Britney Spears yagurishije uburenganzira ku bihangano bye byose

Imyidagaduro - 11/02/2026 1:24 PM
Share:

Umwanditsi:

Britney Spears yagurishije uburenganzira ku bihangano bye byose

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi mu njyana ya Pop, Britney Spears, yagurishije uburenganzira ku bihangano bye byose by’umuziki, mu masezerano bivugwa ko yamwinjirije asaga miliyoni 200 z’amadolari ya Amerika, ni ukuvuga arenga miliyari 290 z’amafaranga y’u Rwanda.

Aya makuru yemejwe na BBC, yatangaje ko Spears w’imyaka 44 yagiranye amasezerano n’inzu yigenga itangaza umuziki yo muri Amerika yitwa Primary Wave, ku wa 30 Ukuboza 2025.

Nubwo amakuru y’ayo masezerano atashyizwe ku mugaragaro ku buryo burambuye, bivugwa ko ari amasezerano akubiyemo uburenganzira bwose ku ndirimbo ze kuva yatangira umuziki mu 1999.

Britney Spears ni umwe mu bahanzikazi bagurishije cyane mu mateka ya muzika, aho amaze kugurisha kopi zirenga miliyoni 150 ku Isi.

Azwi mu ndirimbo zakunzwe bikomeye zirimo “…Baby One More Time,” “Oops!... I Did It Again,” “Toxic,” na “Gimme More”, zamugize icyitegererezo cy’igihe cye ndetse zikaba zaragize uruhare rukomeye mu kumenyekanisha injyana ya Pop mu mpera z’imyaka ya 1990 n’intangiriro ya 2000.

Kugurisha uburenganzira ku bihangano bye bibaye nyuma y’imyaka itari yoroshye ku buzima bwa Britney Spears. Mu 2021, yasohotse mu bihe by’amategeko bizwi nka “conservatorship’ yari amaze imyaka 13, aho ubuzima bwe bwite n’umutungo we byagenzurwaga na se, Jamie Spears.

Iyi gahunda yari yarateje impaka nyinshi ku Isi, ndetse hashyirwaho ubukangurambaga bwa #FreeBritney, bwamushyigikiraga busaba ko ahabwa uburenganzira busesuye ku buzima bwe no ku mutungo we.

Mu 2023, Spears yasohoye igitabo cy’amateka y’ubuzima bwe cyiswe The Woman in Me, cyagarutse ku bibazo n’igitutu yanyuzemo muri iyo myaka. Ni igitabo cyakiriwe cyane ku isoko, kigaragaza uburyo yabayeho atabasha kwifatira ibyemezo ku buzima bwe bwite no ku muziki we.

Mu ntangiriro za 2024, yatangaje ko atazongera na rimwe gusubira mu muziki, ibintu byafashwe nk’ikimenyetso cy’uko ashaka gutangira ubuzima bushya butandukanye n’ubwo yari amenyereweho. Indirimbo ye ya nyuma yasohoye ni “Hold Me Closer”, yakoranye n’umuhanzi Elton John mu 2022.

Inzu ya Primary Wave yaguriyeho Britney Spears, isanzwe izwiho kugura no gucunga uburenganzira bw’ibihangano by’abahanzi bakomeye. Yagiye igura uburenganzira ku bihangano by’abahanzi barimo Notorious BIG, Prince na Whitney Houston.

Si Britney Spears wenyine uherutse kugurisha uburenganzira ku bihangano bye. Abahanzi bakomeye barimo Bruce Springsteen, Justin Bieber, Justin Timberlake na Shakira na bo bagurishije uburenganzira ku bihangano byabo mu myaka ishize.

Urugero ni Bruce Springsteen wagurishije uburenganzira bwe kuri Sony mu 2021 ku mafaranga agera kuri miliyoni 500 z’amadolari, naho Justin Bieber we agirana nabo amasezerano ya miliyoni 200 z’amadolari mu 2023.

Ibi bigaragaza icyerekezo gishya mu muziki, aho abahanzi bahitamo kugurisha uburenganzira ku bihangano byabo kugira ngo babone amafaranga menshi ako kanya, mu gihe izo nzu zo zikomeza gukoresha no kubyaza umusaruro indirimbo zabo mu kwamamaza, filime, imikino n’ibindi.

Nubwo kugurisha uburenganzira ku bihangano bye bidahita bisobanura ko Britney Spears atazongera gukora indirimbo nshya, amagambo yigeze gutangaza ko “atazongera na rimwe gusubira mu muziki” atuma benshi bakeka ko ashobora kuba yarahisemo gusoza burundu urugendo rwe rwa muzika nk’umuhanzi usohora ibihangano bishya.

Ariko ku rundi ruhande, izina rya Britney Spears rizakomeza kubaho mu mateka ya muzika, binyuze mu bihangano bye byahinduye isura y’injyana ya Pop, bikaba byarareze ibisekuru byinshi.

Kugurisha uburenganzira bwe ni indi ntambwe ikomeye mu buzima bwe bushya, aho bigaragara ko ashaka kugenzura ejo hazaza he mu buryo bwe bwite, atari nk’uko byari bimeze mu myaka yashize.

 

Britney Spears yagurishije uburenganzira ku bihangano bye ku mafaranga renga miliyari 290 Frw, ashimangira ko ashobora kuba yasezeye burundu ku muziki


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...