Ni inkuru yatangiye nk'ibihuha
bisanzwe, ariko uko iminsi yicumaga ni ko yarushagaho gufata indi ntera, bamwe
batangira kuyifata nk'aho ari ukuri kutaramenyekana ku mugaragaro.
Abasesenguraga iby'umuziki n'abakurikiranira
hafi ibikorwa bya Bruce Melodie bagendaga bahuza ibintu bitandukanye. Hari
abashingiraga ku kuba uyu muhanzi amaze amezi agera kuri atandatu asohoye
indirimbo nke ugereranyije n'uko yari asanzwe akora, abandi bakareba ku ruhande
rw'ishoramari bavuga ko umuhanzi nk'uyu ufite ubushobozi n'izina rikomeye atari
akwiriye kuguma igihe kirekire adasohora ibikorwa bishya.
Hari kandi n'abarebaga ku miterere
y'ibitaramo bya “Summer Country Tour”, bavuga ko kuba byarateguwe ku bufatanye
bwa Watuwevu aho gutegurwa cyangwa gutangazwa cyane binyuze muri 1:55 AM,
bishobora kuba ari kimwe mu bimenyetso by'uko hari impinduka zari ziri
gutegurwa.
Mu gihe ibi byose byakomezaga
kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga, ku miyoboro ya YouTube no mu biganiro
by'abakunzi b'umuziki, nta ruhande na rumwe rwari rwarigeze rugira icyo
rubivugaho mu buryo butaziguye.
Byatumye benshi bakomeza kwibaza
niba koko ubufatanye bwatangiye mu 2023 hagati ya Bruce Melodie na Coach Gael
bwari bugeze ku musozo, cyangwa niba ari inkuru yubakiye gusa ku gukeka no
guhuza ibintu.
Icyakora, kuri uyu wa Kabiri tariki
16 Kamena 2026, Bruce Melodie yahisemo kuvugira rimwe kuri aya makuru yari
amaze igihe azenguruka.
Mu kiganiro yagiranye
n'itangazamakuru, uyu muhanzi yavuze ko amakuru y'uko yaba yaramaze gutandukana
na 1:55 AM atari ukuri, ashimangira ko agikomeje gukorana n'iyi sosiyete
yashinzwe na Gael Karomba, nubwo muri iki gihe ibikorwa bya buri munsi biri
kuyoborwa cyane na murumuna wa Coach Gael, Kenny Mugarura.
Bruce Melodie yagize ati: "Nkunze
ko mu buryo umbajije uvuze ko ari ibihuha. Uravuze ngo ntibyaba ari byo ko
ibihuha bimaze iminsi bivuga ko ngiye gusohoka muri 1:55 AM. Ninjya gusohoka
nzababwira, kuko 1:55 AM ni abantu tubana neza, dukora neza."
Aya magambo yaciye amarenga ko nubwo
abantu benshi bakomeje gukeka ibitandukanye, nta mwanzuro wo gutandukana
urafatwa cyangwa ngo utangazwe.
Uyu muhanzi kandi yavuze ko umubano
afitanye n'abayobozi ba 1:55 AM ugihagaze neza, ndetse ko hari n'indi mishinga
myinshi ihuza impande zombi itari ibikorwa bya muzika gusa.
Yagize ati "Ikindi dufite
byinshi dukorana ntabwo ari ibi byonyine. Rero mwifata ibyo mwumvishe aha naha.
Ibyo mbabwiye ni uko akazi karacyagenda neza, ndacyari muri 1:55 AM, ndi
gukorana na Watuwave, ni izindi ngufu ziyongera mu bintu. Nta mwuka mubi, nta
kibazo."
Ibi bisobanuro byatanze indi sura
ku byo benshi bari bamaze igihe batekereza. Ahanini byerekana ko kuba Bruce
Melodie ari gukorana n'izindi sosiyete cyangwa abafatanyabikorwa bashya
bidahita bisobanura ko yavuye muri 1:55 AM, ahubwo bishobora kuba biri mu rwego
rwo kwagura ibikorwa n'amahirwe y'akazi.
Nubwo bimeze bityo, aya makuru
agaragaza ikintu kimwe gikomeye mu rugendo rwa Bruce Melodie. Mu myaka itatu
ishize, ubufatanye bwe na Coach Gael bwabaye imwe mu nkingi zikomeye zatumye
ibikorwa bye birushaho kugera ku rwego mpuzamahanga, birimo ibitaramo bikomeye,
ubufatanye n'abahanzi bo hanze ndetse n'ishoramari rikomeye mu muziki we.
Ni nayo mpamvu buri kimenyetso
cyose cyagaragaza impinduka muri ubu bufatanye gihita gikurura amaso ya benshi.
Kuri ubu rero, amagambo ya Bruce
Melodie asa n'ashyira akadomo ku makuru yari amaze igihe avugwa. Gusa nk'uko
yabivuze ubwe, igihe hazaba hari impinduka ku mubano we na 1:55 AM, ni we
uzazitangaza.
Kugeza ubu, Bruce Melodie aracyari
umuhanzi wa 1:55 AM, mu gihe ibikorwa bye bikomeje kugenda byaguka binyuze no
mu bufatanye n'izindi mbaraga nshya zirimo Watuwave.

Bruce Melodie yatangaje ko
agifatanye imikoranire na sosiyete y’umuziki ya 1:55 AM, ndetse ibikorwa bikomeje


Ibitaramo bya 'Summer Country Tour' bizakomereza i Nyagatare, ku wa Gatandatu tariki 20 Kamena 2026 aho Bruce Melodie na The Ben bazataramira abafana babo
