Bruce
Melodie ari mu bahataniye igihembo cy’umuhanzi witwaye neza muri Afurika
y’Iburasirazuba, aho ari kumwe n’abahanzi bakomeye barimo Bien wo muri Kenya,
Harmonize na Abigail Chams bo muri Tanzania ndetse na Joshua Baraka wo muri
Uganda.
Ni
icyiciro cyerekana uko umuziki wo muri Afurika y’Iburasirazuba ukomeje kugira
umwanya ukomeye mu bihembo bya Headies, ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Urutonde
rw’abahataniye ibihembo bya The 18th Headies Awards rwatangajwe ku wa Kabiri,
tariki ya 25 Kanama 2026, mu gihe umuhango wo gutanga ibihembo uteganyijwe ku
wa 25 Ukwakira 2026 i Toronto muri Canada.
Kuri
Bruce Melodie, iri ntabwo ari ihatana rye rya mbere muri Headies.
Ibi
bikomeje kugaragaza uko izina rya Bruce Melodie rimaze gukomera mu karere,
cyane cyane nyuma y’imyaka amaze akora umuziki ugera ku bafana bo hanze y’u
Rwanda.
Kuri
iyi nshuro, Bruce Melodie ahanganye na Bien wo muri Kenya, Harmonize na Abigail
Chams bo muri Tanzania ndetse na Joshua Baraka wo muri Uganda.
Aba
bose ni amazina amaze kugira uruhare runini mu guteza imbere umuziki w’ibihugu
byabo no kuwugeza ku rwego rw’akarere no hanze yako.
Icyiciro
Bruce Melodie arimo ni kimwe mu byiciro byihariye byashyizweho muri iri
rushanwa, bigamije guha umwanya abahanzi bahagarariye uturere dutandukanye twa
Afurika.
Iri
rushanwa ntirizaba gusa iry’abahanzi ku giti cyabo, ahubwo rizaba n’umwanya wo
kureba igihugu n’umuziki wo mu karere wabashije kugira uruhare runini mu gihe
cyagenwe n’abategura ibihembo.
Bruce
Melodie azahura n’ihangana rikomeye kuko bamwe mu bari kumwe muri iki cyiciro
bafite amazina akomeye mu muziki wa Afurika.
Harmonize
ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Tanzania, umaze imyaka agaragara mu bikorwa
bikomeye bya muzika ku mugabane wa Afurika. Bien na we ni umwe mu bahanzi
bafite izina rikomeye muri Kenya ndetse akaba afite ibikorwa byageze ku rwego
mpuzamahanga.
Joshua
Baraka wo muri Uganda na Abigail Chams wo muri Tanzania na bo bari mu bahanzi
bakiri kuzamuka ariko bamaze kwigarurira umwanya ukomeye mu muziki w’akarere.
Kuba
Bruce Melodie yarashyizwe muri iri tsinda ubwabyo ni ikimenyetso cy’uko umuziki
we umaze kurenga imbibi z’u Rwanda.
Headies igiye
guhuza ibihangange bya Afurika
The
Headies ni kimwe mu bihembo bikomeye bifite amateka maremare mu muziki wa
Nigeria no muri Afurika muri rusange.
Ku
nshuro ya 18, ibihembo byiswe “Africa to the World”, bikaba byaragutse bikava
ku kwibanda cyane ku bahanzi bo muri Nigeria, bigashyiramo n’abahanzi bo mu
bindi bihugu bya Afurika ndetse no muri diaspora.
Ku
rutonde rw’uyu mwaka harimo amazina akomeye nka Burna Boy, Wizkid, Davido, Omah
Lay, Tems, Ayra Starr, Rema n’abandi.
Fola
ni we uza ku isonga mu guhatana mu byiciro byinshi, mu gihe Omah Lay, Mavo,
Wizkid, Davido n’abandi na bo bagaragaye mu byiciro byinshi.
Urugero,
album “No Sign of Weakness” ya Burna Boy iri mu zihatanira Album of the Year,
kimwe na “Morayo” ya Wizkid, “Clarity of Mind” ya Omah Lay, “Catharsis” ya Fola
n’izindi.
Muri
iri rushanwa, Davido ari mu bahataniye ibihembo byinshi binyuze mu ndirimbo
“With You” yakoranye na Omah Lay.
Iyi
ndirimbo iri ihatanye mu cyiciro cy’indirimbo y’umwaka (Song of the Year),
Afrobeats Single of the Year, Best Recording of the Year, Best Headies
Collaboration ndetse na Viewers’ Choice.
Wizkid
na we agaragara mu byiciro bikomeye, birimo Song of the Year na Afrobeats
Single of the Year binyuze mu bikorwa bye, mu gihe album ye “Morayo” ihataniye
Afrobeats Album of the Year.
Burna
Boy na we ahataniye ibyiciro birimo Afrobeats Single of the Year, Afrobeats
Album of the Year na Best Male Artiste.
Ibi
bituma umuhango uteganyijwe i Toronto uba umwe mu minsi ikomeye ku muziki wa
Afurika muri uyu mwaka.
Umuhango
wa The 18th Headies Awards uteganyijwe ku wa 25 Ukwakira 2026 i Toronto muri
Canada, ukazahuza abahanzi bakomeye, abakora mu ruganda rw’imyidagaduro ndetse
n’abandi bafatanyabikorwa b’umuziki wo muri Afurika.
Bruce Melodie yongeye kuboneka ku rutonde rw’abahataniye ibihembo bya ‘Headies’




