Brigadier
General Patrick Karuretwa azakomeza no gukora inshingano nk'Umuyobozi Mukuru
ushinzwe ubufatanye mpuzamahanga mu bya Gisirikare muri Minisiteri y'Ingabo.
Brig Gen Karuretwa asimbuye Brig Gen Ronald Rwivanga uherutse guhabwa inshingano yo kuyobora umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zishinzwe gutabara aho rukomeye.
Brig Gen Ronald Rwivanga yari yashyizwe kuri uyu mwanya, kuva ku wa 28 Ukuboza 2020.
Brig
Gen Patrick Karuretwa yize amategeko muri Kaminuza y’u Rwanda. Yabonye kandi
impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Master’s/LLM) muri The
Fletcher School at Tufts University muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Mu
rugendo rwe rwa gisirikare n’ubuyobozi, yashyizwe mu myanya itandukanye muri
RDF, harimo kuba Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Diviziyo ya Kabiri, ndetse
yanabaye Umujyanama Wihariye w’Umukuru w’Igihugu mu Biro by’Umukuru w’Igihugu.
Mu
Ugushyingo 2021 ni bwo yazamuwe mu ntera, avuye ku ipeti rya Colonel ahabwa
irya Brigadier General, ari na ryo afite kugeza ubu.

Brigadier
General Patrick Karuretwa yagizwe Umuvugizi mushya w’Ingabo z’u Rwanda

