Amakuru
yemejwe n’abamuhagarariye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bagaragaje ko uyu
muhanzikazi w’imyaka 44 yafashe icyemezo ku bushake bwe, agamije kwiyitaho no
kongera kugarura ubuzima bwe ku murongo.
Ibi
bibaye nyuma y’ukwezi kumwe gusa Britney Spears atawe muri yombi, aho yafatiwe
mu Ntara ya California atwaye imodoka yo mu bwoko bwa BMW ku muvuduko munini
kandi akekwaho kuba yari yanyoye ibisindisha n’ibiyobyabwenge.
Uwahoze ari umugabo we, Kevin Federline, binyuze ku munyamategeko we Mark Vincent Kaplan, yavuze ko ashyigikiye iki cyemezo yafashe.
Yagaragaje ko yishimiye
kubona Britney ashaka ubufasha ku bushake bwe, kuko ari intambwe nziza iganisha
ku buzima bwiza.
Uyu
muhanzikazi yinjiye muri iki kigo mu gihe hasigaye ibyumweru bike ngo yitabe
urukiko ku byaha aregwa bijyanye no gutwara imodoka yasinze.
Mu
bihe byashize, Britney Spears yigeze guhura n’ibibazo bikomeye bijyanye
n’ubuzima bwo mu mutwe, byatumye imyaka igera kuri 13 aba ari mu maboko ya se
wamugenzuriraga ubuzima n’umutungo we binyuze mu buryo bwemewe n’amategeko
(conservatorship), bwaje kurangira mu 2021.
Nubwo
yanyuzemo ibihe bikomeye, Britney Spears akomeje kuba umwe mu bahanzi bakomeye
mu njyana ya Pop ku Isi, aho yamenyekanye mu ndirimbo zakunzwe cyane zirimo
“Baby One More Time”, “Toxic”, “Gimme More”, “Womanizer” n’izindi.
Kwinjira mu kigo cyita ku babaswe n’ibiyobyabwenge bishobora gufatwa nk’intambwe nshya kuri uyu muhanzikazi, ishobora kumufasha kongera kwisuganya no gukomeza urugendo rwe mu muziki no mu buzima busanzwe.

Britney Spears yijyanye muri ‘rehab’, kuko akeneye gusubira mu buzima busanzwe, ni nyuma yo gufatwa atwaye imodoka yasinze

Kevin
Federline yishimiye kuba Britney Spears ari kubona ubufasha mu gihe abukeneye
