Britney Spears yafunzwe amasaha 3 nyuma yo gutwara imodoka yanyweye inzoga

Imyidagaduro - 06/03/2026 8:08 AM
Share:

Umwanditsi:

Britney Spears yafunzwe amasaha 3 nyuma yo gutwara imodoka yanyweye inzoga

Umuhanzikazi w’icyamamare mu njyana ya Pop, Britney Spears, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano muri Leta ya California muri Amerika akekwaho gutwara imodoka yanyoye inzoga “Driving Under the Influence”, ariko nyuma y’amasaha atatu ararekurwa.

Ikinyamakuru TMZ cyatangaje ko uyu muhanzikazi yafashwe n’abapolisi bo mu ishami rya California Highway Patrol (CHP) ku mugoroba wo ku wa Gatatu, ahagana saa tatu n’igice z’ijoro (9:30 PM), mu gace ka Westlake Village, kari hafi y’urugo rwe.

Amakuru avuga ko Britney Spears yari wenyine mu modoka ubwo abapolisi bamuhagarikaga. Nyuma yo kumufata, bahise bamujyana ku bitaro kugira ngo bakore ibizamini byo gupima urugero rw’inzoga zaba ziri mu maraso ye.

Amakuru aturuka mu bantu ba hafi b’uyu muhanzikazi avuga ko atari yakomeretse, ahubwo kujyanwa ku bitaro byari mu rwego rwo gukora ibizamini by’amaraso bigaragaza niba yari yanyoye inzoga mbere y’uko atwara imodoka.

Nyuma y’ibi bizamini, Britney Spears yajyanywe gufungirwa muri gereza yo muri Ventura County, aho yagejejwe mu masaha ya saa cyenda z’ijoro (3:00 AM).

Amakuru aturuka muri gereza agaragaza ko yaje kurekurwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 5 Werurwe 2026, ahagana saa kumi n’ebyiri z’igitondo.

Ikinyamakuru TMZ cyatangaje ko cyagerageje kuvugana n’abahagarariye Britney Spears kugira ngo bagire icyo batangaza kuri aya makuru, ariko kugeza ubu nta gisubizo kiratangwa.

Ibi bibaye mu gihe mu minsi ishize uyu muhanzikazi yatsinze urubanza rwatanze itegeko ribuza umugabo umwe wo muri Louisiana kumwegera, nyuma y’uko yari yagiye ku rugo rwe ruri mu gace ka Los Angeles, bivugwa ko yari amaze iminsi ashyira ku mbuga nkoranyambaga ubutumwa bwafatwaga nk’ubuteye impungenge.

Si ubwa mbere Britney Spears ahura n’ibibazo bijyanye n’amategeko. Mu 2007, yigeze gukurikiranwa ku cyaha cyo kugonga imodoka yari iparitse akahita yikomereza mu mujyi wa Los Angeles. Icyo gihe ariko ibyo birego byaje guteshwa agaciro nyuma yo kwishyura ibyangijwe ku modoka.

Muri icyo gihe kandi, Britney Spears yahuye n’ibibazo mu buzima bwe bwite byaje no gutuma atakaza uburenganzira bwo kurera abana be babiri yabyaranye n’uwahoze ari umugabo we Kevin Federline, nyuma y’ibibazo byavugwaga ko bifitanye isano no kunywa inzoga n’ibiyobyabwenge.

Nubwo yagiye ahura n’ibihe bikomeye mu buzima bwe bwite, Britney Spears akomeje kuba umwe mu bahanzi bakomeye mu mateka y’umuziki wa Pop, aho yamenyekanye cyane mu ndirimbo zirimo “Toxic,” “Baby One More Time,” n’izindi zakunzwe ku Isi yose.

Britney Spears yatawe muri yombi muri California akekwaho gutwara imodoka yanyoye inzoga, nyuma aza kurekurwa mu gitondo cyo kuri wa Kane tariki 5 Werurwe 2026

Polisi yamufashe saa tatu z’ijoro n’iminota 30’ (9:30 Pm), agezwa muri gereza saa cyenda z’ijoro 3:00 Am, afungurwa saa kumi n’ebyiri z’igitondo, bivuze ko yafunzwe amasaha atatu





Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...