Bruce Melodie mu bitabiriye umunsi wa kabiri w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano-AMAFOTO

Amakuru ku Rwanda - 06/02/2026 9:43 AM
Share:

Umwanditsi:

Bruce Melodie mu bitabiriye umunsi wa kabiri w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano-AMAFOTO

Umuhanzi w’umunyarwanda uri mu bafite izina rinini mu muziki, Bruce Melodie, ari mu bitabiriye Umunsi wa kabiri w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano.

Ku wa Kane tariki ya 05 Gashyantare 2026 ni bwo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangije ku mugaragaro Inama y’Igihugu y’Umushyikirano iri kuba ku nshuro ya 20, muri Kigali Convention Centre.

Perezida Kagame yavuze ko iyi Nama ikomeje kuba umusemburo w’iterambere kuko ibiganirirwamo n’imyanzuro ifatirwamo ifasha Igihugu gutera intambwe igana imbere. Yavuze ko ifatiye runini Igihugu. 

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yitabirwa n’Abanyarwanda bahagarariye ibyiciro bitandukanye, abayobozi, Abanyarwanda baba mu mahanga, abahagarariye ibihugu n’Imiryango Mpuzamahanga, abafatanyabikorwa mu iterambere hamwe n’abahagarariye ibitangazamakuru birimo ibyo mu Karere u Rwanda ruherereyemo n’ibyo ku rwego mpuzamahanga.

Mu bayitabiriye ku munsi wa kabiri wayo ari na wo wa nyuma harimo Bruce Melodie wari umaze iminsi ari mu ngendo zo kwamamaza indirimbo ye nshya "Pom Pom" yakoranye na Diamond na Brown Joel. Biteganyijwe ko uyu muhanzi ari butange ikiganiro muri iyi Nama Nkuru y'Umushyikirano.

Bruce Melodie mu bitabiriye umunsi wa kabiri w'Inama y'Igihugu y'Umushyikirano 

Abayobozi mu nzego zitandukanye bitabiriye umunsi wa kabiri w'Inama y'Igihugu y'Umushyikirano




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...