM ntikiratangazwa. Icyakora, kuba bageze mu cyiciro cyo gusuzuma no kuganira ku musozo cyangwa ku kongera amasezerano, bituma ibyemezo bizafatwa muri iki gihe bishobora kugira uruhare runini mu cyerekezo cy’urugendo rwa buri ruhande mu myaka iri imbere.


Coach Gael yatangaje ko myaka itanu ishize bakorana na Bruce Melodie bakoze indirimbo zirenga 500


Bruce Melodie na 1:55 AM ya Coach Gael bari mu gihe cyo gusuzuma ibizakurikizwa mbere na nyuma y’amasezerano y’imyaka itanu bari bafitanye 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...