Iri
rushanwa rizaba ku nshuro ya mbere mu Rwanda, riteganyijwe gutangira ku wa
Gatandatu tariki ya 16 Gicurasi 2026, ribere kuri Kigali Golf Resort and Villas,
mu rwego rwo gukomeza gushyigikira iterambere ry’umukino wa Golf umaze kugira
izina rikomeye mu Rwanda.
Mu
myaka yashize, umukino wa Golf mu Rwanda wakomeje gutera imbere, aho utakiri
umukino w’abanyemari cyangwa ibigo gusa, ahubwo wabaye urubuga ruhuza
abanyamwuga, ba rwiyemezamirimo, urubyiruko ndetse n’abakinnyi bafite
ubunararibonye.
Kigali
Golf Resort and Villas ni imwe mu nkingi z’iterambere ry’uyu mukino, aho
yakomeje kwakira amarushanwa akomeye ndetse n’ibikorwa by’ibigo bitandukanye
bifasha guteza imbere Golf mu Rwanda.
Abategura
iri rushanwa bavuga ko Golf atari umukino gusa, ahubwo ari ishuri ry’indangagaciro
zirimo kwihangana, kugira intego, gukoresha ubwenge no gukora igenamigambi
ry’igihe kirekire.
Irushanwa rya Britam Golf Series rizahuza amarushanwa y’abakinnyi n’ibikorwa by’imyidagaduro n’ubusabane, aho abazaryitabira bazahatana mu byiciro bitandukanye ndetse hanatanzwe ibihembo birimo imodoka.
Iyi modoka izahabwa umuntu uzatsinda nyuma yo gutera umupira ukagera mu mwobo, ibizwi nka 'Hole in One' cyangwa se 'Ace'. Ni igihe umukinnyi akubise umupira rimwe gusa, ugahita ujya mu mwobo. Ni ibintu bikomeye cyane muri Golf kandi bibaho gake.
Mu
rwego rwo gukomeza uru rugendo, Britam Insurance Rwanda yasinye amasezerano
y’ubufatanye na Kigali Golf Resort and Villas azatuma iri rushanwa riba
ngarukamwaka mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere.
Umuyobozi
Mukuru wa Britam Insurance Rwanda, Andrew Kulayige, yabwiye itangazamakuru ko
Golf ihura n’indangagaciro z’iki kigo abereye umuyobozi.
Ati: “Aya masezerano dushyizeho umukono azamara imyaka itanu. Ni ukuvuga ko Britam
izajya itera inkunga Kigali Golf Resort and Villas binyuze muri iri rushanwa
buri mwaka. Umuntu umwe uzajya utsinda muri iri tsinda azajya ajya i Nairobi
ahagarariye abakinnyi ba Golf mu Rwanda.”
Akomeza agira ati: “Kugirango abantu bose bitabiriye umukino twatekerejeho kubashyiriraho
ibihembo nk’ibikombe, ibikapu bikoreshwa mu mikino ya Golf ndetse n’imodoka.”
Yakomeje
avuga ko uko umukino wa Golf ukomeza gukura mu Rwanda, binyuze mu kwiyongera
kw’urubyiruko ruwukina, ibikorwa remezo bigezweho ndetse n’amarushanwa agenda
yiyongera, ari na ko ibikorwa nk’ibi bigira uruhare rukomeye mu kuwuteza imbere
no kuwumenyekanisha ku rwego rwo hejuru.
Ati: “Abantu bose bakina Golf bakineye ‘Assurance’ buriya nta muntu ujya mu kibuga
kujya gukina udafite ‘assurance’ ibyo nabyo twabitekerejeho [...] Uru ni
urugendo rushya dutangiye nyuma y’andi marushanwa dusanzwe dutera inkunga,
kandi twiyemeje ko tuzakomeza kubikora mu myaka itanu iri imbere.”
Andrew
Kulayige yavuze ko imyaka 14 ishize bari ku isoko ry’u Rwanda, ndetse ko bafite
abakiriya basaga hafi ibihumbi 50. Avuga ko mu myaka irindwi ishize bamaze
gutera intambwe igaragara ‘kandi n’abakiriya bacu bishimiye ibyo tubagezaho’.
Ku
rundi ruhande, Umuyobozi wa Kigali Golf Resort and Villas, Jacobus Johannes
Visagie, yavuze ko aya masezerano agaragaza icyizere n’umubano mwiza hagati
y’impande zombi.
Ati:
“Uyu munsi dutangije ubufatanye bufite icyerekezo hagati ya Rwanda Ultimate
Golf Course na BRITAM Insurance Company Rwanda Ltd. Aya masezerano agaragaza
intego duhuriyeho yo guteza imbere amarushanwa ya Golf y’ibigo no gukomeza
gushyira Britam Annual Golf Tournament mu bikorwa bya siporo bikomeye by’ibigo bikorera
mu Rwanda.”
Yashimiye
Britam ku cyizere n’ubwitange bwo kwemera ubu bufatanye bw’imyaka itanu, avuga
ko Kigali Golf Resort and Villas izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo
ibikorwa byose bikorwa ku rwego rwo hejuru, haba ku bwiza bw’ikibuga, kwakira
abashyitsi ndetse n’ubusabane.
Ku
wa 16 Gicurasi 2026, abakunzi ba Golf bazahurira kuri Kigali Golf Resort and
Villas mu munsi utegerejweho amarushanwa, ubusabane n’ishyaka ryo guhatanira
ibikombe.
Guteza
imbere Golf mu Rwanda bikomeje gufata indi ntera, aho iri rushanwa rya Britam
ritegerejweho kongera imbaraga muri uyu mukino uri gukura ku muvuduko munini.








AMAFOTO: Dox Visual/ InyaRwanda
